Si
aba gusa, kuko abahanzi bakomoka muri Afurika ndetse n’abafite inkomoko muri
Nigeria bagaragaye ku rutonde muri ibi bihembo bikomeye bihesha icyubahiro
umuco n’impano z’Abirabura ku Isi, aho amazina nka Wizkid, Burna Boy, Tyla, Asake
na Tems yongeye kugaragara mu bahatanira ibihembo bikomeye.
Gutangaza
abahataniye BET Awards 2026 byakozwe kuri uyu wa Kabiri, aho byagaragaye ko
Tems ari umwe mu banyafurika bafite amahirwe menshi, nyuma yo guhatana mu
byiciro bitatu birimo icya “Best Female R&B/Pop Artist”, “BET Her Award”
ndetse na “Viewers’ Choice Award” abikesha indirimbo “Raindance” yakoranye na
Dave.
Ku
rundi ruhande, Wizkid na Asake bahuriye mu cyiciro cya “Best Group”, nyuma
y’imikoranire yabo yakunzwe ndetse n’indirimbo zakomeje kwitwara neza ku mbuga
zicururizwaho umuziki.
Burna
Boy we yahatanye mu cyiciro cya “Best Collaboration” abikesha indirimbo “WGFT”
yakoranye na Gunna.
Si
umuziki gusa wahesheje icyubahiro abanyafurika n’abafite inkomoko muri Nigeria,
kuko no muri sinema amazina yabo yongeye kugaragara. Ayo Edebiri na Cynthia
Erivo bahatanye mu cyiciro cya “Best Actress”, mu gihe Damson Idris yahatanye
mu cya “Best Actor”.
Ibi
byerekana uburyo abakomoka muri Afurika bakomeje kugira ijambo rikomeye muri
sinema n’imyidagaduro mpuzamahanga, cyane cyane muri Hollywood.
Mu
bandi bahanzi bahataniye ibihembo byinshi harimo Doechii, Doja Cat, Latto,
Teyana Taylor na Olivia Dean bahataniye ibihembo bine buri umwe.
Umuhanzikazi
wo muri Afurika y’Epfo Tyla nawe yongeye kwigaragaza muri BET Awards aho
ahataniye mu byiciro birimo “Best Female R&B Artist” na “Best Afrobeats
Artist”, aho ahatanye na Wizkid, Burna Boy, Rema ndetse na MOLIY.
Uyu
mwaka kandi hiyongereyemo ibyiciro bishya birimo “Fashion Vanguard Award”
ndetse na “Pulse Award”, bigamije guhemba abigaragaza mu myambarire, imbuga
nkoranyambaga n’umuco wa ‘Pop.
Ibirori
byo gutanga ibi bihembo bya BET Awards 2026 biteganyijwe kuba ku wa 28 Kamena
2026 i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bikazayoborwa
n’umunyarwenya Druski.


Tyla akomeje kugaragaza imbaraga za Afurika muri BET Awards 2026, ahatana mu byiciro bikomeye by’umwaka

Burna Boy akomeje kuba umwe mu bihangange bya Afurika ku ruhando mpuzamahanga, ahatanye muri BET Awards 2026

Tems
yongeye kwigaragaza muri BET Awards 2026, ashimangira urwego rwe mu muziki
mpuzamahanga no muri R&B/Pop
