Bobi Wine afite ubwoba bw’imiririmbire y’abahanzi b'ubu

Imyidagaduro - 29/08/2025 11:11 AM
Share:

Umwanditsi:

Bobi Wine afite ubwoba bw’imiririmbire y’abahanzi b'ubu

Robert Kyagulanyi Ssentamu wamamaye mu muziki nka Bobi Wine kuri ubu akaba ashyize imbere ibya politiki kurusha umuziki, yavuze ko ashengurwa n’imyandikire ndetse n’imiririmbire y’abahanzi bubu kuko mu myaka 10 cyangwa 15 iri imbere nta muntu uzaba wakwifuza kumva indirimbo yabo.

Ubwo yari mu kiganiro na Sanyuka TV, Bobi Wine yagaragaje ko hari akaga gashobora kuzazira abahanzi b’ubu by'umwihariko abo muri Uganda kubera imiririmbire yabo ndetse n’imyandikire yabo.

Yagize ati: “Mfite ubwoba kandi sinzi neza niba abahanzi baririmba uyu munsi bazishimira amagambo y’indirimbo zabo ejo hazaza igihe abana babo bazaba bashaka kuzumva nyuma y’imyaka 15 cyangwa 20. Ni ho haziye akaga kuri bo. Bashobora kuzibagirana no kutamenyekana,”

Yagaragaje ko buri kiragano cy’abahanzi hatangira habamo abavuga amagambo adakwiriye mu ndirimbo zabo, ashimangira ko akenshi basoreza aho ntibazamenyekane.

Agira ati “Uzi icyo bisobanuye igihe abantu batibuka ab’igihe cyanyu, ariko bakibuka abababanjirije? No mu gihe cyacu twari dufite abahanzi baririmbaga amagambo adakwiriye, none ubu nta wubibuka. N’igihe cya Basudde cyari gifite abahanzi nk’abo, ariko ubu nta hantu na hamwe bumvikana cyangwa ngo babonwe. Ibyo bakora uyu munsi ni byo bigena ejo hazaza habo.”

Nyuma yo kuvuga ibyo ndetse no kunenga anacyebura bamwe bagikoresha amagambo atari meza mu ndirimbo zabo, yacyebuye barumuna be ko “Nabagira inama yo gukora ibintu n’umuziki bazishimira nyuma y’imyaka micye iri imbere.”

Robert Kyagulanyi Ssentamu wamamaye nka Bobi Wine mu muziki yagiriye inama abahanzi bagenzi be yo kuririmba amagambo bazishimira kumva mu myaka iri imbere



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...