Ibi
birori ngarukamwaka bigamije gukusanya inkunga igenewe ‘Metropolitan Museum of
Art Costume Institute’, byabaye umwanya wihariye ku byamamare n’abanyamideli wo
kugaragaza ibihangano byabo mu buryo buhambaye kandi butangaje.
Uyu
mwaka watangiye mu buryo budasanzwe, aho umuhanzi wo ku rubyiniro rwa Broadway,
Joshua Henry, yafunguye itapi itukura aririmba indirimbo “I Wanna Dance With
Somebody” ari kumwe n’itsinda ry’abacuranzi n’ababyinnyi, ku ntambwe zizwi
cyane z’iyi nyubako zari zateguwe mu buryo bw’ubusitani bwiza.
Abari
bayoboye ibi birori (co-chairs) harimo Beyoncé, Nicole Kidman, Venus Williams
ndetse na Anna Wintour, bose bakaba baragize uruhare mu gutuma uyu mwaka
urushaho kuba uwihariye.
Ku
itapi itukura hagaragaye ibyamamare byinshi birimo Naomi Osaka, Angela Bassett,
Madonna na Sabrina Carpenter, buri wese agaragaza imyambarire itangaje. Hari
n’abatari kumenyekana byoroshye kubera uko bitabiriye bajyanishije n’insanganyamatsiko,
barimo Bad Bunny, Heidi Klum na Katy Perry.
Nyuma
y’imyaka 10 adakandagira muri ibi birori, Beyoncé yagarutse mu buryo
bwavugishije benshi, yambaye umwambaro wakozwe n’umunyamideli w’Umufaransa
Olivier Rousteing.
Uyu
mwambaro wari ufite igishushanyo cy’amagufa (skeleton) cyarimbishijwe cyane,
wongeraho n’umwenda munini w’amababa watumye agaragara nk’uwambaye igihangano
cyihariye.
Mu
kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, yavuze ko yishimiye kongera kwitabira ibi
birori, cyane ko yari kumwe n’umugabo we Jay-Z n’umukobwa wabo Blue Ivy Carter
ufite imyaka 14, akaba ari umwe mu bitabiriye bakiri bato cyane, kuko ubusanzwe
abitabira baba bagomba kuba bafite nibura imyaka 18.
Nk’uko
bisanzwe bigenda, Rihanna n’umukunzi we A$AP Rocky banyuze ku itapi itukura nyuma
y’abandi bose. Rihanna yari yambaye umwambaro wa Maison Margiela wakozwe na
Glenn Martens, wari wuzuyeho imitako myinshi itangaje.
Ku
ruhande rwa A$AP Rocky, yari yambaye imyambaro ya Chanel igizwe n’ikoti
ry’iroza rifite udukomo tw’umukara, ibintu byamuhaye isura yihariye.
Umuhanzi
Bad Bunny nawe yitabiriye mu buryo bwatunguranye, aho yisize ibirungo by’ubwiza
“make-up” imuhindura nk’umusaza, ariko ukigaragaza ubushongore n’uburyo yihariye
mu myambarire.
Muri
rusange, Met Gala 2026 yongeye kwerekana ko ari urubuga rukomeye ruhuza
imyidagaduro n’imideli, aho ibyamamare bitajya bihurira gusa ku kugaragara
neza, ahubwo no ku kugaragaza ubuhanzi n’ubutumwa bunyura mu myambarire yabo.

Beyoncé
agarutse muri Met Gala 2026 nyuma y’imyaka 10, yaserutse ari kumwe na Jay-Z n’umukobwa
wabo Blue Ivy Carter

Rihanna
yongeye kwerekana ko ari umwamikazi w’imideli atambuka bwa nyuma ku itapi itukura ya Met Gala 2026 mu mwambaro
w’akataraboneka
A$AP
Rocky yaserutse mu buryo bwihariye, ashimangira ko nawe ari umwe mu bagabo
bayoboye imyambarire ku rwego mpuzamahanga




Beyoncé, umugabo we n'umwana bongeye guhurira ku rubyiniro rw’imideli, bakora ibisa n’ihangana ry’udushya twavugishije benshi


Ku nshuro nk’iya kera, Rihanna na A$AP Rocky ni bo basoje Met Gala 2026, basiga benshi bagikomeza kubaganiraho






















