Guhera tariki ya 11 Kamena
kugeza tariki ya 19 Nyakanga 2026 ni bwo muri ibi bihugu bitatu hazakinwa iri rushanwa riba
rihanzwe amaso n’Isi yose.
Ibihugu 48 bizakina iki gikombe cy’Isi ntabwo biri ku rwego rumwe mu bijyanye
n’ubukungu bityo akaba ariyo mpamvu hari ibiri inyuma kurusha ibindi aho
byiganjemo ibyo ku mugabane wa Afurika.
Ibihugu bitanu bikennye kurusha ibindi mu gikombe
cy’Isi cya 2026;
5. Uzbekistan
Iki gihugu kizaba gihagararire umugabane wa Aziya
muri iyi mikino y’igikombe cy’Isi cya 2026 ni ubwa mbere kizaba kigiye gukina
iri rushanwa. Gituwe n’abarenga Miliyoni
37, buri muturage ku mwaka akaba abarirwa ko yinjiza hagati ya $6,000 na $7,000
400 hashingiwe ku musaruro mbumbe w'Igihugu.
4. Cape Verde
Cape Verde niyo iza ku mwanya wa kane mu bihugu
bikennye bizitabira igikombe cy’Isi cya 2026. Iki gihugu kizaba gihagarariye umugabane wa Afurika gituwe n’abaturage
barenga ibihumbi 600, buri muturage ku mwaka akaba abarirwa ko yinjiza hagati ya
$5,500 na $6,500 hashingiwe ku musaruro mbumbe w'Igihugu.
Ni ubwa mbere 4. Cape Verde izaba yitabiriye igikombe cy’Isi mu mateka.

Iki gihugu ni ubwa mbere mu mateka kigiye gukina igikombe cy’Isi kikaba gihagarariye
Umugabane wa Aziya. Gituwe n’abaturage hafi Miliyoni 11.5. Buri muturage muri
iki gihugu ku mwaka abarirwa ko yinjiza
hagati ya $5,000 na $6,000 hashingiwe ku
musaruro mbumbe w'Igihugu.
2. Haiti
Ku mwanya wa kabiri mu bihugu bikennye bizakina igikombe
cy’Isi cya 2026 kizabera mu bihugu bitatu bwa mbere mu mateka.
Haiti ni igihugu cyo muri Caraïbes kimaze imyaka
myinshi gihanganye n’ibibazo by’ubukungu, ibiza ndetse n’umutekano muke. Kuba
cyarakatishije itike y’igikombe cy’Isi
byafashwe nk’amateka akomeye ku baturage bacyo dore ko yaherukaga kugikina mu
1974.
Gituwe n’abaturage hafi Miliyoni 11.7 aho buri muturage abarirwa ko yinjiza $3,400 ku mwaka hashingiwe ku musaruro mbumbe w'Igihugu.

1.Congo
Iki gihugu cyo muri Afurika yo hagati ni cyo kiza
imbere mu bifite ubukungu buri hasi mu bazitabira Igikombe cy’Isi. Nubwo gifite
umutungo kamere mwinshi cyane, abaturage benshi baracyugarijwe n’ubukene
bukabije. Congo yaherukaga gukina Igikombe cy’Isi mu 1974 ikiri Zaire.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ituwe
n’abaturage barenga Miliyoni 124 buri muturage abarirwa ko yinjiza hafi $649 ku mwaka hashingiwe ku musaruro mbumbe
w'Igihugu.


Congo niyo iza imbere mu bihugu bikennye bizakina igikombe cy'Isi cya 2026
