Biganisha ku rupfu! Ibintu bikunda kuribwa cyane byangiza umubiri mu gihe gito

Ubuzima - 11/08/2023 9:06 AM
Share:

Umwanditsi:

Biganisha ku rupfu! Ibintu bikunda kuribwa cyane byangiza umubiri mu gihe gito

Kwangirika k’ubuzima bikunze guterwa n’ibyo turya,ibyo tunywa,ibyo dutekereza n’ibindi,nyamara hari bimwe biribwa bigira uruhare mu kwangiriza ubuzima byihuse,byaganisha no ku rurpfu.

Bitewe nuko ubuzima bwitabwaho na nyirabwo kurusha abandi,ni byiza gusobanukirwa n’ibiribwa cyangwa ibinyobwa,bikwiye kwinjizwa mu mubiri wawe n’akamaro kabyo,mbere yo kubifata ukabirya cyagwa ukabinywa.

Hakozwe urutonde rw’ibiribwa cyangwa ibinyobwa byangiza,bishobora kuba byinshi kuruta ibifite akamaro,nyamara ibyo byangiza bitewe n’uburyo bikoreshejwe,bishobora kuba amafunguro meza afasha umubiri gukora neza aho kuwangiza.Dore bimwe mu biribwa bikwiye kwirindwa cyangwa bigakoreshwa neza kuko byakwangiriza umubiri biramutse bikoreshejwe nabi:

1.  Ibiryo bikomoka ku nyamaswa n’amatungo: Ibiryo birimo amafi,amagi,amata,n’ibindi,bibonekamo intungamubiri nyinshi arizo protein,zifite akamaro kanini mu kubyibushya umubiri,kuwukomeza,gusa neza,kugira imbaraga n’ibindi.Izi ntungamubiri kubera zikomeye ku rwego zihita zitanga impinduka byihuse,akenshi zirema indwara zikomeye mu mubiri bitewe no kuzikoresha nabi,cyangwa umuntu akaba yafata nyinshi mu gihe kimwe,zikaba nyinshi.’

Umuntu ashobora kurya amafi,akanywa amata,yabyutse arya umureti w’amagi nk’ifunguro rya mu gitondo,izo ntungamubiri zose zikinjizwa igihe kimwe,zigatangira kurema indwara mu mubiri zimwe zitewe n’umubyibuho ukabije,umuvuduko w’amaraso,umutima n’ibindi.

2.     Umunyu mwinshi: Umunyu utuma turyoherwa n’amafunguro dufata buri munsi,ariko kuba mwinshi kwawo bitera indwara nyinshi zirimo umwuma,kwangirika kw’impyiko,kunyunyuza amazi afasha umubiri,ibibazo by’umutima n’ibindi.Bamwe bafata umunyu mubisi bakawongera mu biryo,nyamara umunyu mubisi wo ubwawo utera ingaruka zihuse nko kubabuka ururimi,iminwa,mu muhogo n’ibindi.Mu ndwara ziterwa no kurya umunyu mwinshi,ni nkeya zitahitana ubuzima bw'umuntu igihe bitinze gukosora imirire.

3.     Ibyacishijwe mu mavuta: Ibiryo byatetswe mu mavuta bigenda bitakaza vitamini ibikubiyemo,ahubwo bigatera umuntu kubyibuha bidasanzwe,bitewe nayo mavuta byatekanwe.Ibirimo imigati,amandazi,amafiriti,imitsima  n’ibindi bikorwa mu biribwa bikungahaye ku ntungamubiri ariko bisigara byazitakaje nyuma yo gucanirwa mu mavuta,ahubwo bigasigara byangiriza umubiri.

Ibi biribwa biteguwe neza bifite akamaro kanini mu mubiri,ariko kubirya mu buryo bubi bituma bihinduka uburozi mu mubiri bigateza indwara zikomeye zimwe ziganisha no ku rupfu,nk'uko Aditya Birla Capital ibitangaza. 

Ubwiza bugaragarira amaso bw'ibiryo buhabana cyane n'akamaro kabyo mu mubiri


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...