Mu rwego rwo kubungabunga ifaranga ry’Igihugu
bafite mu nshingano ndetse no gukomeza kubahisha ifaranga ry’u Rwanda, Banki
Nkuru y’Igihugu (BNR) yatangaje ko bitemewe gukoresha amafaranga bataka indabo
ndetse n’indi mitako itandukanye.
Mu itangazo banyujije ku rubuga rwa
X, BNR yatangaje ko ikomeje kubona imikoreshereze idahwitse y'amafaranga y'u
Rwanda, aho inoti n'ibiceri bikoreshwa mu gufunga indabo zitangwa nk'impano
n'ibindi bikorwa bijyanye no gutaka, gutegura cyangwa kurimbisha.
Ibyo bikorwa n'abatunganya indabo,
abacuruzi, abategura ibirori, abanyabugeni, abategura impano ndetse n'abakiriya
babo.
Mu bikorwa nk'ibyo usanga inoti
zihinahinwa, zigapfundikanywa, zigaterwamo utwuma dufatanya impapuro,
zigafatishwa ubujeni cyangwa ubundi bwoko bw'ibifatisho, mu rwego rwo kugira
ngo amafaranga atangwe nk'impano mu birori no mu mihango itandukanye.
Ibikorwa nk'ibyo bihungabanya
icyizere ifaranga ry'u Rwanda rifitiwe cyane cyane inoti, birayangiza
bikayatera ubusembwa bukabije bityo hakabaho ingorane mu bikorwa bijyanye
n'imicungire n'imitunganyirize y'amafaranga, harimo ibyuma by'ikoranabuhanga
byifashishwa mu kubara amafaranga ndetse n'imashini koranabuhanga zibika
zikanabikuzwaho amafaranga zizwi nka ATMs, kandi ari bumwe mu buryo bw'ingenzi
bwo gukwirakwiza amafaranga mu gihugu.
Uko kwangirika kw'inoti gutuma
zikurwa ku isoko ndetse zigasimbuzwa imburagihe bityo bigatuma habaho ibihombo
bitari ngombwa.
Banki Nkuru y'u Rwanda iributsa
abantu bose muri rusange, ko umuntu wese wangiza amafaranga aba akoze icyaha
gihanwa hakurikijwe Itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha
n'ibihano muri rusange.
Mu minsi ishize, umuvugizi wa RIB, Dr
Murangira B Thierry nawe yaburiye abakoresha amafaranga mu gutaka indabo ko
bitemewe kandi ko bihanirwa.
Ati: “Mu minsi ishize murabyibuka ko
hari abo twakurikiranyeho ibyo byaha, rero byaba byiza hatagize abandi bagwa mu
mutego wo gushimisha umukunzi we ngo birangire abikoreyemo ibyaha. Ntacyo byaba
bimaze gushimisha uwo ukunda ugasanga wisanze mu butabera babyirinde rwose.”
Yakomeje agira ati “Ushaka gutanga
impano y’amafaranga rwose abikore mu buryo bwubahisha amafaranga y’igihugu.
Gutanga impano ni uburenganzira bwa buri wese uko abyumva, ariko bikorwe mu
buryo butagize ibyaha. Byumvikane neza RIB ntawe yabujije gutanga impano
y’amafaranga, ariko bikorwe mu buryo bwubahisha ifaranga ry’igihugu."
