Bisa n’ibigoye! APR FC kugira ngo ikomeze muri ½ cya CECAFA Kagame Cup 2026 birasaba iki?

Imikino - 30/07/2026 8:51 AM
Share:

Umwanditsi:

Bisa n’ibigoye! APR FC kugira ngo ikomeze muri ½ cya CECAFA Kagame Cup 2026 birasaba iki?

Mu mibare birashoboka ko ikipe ya APR FC yakomeza muri ½ cy’ irushanwa rihuza amakipe yo muri Afurika y'Iburasirazuba n'iyo Hagati rya CECAFA Kagame Cup 2026 gusa iragoye.

Kuri uyu wa Kane saa Moya muri Stade Amahoro ni bwo iyi kipe y’Ingabo z’igihugu ikina na Vipers yo muri Uganda mu mukino wo ku munsi wa nyuma w’itsinda rya CECAFA Kagame Cup 2026. APR FC yari ifite intego zo gutwara iri rushanwa, yatangiye nabi inyagirwa na Gor Mahia ibitego 5-0.

Ku mukino wakurikiyeho yahise itsinda Garde Républicaine ibitego 3-1 none abafana bayo n’abayobozi bayo baracyafite icyizere ko iri bukatishe itike ya ½. Muri ½ cya CECAFA Kagame Cup 2026, hazakomeza amakipe atatu yabaye aya mbere mu matsinda ndetse n’indi kipe imwe yatsinzwe neza.

Birasaba iki ngo APR FC ikomeze?

APR FC kugira ngo ikomeze muri ½ iyoboye itsinda A irimo birasaba ko kuri uyu wa Kane saa Kumi n'Ebyiri muri Stade inyagira Vipers guhera ku kinyuranyo cy’ibitego 7-0 kuzamura naho Gor Mahia igatsindwa na Garde Républicaine.

Kugira ngo izamuke nk’ikipe yatsinzwe neza, byasaba ko Singida ya Kabiri mu itsinda B itsindwa cyangwa ikanganya na Simba SC mu mukino bafitanye uyu munsi naho Rayon Sports ya Kabiri mu itsinda C igatsindwa an Al Hilal ibitego 4-0 ku wa Gatandatu.

Hano kandi byasaba kuba APR FC nayo yanyagiye Vipers 4-0 mu gihe Gor Mahia bari kumwe mu itsinda yaba yatsinzwe cyangwa ikanganya na Garde Républicaine.


Uko amatsinda ya CECAFA Kagame Cup 2026 ahagaze kugeza ubu


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...