Kwamamaza
ibikorwa by’iyi mikino bikomeje gufata indi ntera, aho ubuyobozi bwa BAL
bwatangaje ko aba bahanzi bazasusurutsa abazitabira iyi mikino mu karuhuko
k’igihe hagati y’umukino n’ikindi gice [Halftime Show].
Bien-Aimé
Baraza ateganyijwe gutaramira abakunzi ba Basketball ku wa 22 Gicurasi 2026, mu
gihe Abigail Chams we azasusurutsa abazitabira umukino uzaba ku wa 30 Gicurasi
2026.
Bien
ni umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye muri Afurika y’Iburasirazuba no hanze
yayo. Yamenyekanye cyane binyuze mu itsinda rya Sauti Sol yashinze hamwe na
Savara Mudigi, Polycarp Otieno na Willis Chimano mu 2005.
Uyu
muhanzi wavukiye i Nairobi muri Kenya ku wa 28 Ukuboza 1987, yize muri Upper
Hill High School aho yahuriye n’abo bazafatanya gushinga Sauti Sol. Nyuma yaje
gukomereza amasomo muri Kaminuza ya United States International University
[USIU] yiga Itangazamakuru n’Itumanaho.
Itsinda
rya Sauti Sol ryaje kuba icyogere muri Afurika kubera indirimbo zakunzwe zirimo
‘Sura Yako’, ‘Kuliko Jana’, ‘Suzanna’, ‘Melanin’ yakoranye na Patoranking
ndetse na ‘Lazizi’. Iri tsinda ryegukanye ibihembo bikomeye birimo MTV Africa
Music Awards ndetse rinahatanira BET Awards, ibintu byaritumye riba mu matsinda
akomeye ku mugabane wa Afurika.
Mu
2021, abagize Sauti Sol batangaje ko bagiye gufata akaruhuko mu bikorwa
by’itsinda kugira ngo buri umwe akore umuziki ku giti cye. Bien yahise atangira
urugendo rwe nk’umuhanzi wigenga asohora indirimbo zirimo ‘Inauma’, ‘Too Easy’
na ‘Bald Men Anthem’.
Uyu
muhanzi akunze gushimwa kubera uburyo aririmba, kwandika indirimbo zirimo
ubutumwa bwimbitse ndetse n’imitekerereze ye ku bibazo bireba sosiyete. Azwi
kandi kubera uburyo yihariye agaragaramo, cyane cyane umutwe we udafite
umusatsi wagize kimwe mu bimuranga.
Ku
rundi ruhande, Abigail Chams ni umwe mu bahanzikazi bari kuzamuka cyane muri
Afurika. Uyu muhanzikazi wo muri Tanzania amaze kwigarurira imitima ya benshi
binyuze mu ndirimbo zigezweho zivanze Pop, Afrobeat n’injyana zibyinitse.
Abigail
Chams ni umuhanzikazi ufite impano zidasanzwe kuko yatangiye kwiga umuziki
akiri umwana muto. Yatangiye gucuranga Piano afite imyaka itanu, nyuma yiga
Violin afite imyaka umunani, akurikiraho Guitar n’ingoma afite imyaka icyenda,
nyuma aza no kwiga Flute.
Uyu
muhanzikazi yavuze ko kuba yarize ibijyanye n’umuziki akiri muto byamufashije
kumenya guhuza ibintu byinshi icyarimwe, ibintu avuga ko byamubereye ingenzi mu
rugendo rw’ubuhanzi bwe.
Abigail
Chams amaze kumenyekana ku rwego mpuzamahanga ndetse anashimwa kubera ubutumwa
atanga mu bihangano bye. Indirimbo ye nshya yise ‘Your Loss’ iri mu zikomeje
kuvugisha benshi kubera uburyo ivuga ku kwigirira icyizere no kwiyubaha.
Uyu
muhanzikazi kandi akunze kuvuga ku bibazo by’ubuzima bwo mu mutwe, aho yigeze
gutangaza ko na we yigeze guhura n’ikibazo cy’agahinda gakabije n’umuhangayiko.
Yavuze
ko ubutumwa yakiraga buvuye ku rubyiruko rw’abakobwa bwatumye ashaka gushyiraho
urubuga rutanga umutekano n’ubwisanzure bwo kuganira ku bibazo by’ubuzima bwo
mu mutwe.

Bien-Aimé
Baraza, ijwi rya Afro-pop ridasanzwe rya Sauti Sol, agiye gususurutsa Kigali
muri BAL

REBA HANO INDIRIMBO BIEN YAKORANYE NA ALIKIBA
KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO 'ABIGAIL CHAMS' YAKORANYE NA HARMONIZE
