Ubu bwandu bw’agakoko gatera SIDA rero (HIV) ‘Humano Immunodeficiency Virus’, iyo bugeze mu mubiri muzima buwuca intege umuntu
agatangira kurwaragurika n’indwara
zitandukanye zirimo ‘Imfection’.
Iyi ndwara ya SIDA akenshi yandurira mu mibonano
mpuzabitsina yakozwe nta bwirinzi bwabayeho, gusa nanone yandura binyuze mu
gukoresha ibikoresho bityaye nk’urwembe, ndetse n’ikindi icyo ari cyo cyose. Iyi ndwara
kandi hari ubwo yandura binyuze mu gihe umubyeyi aba ari konsa cyangwa umwana
avuka.
Ikinyamakuru webmd.com
kivuga ko hakoreshejwe amaraso, umuntu wanduye aka gakoko gatera SIDA ashobora
kugaragara binyuze mu bipimo afatwa, gusa nanone bashimangira ko iyi virus
igomba kuba yari imaze iminsi mu mubiri mbere y’uko apimwa. Ntabwo ubwandu
buboneka mu gihe umuntu wanduye apimwe hifashishijwe udupimo dusanzwe.
Bitewe n’ubwoko bw’ibikoresho byifashishijwe hapimwa SIDA, abahanga bavuga ko byibura umuntu yakagombye gupimwa mu gihe hashize ibyumweru 2 yanduye, mu gihe hari abapimwa hashize amezi atatu nabyo ntihagire icyo bitwara.
Muri icyo gihe umuntu atarapimwa hatarashira n’igihe uwo muntu aba
ashobora kwanduza abandi bantu, haba mu mibonano mpuzabitsina cyangwa mu gukoresha
ibikoresho bityaye.
Ni byiza kujya kwipimisha mu gihe ugitekereza ko
wanduye, cyangwa ugakoresha udukoresho twabugenewe tuboneka hafi. Abantu banduye
aka gakoko gatera SIDA bashobora kubaho igihe kirekire cyane kimwe n’abataranduye, binyuze muburyo bubahiriza inama za muganga ndetse bafatira imiti ku gihe.
Gupimwa ko wanduye SIDA ugiye kwa muganga akenshi biba
byiza iyo byibura umaze amezi 3 ukeka ko wanduye, kugira ngo igaragare neza. Ni
ingenzi cyane gukora imibonano ikingiye mu gihe mutizeranye, ndetse
ukirinda ukoresheje ubundi buryo bwose bushoboka.