BNXN yakuriye inzira ku murima Fat Joe wavuze ko Afrobeats ikomoka muri Jamaica

Imyidagaduro - 24/04/2026 9:23 AM
Share:

Umwanditsi:

BNXN yakuriye inzira ku murima Fat Joe wavuze ko Afrobeats ikomoka muri Jamaica

Umwuka mubi uri hagati y’abahanzi bo ku mugabane wa Afurika n’abo muri Amerika wongeye kubyuka, nyuma y’amagambo yavuzwe n’umuraperi Fat Joe, yateje impaka zikomeye ku nkomoko y’injyana ya Afrobeats.

Ibi byakurikiwe n’igisubizo gikakaye cy’umuhanzi w’Umunya-Nigeria, BNXN, utazuyaje kwamagana ibyo yise “ubumenyi buke” kuri muzika ya Afurika.

Mu kiganiro cya ‘Joe And Jada Podcast’, Fat Joe yavuze amagambo yakuruye impaka ku mbuga nkoranyambaga, aho yemeje ko injyana ya Afrobeats yatangiriye muri Jamaica. Yagize ati: “Jamaica ni yo yatangije Afrobeats, nubwo byose biva muri Afurika.”

Muri icyo kiganiro yari kumwe n’umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Dancehall, Buju Banton, ariko ntiyigeze amunyomoza, ahubwo yibanze ku kuvuga amateka ya Reggaeton n’uruhare rwa El General muri iyo njyana.

Nyuma y’aya magambo, BNXN ntiyihanganiye ibyo yise gutesha agaciro umuziki wa Afurika.

Abinyujije ku rubuga rwa X (Twitter), yamusubije amagambo arimo ubukana agira ati “Urwango ufitiye umuziki wa Afurika n’abahanzi bawo, hamwe n’amakuru atari yo utanga, ni byo bituma ubwonko bwawe butagenda neza. Iga ubanze wisobanukirwe.”

Yanakomeje amusaba kwiyigisha ku mateka y’umuziki wa Afurika mbere yo gutanga ibitekerezo ku ruhando mpuzamahanga.

Nubwo Fat Joe yavuze ibi, amateka agaragaza ko Afrobeats ari injyana yavutse muri Afurika y’Iburengerazuba, cyane cyane muri Nigeria na Ghana.

Iyi njyana ifite inkomoko ikomeye ku muziki wa Afrobeat washinzwe n’icyamamare Fela Anikulapo-Kuti, wavanze injyana zirimo jazz, highlife na funk, agashyiramo ubutumwa bukomeye bw’imibereho n’imiyoborere.

Afrobeats yo muri iki gihe yaje gukura kuri uwo murage, ariko inongeramo umwimerere ujyanye n’igihe, bituma iba imwe mu njyana zikunzwe ku Isi hose.

Si ubwa mbere Buju Banton agaragaje kutishimira Afrobeats. Mu kiganiro yahaye ‘Drink Champs Podcast’ mu 2024, yavuze ko abahanzi ba Afrobeats bakoresha byinshi mu njyana za Reggae na Dancehall badaha agaciro inkomoko yabyo.

Yigeze no kuvuga ko iyi njyana ishobora kuzagenda icika intege mu gihe kiri imbere, igitekerezo kitashyigikiwe na benshi urebye uko iri kwaguka ku Isi.

Izi mpaka zigaragaza uko imyumvire ku nkomoko n’iterambere ry’umuziki igenda itandukana bitewe n’aho umuntu akomoka n’icyo ashingiraho.

Gusa ku ruhande rw’abahanzi ba Afurika, harimo na BNXN, bashimangira ko ari ingenzi kubaha amateka nyayo y’umuco wabo, cyane cyane mu gihe umuziki wa Afrobeats uri kugera kure ku rwego mpuzamahanga.

Impaka zikomeje kwiyongera ku nkomoko ya Afrobeats, nyuma y’uko Fat Joe avuze ko Jamaica ari yo yayitangije

 

BNXN yasabye Fat Joe kwiyigisha ku mateka ya Afrobeats, amushinja gupfobya umuziki wa Afurika no kuyitiranya inkomoko


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...