Big Fizzo ntiyumva uburyo Harmonize yishyuwe Miliyoni 200 mu gitaramo yakoreye mu Burundi

Imyidagaduro - 03/09/2026 8:59 AM
Share:

Umwanditsi:

Big Fizzo ntiyumva uburyo Harmonize yishyuwe Miliyoni 200 mu gitaramo yakoreye mu Burundi

Umuhanzi w’Umurundi Mugani Désiré wamamaye nka Big Fizzo, ntiyishimiye uburyo abahanzi bo mu mahanga basigaye bahabwa umwanya n’amafaranga menshi mu Burundi, mu gihe abo mu gihugu cye na bo bashoboye gukurura imbaga no gutanga ibitaramo bikomeye.

Big Fizzo yabigarutseho ku wa 2 Nzeri 2026, ubwo yaganiraga n’abanyamakuru nyuma yo kuva mu Butaliyani, igihugu asanzwe atuyemo.

Uyu muhanzi uzwiho kugira amateka maremare mu muziki w’u Burundi, yavuze ko atumva uburyo umuhanzi w’umunyamahanga ashobora kuzanwa mu Burundi, agahabwa amafaranga menshi, mu gihe abahanzi baho na bo bafite ubushobozi bwo kuzuza ibibuga no gushimisha abakunzi ba muzika.

Mu buryo bw’umwihariko, Big Fizzo yagarutse ku gitaramo Harmonize yakoreye mu Burundi, avuga ko atumva impamvu umuhanzi ukomoka muri Tanzania yahabwa miliyoni 200, kandi hari abahanzi b’Abarundi bashoboraga gutanga igitaramo gikomeye.

Yagize ati: “None ni gute ushobora kuzana umu-Tanzaniya ukamuha miliyoni 200? Wa musore ntibayamuhaye kandi hano hari abana bari gukorana bakuzuza iriya stade.”

Big Fizzo ntiyagarukiye ku mafaranga gusa, ahubwo yavuze ko ikibazo gikomeye ari uburyo Abarundi ubwabo badaha agaciro abahanzi babo. Ati: “Njyewe nkunda umuntu umpa agaciro kurusha umpa amafaranga.”

Uyu muhanzi yavuze ko kuba umuhanzi w’umunyamahanga atumirwa mu Burundi atari ikibazo kuri we, ariko ko atemera ko ibyo byakorwa mu buryo bwo gusiga inyuma abahanzi b’Abarundi bafite ibikorwa kandi bashobora gukusanya abantu benshi.

Yavuze ko abategura ibitaramo bakwiye gutekereza ku bahanzi bo mu gihugu mbere yo gutanga amafaranga menshi ku banyamahanga. Ati: “Ni mubafate nabi, ariko mwibuke ko ari abana b’igihugu.”

Big Fizzo yavuze ko imyaka amaze mu muziki imuha uburenganzira bwo kuvuga kuri iki kibazo, kuko azi neza urugendo rw’umuziki w’u Burundi n’ibyo abahanzi baho banyuzemo kugira ngo ugeze aho uri uyu munsi.

Yashimangiye ko nubwo yaba ashaje cyangwa atagifite imyaka yo gukomeza kuririmba nk’uko yabikoraga mbere, atazemera guceceka igihe abonye ibyo asanga bidakwiye.

Ati: “Njyewe ndisaziye nta kibazo, ariko abo banyamahanga bazaza ariko nzaguma mbasumba ibikorwa.”

Big Fizzo yavuze ko umuziki kuri we utari uburyo bwo gushaka amafaranga gusa, ahubwo ko ari kimwe mu bintu akunda kandi abona nk’uburyo bwo gushyigikira igihugu cye.

Yavuze ko yabayeho mu buzima butandukanye mbere yo kugera ku rwego arimo, ndetse ko yakoraga n’akazi ko kogosha igihe kinini. Ati: “Ndirimba kugira ngo nshyigikire u Burundi, cyane ko hano hari abatemera ko ndirimba, kandi barahari.”

Uyu muhanzi kandi yavuze ko adashaka ko ikibazo cyo guha agaciro abahanzi bo mu Burundi gifatwa nk’intambara hagati yabo n’abanyamahanga.

Ahubwo asanga ari ngombwa ko abahanzi bo mu gihugu babanza guhabwa amahirwe yo kwerekana ibyo bashoboye, cyane cyane mu bitaramo binini.

Big Fizzo kandi yavuze ko azi ko igihe cye mu muziki kitazahoraho, ari na yo mpamvu ashimangira ko abahanzi b’Abarundi bakiri bato bakwiye guhabwa umwanya.

Yagize ati: “Izo zibika zari amagi. Njyewe ndimo ndasaza, ntabwo nzaririmba igihe cyose, n’ubwo nasohoye album nagirango mbereke ko nyihari.”

Aha, Big Fizzo yashakaga kugaragaza ko nubwo imyaka ishobora gutuma umuhanzi agera ku gihe cyo kugabanya ibikorwa bye, hari impano n’abahanzi bakiri bato bagomba gukomeza muzika y’igihugu.

Ku bwe, kubashyigikira no kubaha amahirwe yo gukora ibitaramo bikomeye ni imwe mu nzira zo gutuma umuziki w’u Burundi ukomeza kugira ijambo.

Ibi Big Fizzo yabivuze mu gihe aherutse gushyira hanze urukurikirane rw’indirimbo yise ‘SOA’, ndetse akaba ari no mu myiteguro yo kuririmba mu gitaramo kizabera i Rumonge ku wa 5 Nzeri 2026.

Ni muri urwo rwego yasabye abakunzi be n’Abanyaburundi muri rusange kuzitabira icyo gitaramo no gukomeza gushyigikira abahanzi bo mu gihugu.

Big Fizzo amaze imyaka myinshi ari umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye mu muziki w’u Burundi, aho ibikorwa bye byamufashije no kumenyekana mu bindi bihugu byo mu karere.

Nubwo ubu asigaye aba mu Butaliyani, akomeza gukora umuziki no kugaruka mu Burundi mu bikorwa bitandukanye.

Kuri we, kuba umuhanzi w’umunyamahanga ari we uhabwa amafaranga menshi cyangwa umwanya munini si ikibazo cy’umuhanzi ubwe, ahubwo ni ikibazo cy’abategura ibitaramo n’abakunzi b’umuziki b’Abanyaburundi bagomba no kwibuka agaciro k’abahanzi babo.

Big Fizzo yavuze ko atiyumvisha uburyo Harmonize yakoreye igitaramo mu Burundi akishyurwa Miliyoni 200 


Big Fizzo yongeye gushimangira ko Abarundi bakwiriye guha umwanya uhagije abahanzi babo


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...