Uyu mukino waranzwe n’ubwugarizi bukomeye bwa AS Muhanga bwagabanyije amahirwe y’abasore ba Rayon Sports, cyane cyane ku ruhande rwa Fall Ngagne.
Ku munota wa 80, uyu rutahizamu yahise agira imvune nyuma yo guhabwa umupira mwiza na Tony Kitoga, ibintu byahise bimuvana mu mukino.
Aganira n’itangazamakuru nyuma y’umukino, Haringingo yavuze ko uko imvune ya Ngagne imeze bitanga icyizere gike cyo kongera kumubona mu kibuga muri uyu mwaka w’imikino.
Yagize ati: “Razamazani Tshimanga ntekereza ko bidakomeye, ariko urebye uko Fall Ngagne ameze, biragoye ko yazagaruka muri uyu mwaka.”
Iyi mvune ije yiyongera ku mateka ya vuba ya Ngagne wigeze kumara igihe kinini adakina. Yari aherutse kugaruka mu kibuga muri Mutarama 2026 nyuma yo kumara amezi agera kuri 11 ari hanze kubera imvune yari yagize muri Gashyantare 2025.
Agarutse, yahise agaragara mu mukino Rayon Sports yanganyijemo na Al Merrikh SC ibitego 2-2, ariko ubu yongeye guhura n’indi mbogamizi ishobora kurangiza umwaka we w’imikino imburagihe.
Ni igihombo gikomeye kuri Rayon Sports yari imwitezeho ibitego n’umusaruro mu mikino isigaye ya shampiyona.

Rutahizamu wa Rayon Sports Fall Ngagne yongeye kuvunika
