Brazil: Umukinnyi yahagaritswe gukina kugeza igihe uwo yavunnye azakirira

Imikino - 29/07/2026 11:09 AM
Share:

Umwanditsi:

Brazil: Umukinnyi yahagaritswe gukina kugeza igihe uwo yavunnye azakirira

Urukiko rw'Ikirenga rushinzwe ubutabera mu mikino muri Brazil (STJD) rwafatiye myugariro wa Internacional, Victor Gabriel, ibihano bidasanzwe nyuma yo gukomeretsa bikomeye rutahizamu mushya wa Cruzeiro, Gabriel Pec.

Uyu mwanzuro uvuga ko Victor Gabriel atazongera gukina kugeza igihe Gabriel Pec azaba yongeye gutangira imyitozo, gusa ibihano bye ntibishobora kurenza iminsi 180 nk'uko biteganywa n'amategeko y'imikino muri Brazil.

Ibi byabaye nyuma y'umukino wa Shampiyona ya Brazil wahuje Internacional na Cruzeiro ku wa 23 Nyakanga 2026, aho Victor Gabriel yakoreye Pec ikosa rikomeye ku munota wa 58, bituma ahabwa ikarita itukura.

Gabriel Pec, wari umaze iminsi mike ageze muri Cruzeiro avuye muri LA Galaxy yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yavunitse igufa rya tibia ku kuguru kw'ibumoso ndetse ahita ajyanwa kubagwa.

Nyuma y'ibizamini by'abaganga, STJD yareze Victor Gabriel ishingiye ku ngingo ya 254(3) y'Igitabo cy'Amategeko agenga Imikino muri Brazil (CBJD), ivuga ko iyo umukinnyiavunywe bikomeye n'ikosa rifatwa nk'irirengeje urugero, uwarikoze ashobora guhagarikwa kugeza uwo yavunnyr asubiye mu myitozo.

Mu iburanisha, Victor Gabriel yavuze ko atigeze agira umugambi wo kuvuna mugenzi we. Yagize ati: "Numvaga ndi bugere ku mupira mbere, kandi ni byo byabaye.

Ariko kubera ko ikibuga cyari gitose kandi kinyerera, namaze gukubita umupira ntangira no kugonga mugenzi wanjye ntabashije gukurayo ukuguru. Byabaye impanuka, si ukubera ubushake bwo kumugirira nabi."

Mu kwiregura, ikipe ya Internacional yagerageje gutanga amajwi bivugwa ko ari aya VAR, ariko nyuma y'aho hibajijwe inkomoko yayo, yemera ko ayo majwi ari ayafashwe ku mbuga nkoranyambaga kandi atizewe.

Iyi kipe yahise isaba ko avanwa mu bimenyetso ndetse isaba imbabazi, ivuga ko nta mugambi wo kuyobya ubutabera yari ifite, ahubwo habayeho kwibeshya mu gukusanya ibimenyetso.

Victor Gabriel yahagaritswe gukina kugeza uwo yavunnye akize



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...