Biterwa n’iki gushaka kwihagarika ariko bikanga?

Ubuzima - 21/08/2023 11:42 AM
Share:

Umwanditsi:

Biterwa n’iki gushaka kwihagarika ariko bikanga?

Bamwe babifata nkaho bisanzwe,ariko ni ikibazo gushaka kwihagarika wajya mu bwiherero bikanga rimwe na rimwe uruhago rukababara.

Gushaka kwihagarika wajyayo bikanga inkari ntizize,bikunze  kuba bitewe n’intekerezo zidasanzwe  no kudatekana mu muntu,akaba yananirwa kurekura inkari cyangwa zikaza ibice bice.

Gufunga inkari igihe gito bishobora kutangiriza umuntu,ariko kuzifunga igihe kirekire bikangiza urwungano rw’inkari,bikaba byatera  ibibazo birimo kubyimba inda,gutakaza ubushobozi bwo kwihangana igihe wifuza kwihagarika uri mu bantu,ukaba  wakwinyarira, mbere yo kugera mu bwiherero.

Gufunga inkari  wifuza kwihagarika rimwe na rimwe biterwa n’uburwayi bwa “Paruresis ",indwara  ituma umuntu ananirwa kwihagarika igihe ari hafi y’abantu.Ibi bitangira umuntu ajya kwihagarika yabona abantu hafi ye inkari zikifunga,kandi agakomeza kumva akeneye ko zisohoka ariko bikanga.

Paruresis ishobora guterwa no kumara igihe kirekire umuntu adatekanye,atishimye,bikaba byamugiraho ingaruka nyinshi zirimo gufunga inkari igihe ashaka kuzisohora.

Kwihagarika kenshi ariko bidakabije,bigaragaza ko umubiri uri gukora neza,cyane cyane iyo wanyweye amazi menshi,uba uri gusohora imyanda.Kumara umwanya munini utifuza kwihagarika akenshi biterwa no kugira umwuma,no kuba umubiri udafite amazi ahagije.

Gufunga inkari kandi bishobora kuba igihe umuntu agiye mu bwiherero bwanduye bikaba byatuma umubiri w’umuntu wifata inkari ntizisohoke,bitewe nuko intekerezo ziri kure.

Ku gitsinagore kandi bashobora kujya kwihagarika bikanga,bitewe nuko bafite ibikomere mu myanya yabo y’ibanga batewe n’uburwayi runaka,gukomereka igihe bakora imibonano mpuzabitsina n’ibindi.

Bitewe nuko inkari ziba zirimo imyanda kandi zishyushye,iyo zigeze muri utwo dusebe cyangwa udukomere, bahita bababara,bityo umubiri ukaba watinya kuzisohora,cyangwa zasohoka zigasohoka ziza nko mu byiciro.

National Social Anxiety Center itangaza ko rimwe na rimwe indwara ya Paruresis,iterwa n’ibibazo biba mu mikurire y’umwana,akaba yarabangamirwaga igihe yihagarika,kwihagarika bamuhagarikiye,gutinda mu ntekerezo z’ubwana n’ibindi.

Nubwo kwihagarika ari ingenzi,igihe cyose wihagarika inkari z’umuhondo cyangwa irindi bara,bigaragaza ko ushobora kuba urwaye cyangwa ko nta mazi ahagije umubiri ufite,bishobora kandi kuba ikimenyetso cyo kurwara impyiko,cyangwa bikagaragaza ko utanyoye amazi ahagije zakwangirika.

Bitewe nuko kwihagarika ari ingenzi ku buzima bwa buri muntu,ni byiza kugenzura niba bikorwa neza,no kugenzura ibibazo biza mu gihe cyabyo.Igihe cyose haje mo gushidikanya ku buzima bujyanye nabyo,ni ingenzi kwegera muganga agasuzuma ko nta kindi kibazo kirimo.


Paruresis indwara yo kunanirwa kwihagarika ikunze guterwa no kudatuza mu ntekerezo rimwe na rimwe byatangiye mu bwana


Indwara zirimo ama infections ,zituma umuntu afunga inkari igihe yihagarika kubera gutinya uburibwe buza mu myanya y'ibanga,iyo hagiyemo inkari

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...