Beyoncé na Jay-Z basubitse umugambi wo kwimukira mu Bwongereza

Imyidagaduro - 26/02/2026 9:42 AM
Share:

Umwanditsi:

Beyoncé na Jay-Z basubitse umugambi wo kwimukira mu Bwongereza

Icyamamare mu muziki Beyoncé n'umugabo we Jay-Z biravugwa ko basubitse umugambi bari bafite wo kwimukira mu cyaro cyo mu Bwongereza, nyuma yo kuvumbura ko ubutaka bari baguze bushobora kwibasirwa n’imyuzure.

Beyoncé w’imyaka 44, yari aherutse kuvugwa mu itangazamakuru ko yifuza kubaka inzu nshya mu gace ka Cotswolds, bakayimukiramo hamwe n’umugabo we Jay-Z w’imyaka 56, ndetse n’abana babo barimo Blue Ivy w’imyaka 14 n’impanga zabo z’imyaka umunani.

Icyakora, amakuru mashya aravuga ko uyu muririmbyi wamenyekanye cyane mu ndirimbo “Irreplaceable” yahagaritse uwo mugambi nyuma yo kumenya ko ubutaka bwari bufite ubuso bwa hegitari 58, bufite agaciro ka miliyoni 7.5 z’ama-Pound, bushobora kwibasirwa n’imyuzure. Kuri ubwo butaka hari haratanzwe uburenganzira bwo kubakaho inzu nini y’ibyumba birindwi.

Umwe mu batanze amakuru yagize ati: “Inkuru y’uko Beyoncé na Jay-Z bagiye kugura ubu butaka yari igezweho cyane muri Cotswolds. Abaturage benshi bari bishimiye ko bagiye kuhatura.”

Yakomeje avuga ko uwo mugambi usa n’uwapfubye, kuko ubutaka bari bakunze na bwo butigeze bugurishwa, ahubwo ubu burimo gutunganywa n’abandi bantu. Yongeyeho ko kuba ari ahantu hashobora kwibasirwa n’imyuzure, cyane cyane mu gihe imvura igwa cyane, byagize uruhare rukomeye mu guhagarika uwo mugambi.

Ikinyamakuru Daily Mail cyavuze ko cyagerageje kuvugisha abahagarariye abo bombi ariko ntihagira igisubizo gitangwa.

Mu mwaka ushize, hari amakuru yavugaga ko aba bombi batekerezaga kwimukira mu Bwongereza nyuma y’inkongi z’umuriro zibasiye Los Angeles muri Amerika. Byanavuzwe ko Beyoncé na Jay-Z bifashishije kajugujugu, bajya gusura ubwo butaka hagati y’ibitaramo Beyoncé yakoreraga i London.

Amakuru yatangajwe n’ikinyamakuru The Oxford Mail yavugaga ko ubwo butaka buherereye hafi y’inshuti zabo Ellen DeGeneres na Portia de Rossi, ndetse bukaba bunegereye n’ibindi byamamare nka Simon Cowell n’umuryango wa Beckham.

Hagati aho, Ellen DeGeneres n’umugore we Portia de Rossi bagaragaye bwa mbere mu rugo rwabo rushya rwa miliyoni 27.4 z’amadolari muri Montecito, muri California, nubwo na bo baherutse kwimukira mu Bwongereza mu 2024.

Urugo rwabo rwo muri Cotswolds rwashyizwe ku isoko ku giciro cya miliyoni 22.5 z’ama-Pound nyuma yo kwibasirwa n’imyuzure yatewe na Storm Bert.

Ellen, umaze imyaka myinshi ari icyamamare kuri televiziyo, yigeze kuvuga ko ubuzima bwo mu Bwongereza bumushimisha cyane, ashimangira ko ari ahantu heza cyane, hasukuye kandi abaturage bakagira urugwiro.

Yagize ati: “Biratangaje cyane. Imidugudu, inyubako, n’imibereho byose birimo uburanga budasanzwe. Ubuzima buroroshye kandi abantu bagira ikinyabupfura. Nkunda kuba hano.”

Nubwo Beyoncé na Jay-Z basubitse umugambi wabo wo kujya gutura mu Bwongereza, haracyari amatsiko ku hazaza h’aho aba bombi bazahitamo gutura mu gihe kiri imbere.

Amakuru arahamya ko Beyoncé na Jay-Z basubitse umugambi wo kwimukira mu Bwongereza

Ubutaka bari babengutse bukunze kwibasirwa n'umwuzure mu bihe by'imvura nyinshi

Beyonce n'umugabo we Jay Z ni abaherwe batunze arenga Miliyari 1.5 y'amayero

Jay Z na Beyonce bari bagiye kuba abaturanyi ba Ellen DeGeneres na Portia de Rossi


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...