Aba
bahanzi bagejejwe muri iki kigo ku wa 17 Nzeri 2025. Ni nyuma y’uko Ariel Wayz
na Babo batawe muri yombi mu ijoro ryo ku wa 6 Nzeri 2025, nk’uko Umuvugizi wa
Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga aherutse kubibwira InyaRwanda.
Kuri
iriya tariki, nibwo Ariel Wayz yiteguraga kwerekeza muri Kenya gukorana na
Universal Music East Africa. Hari hashize umunsi umwe kandi, ubwo ni ukuvuga
tariki 5 Nzeri 2025, aririmbye mu muhango ngaruka mwaka wo Kwita Izina abana b’ingagi.
Huye
Isange Rehabilitation Center ni ivuriro rigenzurwa na Leta binyuze muri Polisi
y’u Rwanda, ryita ku bafite ibibazo byo gusabikwa n’ibiyobyabwenge n’ubundi
burwayi bwo mu mutwe. Umurwayi cyangwa umuryango we ni bo bisabira ko ajyanwa
kwivurizayo aho guhabwa igifungo, kugira ngo afashwe gusubira mu buzima
busanzwe.
InyaRwanda
yabonye amakuru avuga ko Urukiko ari rwo rwafashe icyemezo cy’uko Ariel Wayz na
Babo boherezwa muri Huye Isange Rehabilitation Center. Ni nyuma y’uko buri wese
ari kumwe n’umunyamategeko we, yisobanuye imbere y’urukiko.
Sibwo
bwa mbere abantu bazwi mu myidagaduro bajya kwivurizayo. Mu ntangiriro za 2025,
Fireman yivurijeyo ku bushake bwe, mu gihe abandi barimo Emeline Nyambo, Xinda ndetse
na Afrique bafatanywe urumogi, nabo bahoherejweyo. Abenshi bavuyeyo bavuga ko
byabafashije mu rugendo rwo kureka ibiyobyabwenge, no kongera kwiyubaka.
Umuhanzi
umwe uherutse kuhivuriza yabwiye InyaRwanda ko mu kwezi kumwe yishyuye 600,000
Frw, mu gukurikiraho akishyura 700,000 Frw.
Undi mutangabuhamya yavuze ko kugira ngo wakirwe ubanza wishyura 200,000 Frw, hanyuma hakiyongeraho ibindi bijyanye no kwitabwaho.
Yavuze ko iyo ufite Mutuelle de Santé wishyura ibihumbi 400 Frw ukagaragaza 'Transfer' wahawe n'Ibitaro by'Akarere. Iyo ufite ubundi bwishingizi nka RAM,
Military
Medical Insurance (
Umuyobozi
Mukuru wa Huye Isange Rehabilitation Center, Dr Patrick Rwagatare, yigeze
gusobanura ko abivuza bacumbikirwa mu byumba bibiri bitandukanye:
Icyumba
gisangirwa (sharing room): 8,200 Frw ku munsi (246,000 Frw ku kwezi).
Icyumba
cyihariye (private room): 15,200 Frw ku munsi (456,000 Frw ku kwezi).
Aya
mafaranga aba arimo icumbi, ifunguro n’ubuvuzi. Iyo umurwayi amaze koroherwa,
asohoka ariko agasabwa gukomeza kwisuzumisha kenshi.
Serivisi
zitangirwa muri iki kigo
-Kuvura
ibibazo by’ubusabane n’ibiyobyabwenge.
-Kuvura
uburwayi bwo mu mutwe burimo guhungabana n’ingaruka zituruka ku biyobyabwenge.
-Gutegura
abarwayi gusubira mu buzima busanzwe (rehabilitation).
-Gutanga
ubujyanama ku giti cy’umuntu no ku miryango yabo.
-Gucumbikira
abarwayi igihe bakiri mu kwitabwaho.
-Kwakira
ubwishingizi butandukanye burimo na Mutuelle de Santé.
Ubwo
yari mu bukangurambaga "Ibiyobyabwenge birica tubyirinde kandi
tubyamagane", ku wa 17 Kanama 2022, Dr Rwagatare yavuze ko ubuvuzi batanga
ari ubwihariye kuko buri murwayi avurwa hashingiwe ku rugero rw’ibiyobyabwenge
biri mu mubiri we.
Ati:
“Dufite abaganga b’inzobere bavura indwara zo mu mutwe, abagenzura abarwayi
n’abandi bafite inshingano zo kubitaho kugeza bakize.”
Ubwo
yari mu bukangurambaga bw’iminsi 10 bwo kurwanya ibiyobyabwenge hitegurwa
umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya ibiyobyabwenge wizihizwa buri taliki ya
26 Kamena, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yagaragaje ishusho
y’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’imibare y’abamaze kubifatirwamo kuva mu
ntangiriro z’uyu mwaka wa 2025.
Yavuze
ati “Muri uyu mwaka wa 2025 guhera mu kwa mbere kugera ku itariki 15 z’ukwezi
kwa 6, twagize ibirego 2073 by’ibiyobyabwenge byafatiwemo abantu bagera kuri
683, harimo ababicuruza, ababyikorera ndetse na bamwe babikoresha, muri abo 210
bashyikirijwe ubutabera abasigaye bo ni urubyiruko rw’abana bato cyangwa abo
ubutebera bubona ko bakwiriye kujya kugororwa, kwigishwa no kugirango bahabwe
andi mahirwe yo kuba bakwikosora bakagaruka muri sosiyete”.
Kuva
mu 2015 kugeza mu mpera za 2024, abarwayi 2,278 bamaze kunyura muri Huye Isange
Rehabilitation Center. Impuzandengo y’igihe umurwayi amara mu kigo iri hagati
y’ukwezi kumwe n’amezi atatu, ariko hari n’abagaruka nyuma yo kongera guhura
n’ibibazo.
Ubushakashatsi
bwerekana ko abajya muri iki kigo barimo: 38% by’abarwayi ari abakoresha urumogi. 34%
bakoresha mugo (heroine). 31% bakoresha inzoga mu buryo buhatse uburwayi. 0.07%
bakoresha imiti isanzwe yo kwa muganga bayitindaho nk’ibiyobyabwenge. 0.02%
bakoresha Cocaine, n’aho 0.02% bafatwa n’ubusabane bushingiye ku myitwarire nka
betting n’imikino y’amahirwe.
Huye
Isange Rehabilitation Center iherereye mu Karere ka Huye, mu Ntara y’Amajyepfo
y’u Rwanda. Gitandukanye n’Ikigo cya Iwawa Rehabilitation Center, kuko cyo
gifasha cyane abasore gusubizwa mu buzima busanzwe nyuma yo kujya mu ngeso mbi.
Iki
kigo cyakomeje kugirirwa icyizere, ku buryo n’abaturutse mu bihugu bitandukanye
nka Congo, Uganda, Cameroun, Côte d’Ivoire na Guinea Conakry bajya kuhivuriza.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Nzeri 2025, nibwo Ariel Wayz yagejejwe muri Huye Isange Rehabilitation centre kwivuza ibiyobyabwenge
Babo na Ariel Wayz bagiye muri iki kigo bari kumwe n'abandi bantu batanu bafatanywe ubwo bari mu Kabari barenze ku mabwiriza
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO KIGARUKA KURI ARIEL WAYZ, BABO NDETSE NA NIYO BOSCO