Iyi kipe ni yo yabitangaje ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Werurwe 2026.
Rayon Sports yanditse iti: ”Ku bwumvikane bw’impande zombi, ikipe ya Rayon Sports yatandukanye na Bruno Ferry wari umutoza Mukuru. Mwarakoze cyane coach Bruno Ferry.”
Uyu mutoza yari yarageze muri Rayon Sports tariki ya 18 z’ukwezi kwa 12 asimbuye Afhamia Lotfi nawe wari wirukanwe nyuma y’amezi atatu ahawe akazi.
Bruno Ferry asize Rayon Sports ku mwanya wa 5 n’amanota 39 muri shampiyona ndetse anayisize muri 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro cya 2026. Kuri ubu Lomami Marcel usanzwe ari umutoza w'ungirije niwe wasigaranye Rayon Sports by'agateganyo akaba ari nawe uzatoza umukino ifitanye na Gasogi United ku Cyumweru.

Rayon Sports yatandukanye na Bruno Ferry
