Dukurikije imibare n’ubushakashatsi bwagiye bugaragara mu
binyamakuru nka The New York Times ndetse n’imbuga nkoranyambaga zikomeye,
umubare w’abasore bato (cyane cyane abari hagati y’imyaka 20 na 30) bashaka
abagore babaruta warazamutse cyane.
Urubuga rwa Feeld rwerekanye ko mu myaka ibiri gusa ishize,
umubare w’abasore bafite amatsiko cyangwa bashaka abagore bakuze (cougars)
wiyongereyeho 64%.
Dating Apps muri rusange: Imibare y’imbuga nka Tinder na
Bumble yerekana ko abasore 8 mu 10 (80%) batagifite ikibazo cyo kuba bakundana
n’umuntu ubaruta imyaka 10 cyangwa irenga.
Pew Research Center igaragaza ko imitekerereze ya "Gen
Z" yahindutse, aho 45% by’urubyiruko babona ko "imyaka ari imibare
gusa", ahubwo bagashyira imbere imibanire n’ituze ryo mu mutwe.
Ese wumva uyu muvuduko ukomatanyije no kuba abagore bakuze ubu bafite ubushobozi bw’amafaranga (Financial Independence) kurusha kera?
Dore ibyo inzobere n’ibigo bikomeye ku isi, hamwe n’abasore
bo mu Rwanda babivugaho nk'impamvu zibitera:
1.
Ubuzima butagira "Drama" n’imikino
Abasore
benshi batangaza ko abakobwa bakiri bato bakunze kurangwa n’amarangamutima
menshi, gutongana cyangwa gushaka "attention" mu buryo bukabije.
Umugore ukuze we aba azi icyo ashaka, azi kuvugisha ukuri, kandi ntaba afite
umwanya wo gukina imikino yo mu mutwe mu rukundo.
2.
Kwihagararaho mu bukungu n’ubuzima
Abagore
bakuze akenshi baba bafite akazi gahamye, inzu, cyangwa ubuzima bwabo bwite
bwubatse. Ibi bituma umusore atumva ko ari we "mutwaro" w’ubuzima
bwose, ahubwo bagasenyera umugozi umwe. Bituma umusore na we yumva afite ituze
kuko atajya mu rukundo ruriho igitutu cy’amafaranga gusa.
3.
Icyizere bifitemo (Self-Confidence)
Nta kintu
gikurura umusore nko kubona umuntu uzi uwo ari we. Abagore bakuze bamenye
imiterere y’imiri yabo, bazi kuvuga "Oya" cyangwa "Yego"
batarya iminwa, kandi bafite uburyo bitwara mu ruhame butuma umusore yumva
yatewe ishema n’uwo bari kumwe.
4.
Ubunararibonye mu ntekerezo n’ibiganiro
Abasore
b’abanyabwenge usigaye usanga bakururwa n’umugore ufite ibiganiro bifite
imfacho. Umugore ukuze afite byinshi yabonye mu buzima, ashobora kuguha inama
mu kazi cyangwa mu bindi bibazo, bigatuma urukundo rutaba urwo kwishimisha gusa,
ahubwo rukaba n’ishuri ry’ubuzima.
5.
Guhinduka kw’imitekerereze ya Sosiyete
Niba kera
byafatwaga nko gusuzugurika, ubu isi yarahindutse. Abasore b’iki gihe (Gen-Z na
Millennials) ntibacyita cyane ku byo abantu bavuga, ahubwo bareba imibanire
yabo n’umuntu (Connection). Ibi byatumye n’abagore bakuze bisanzura bagahitamo
uwo bakundana baretse kugendera ku mateka ashaje.

Amavomo: Academia.edu, Journal
of Women and Aging, Psychology Today, The New York Times, Pew Research Center
