Ni
urugendo Uwase Blandine, uzwi cyane ku izina rya Blandy Star, yatangiye vuba aha, aho yahisemo
gusezera ku mwuga w’itangazamakuru benshi bamumenyeyemo, agafata indi nzira
imujyana ku nzozi amaze igihe yifitemo: kuvanga imiziki nka DJ.
Blandy
Star yari amaze imyaka azwi mu itangazamakuru, aho yagiye akorera
ibitangazamakuru bitandukanye birimo TV10, Izuba TV ndetse n’umuyoboro wa
YouTube wa This
and That, yakoranagaho na Tessy.
Ariko
inyuma y’uwo mwuga wamuhesheje izina, hari indi mpano avuga ko yari amaze igihe
kinini yumva imukururira.
Blandy
yabwiye InyaRwanda, ko gukunda umuziki no kuwuvanga atari igitekerezo cyaje mu
minsi mike ishize. Ahubwo ni ikintu amaze imyaka myinshi yifuza gukora.
Yatangiye
kubyiyumvamo akiri mu mashuri yisumbuye, ariko igihe yabwiraga abantu ko yifuza
kuzaba DJ, si bose babyakiriye neza.
Bamwe
bamucaga intege, bakamubwira ko kuvanga imiziki atari umwuga ukwiye umukobwa.
Aho
kugira ngo ayo magambo amutere ubwoba, Blandy yahisemo gukomeza kwizera icyo
umutima we umubwira.
Yaje
gufata icyemezo cyo kujya muri Kenya kwiga ibijyanye no kuvanga imiziki, aho
yamaze amezi atatu yiga uwo mwuga.
Nyuma
yaho, yakomereje muri Uganda kugira ngo abone umwanya uhagije wo kwimenyereza
no kurushaho kunoza ubumenyi yari amaze kunguka.
Ni ukuvuga ko ibyo atangiye uyu
munsi atari umwanzuro wafashwe mu kanya, ahubwo ari igitekerezo cyakomeje
gukura muri we kugeza ubwo afashe icyemezo cyo kugikurikirana.
Mu butumwa yanyujije ku mbuga
nkoranyambaga, Blandy yavuze amagambo agaragaza neza impamvu yafashe uyu
mwanzuro.
Yagize ati: “Namenye ko ntari nkeneye
uruhushya. Icyo nari nkeneye ni ugutangira.”
Aya magambo agaragaza ko kuri we,
intambwe ikomeye atari ukwiga gusa cyangwa kumenya kuvanga indirimbo, ahubwo
ari ukwiyemeza gutangira gukora icyo yakunze kuva kera.
Blandy kandi yavuze ko hari igihe
yumvise yaratakaje akanyamuneza n’umwete byamurangaga, ariko ubu akaba
yarafashe icyemezo cyo kongera kubishaka no kubisubirana.
Yanditse ati: “Hari aho nigeze gutakaza
urumuri rwanjye, ariko uyu munsi nahisemo guteranya ibice byanjye no kongera
kurushaka.”
Yashimiye kandi umuvandimwe we
wamubaye hafi, cyane cyane mu gihe yumvaga atameze neza mu buzima bwe bwite,
avuga ko yamufashije gukomeza guteranya ibice by’ubuzima bwe.
Kuki
ahisemo kuba Dj nyuma y’itangazamakuru?
Kuva mu itangazamakuru akajya mu
kuvanga imiziki bishobora kumvikana nk’impinduka ikomeye, cyane cyane ku muntu
wari umaze kumenyekana muri uwo mwuga.
Ariko
kuri Blandy, ni ugukurikira igice cy’ubuzima bwe yari amaze igihe ashyira ku
ruhande.
Avuga
ko gukunda kuvanga imiziki yabitewe n’uko ari ikintu cyamukururaga kuva akiri muto, ariko
igihe cyose akaba yaragiye agisubika kubera izindi nshingano n’imirimo.
Ubu
yahisemo kutongera gutegereza “igihe nyacyo”, ahubwo akaba ari we wiyemeje
kukirema.
Ni
na yo mpamvu ubutumwa bwe bwo gutangira uyu mwuga bushobora kumvikana
nk’ubutumwa burenze kuba ari ugutangiza umwuga mushya. Ni nk’aho ari
ukwigarurira igice cye yari amaze igihe ashyize ku ruhande.
Mu
rugendo rwe rwo kwinjira mu kuvanga imiziki, Blandy avuga ko yagize abantu
bamugiriye inama kandi bakamutera imbaraga.
Muri
bo harimo Shakib
Cham, umugabo wa Zari Hassan, wamushishikarije gukomeza
gukurikira iyi nzira nshya.
Nubwo
Blandy yari asanzwe afite iki cyifuzo kuva kera, inkunga n’ubushishikarizwa
n’abantu bamwegereye byamufashije kurushaho kugirira icyizere icyemezo cye.
Nyuma
yo kwiga no kwimenyereza muri Kenya na Uganda, Blandy Star ari gutegura
intambwe ye ya mbere yo kwinjira ku mugaragaro muri uyu mwuga.
Biteganyijwe
ko ku wa 19
Nzeri 2026 ari bwo azatangira ibikorwa bye byo kuvanga imiziki ku
mugaragaro, aho azakorera kuri Atelier Du Vin.
Uyu
uzaba ari umwanya udasanzwe kuri we, kuko uzaba ari intangiriro y’urugendo
rushya nyuma y’imyaka amaze mu itangazamakuru.
Kuva
kuri TV, radio na podcast akajya inyuma ya DJ booth, Blandy Star ashobora kuba
ahinduye umwuga, ariko ntabwo ahinduye umuntu ari we.
Ahubwo
ari gukoresha ubunararibonye amaze imyaka yunguka mu itangazamakuru, mu
myidagaduro no mu gukorana n’abantu, akabushyira mu kindi gice cy’inganda
z’imyidagaduro.
Kandi
kuba yaramenye kuvugana n’abakunzi b’imyidagaduro, kumva umuziki no kumenya uko
ibirori n’abahanzi bakora, bishobora kuzamufasha muri uru rugendo rushya.
Kuri
Blandy, rero, iyi ntabwo ari inkuru yo kureka ikintu kimwe ugahita utangira ikindi. Ni inkuru yo kwemera
kongera gutangira, nyuma yo kubona ko hari inzozi wari warasubitse igihe
kirekire.




