Bitunguranye Mohamed Salah yasezeye kuri Liverpool

Imikino - 24/03/2026 8:10 PM
Share:

Umwanditsi:

Bitunguranye  Mohamed Salah yasezeye kuri Liverpool

Rutahizamu ukomoka mu Misiri, Mohamed Salah yatangaje ko azatandukana n’ikipe ya Liverpool uyu mwaka w’imikino nurangira nubwo yaherukaga kongera amasezerano.

Uyu mukinnyi w’imyaka 33 y’amavuko, wageze muri Liverpool mu mwaka wa 2017 avuye muri AS Roma, yemeje aya makuru abinyujije mu mashusho yashyize ku mbuga nkoranyambaga mu mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri.

Mu butumwa bwe, Salah yagize ati: “N’ubwo bitoroshye, igihe kirageze. Iki ni igice cya mbere cyo kubasezeraho. Nzava muri Liverpool uyu mwaka urangiye.”

Nubwo yari aherutse kongera amasezerano y’imyaka ibiri muri Mata 2025, impande zombi zemeranyije ko azagenda ku buntu (free transfer) umwaka urangiye.

Mu myaka icyenda amaze muri Liverpool, Salah yagize uruhare rukomeye mu kuzamura urwego rw’iyi kipe, ayifasha kwegukana ibikombe birimo bibiri bya Shampiyona y’u Bwongereza, UEFA Champions League, Igikombe cy’Isi cy’ama-Club , Super Cup, FA Cup n’Ibikombe bibiri bya Carabao Cup.

Kugeza ubu amaze gutsindira Liverpool ibitego 255 mu mikino 435, ibintu bituma aba uwa gatatu mu bakinnyi batsinze ibitego byinshi mu mateka y’iyi kipe.

Yanatwaye inshuro enye igihembo cy’umukinnyi watsinze ibitego byinshi muri shampiyona y’u Bwongereza anegukana inshuro eshatu igihembo cy’umukinnyi mwiza w’umwaka gitangwa n’ishyirahamwe ry’abakinnyi b’umupira w’amaguru mu Bwongereza.

Mu butumwa bwe bwo gusezera, Salah yashimiye abafana ba Liverpool, avuga ko bamubereye inkingi ikomeye mu bihe byiza n’ibigoye.

Yagize ati: “Liverpool si ikipe gusa, ni amateka, ni umutima. Ibihe nagiriye hano ni byo byiza kurusha ibindi mu buzima bwanjye. Ntimuzibagirana, kandi nanjye sinzabibagirwa. Nzahora ndi umwe muri mwe.”

Yasoje agira ati: “Kuva hano si ibintu byoroshye, ariko nzahora mfite Liverpool ku mutima. Murakoze kuri byose, kandi sinzigera ndeka kugendana namwe.”

Mohamed Salah afite uduhigo dutandukanye muri Premier League turimo ako kuba ari we mukinnyi wagize uruhare mu bitego byinshi mu mwaka umwe w’imikino dore ko muri 2017-2018 yagize uruhare mu bitego 44 aho yatsinze 32 anatanga imipira 12 yavuyemo ibitego.

Mohamed Salah aza mu bakinnyi batsinze ibitego byinshi mu mateka ya Premier League akaba ri ku mwanya wa kane n’ibitego 191. Uyu mukinnyi kandi ni nawe watsindiye Liverpool ibitego byinshi muri Premier League. Kuva yagera muri Premier League muri 2017 ni nawe umaze gutsinda ibitego byinshi muri rusange.

Salah yasezeye kuri Liverpool nyuma y'imyaka 9 ayigezemo



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...