Bensoul yavuye i Kigali ahuje imbaraga na Element Eleéeh

Imyidagaduro - 29/09/2025 8:01 AM
Share:

Umwanditsi:

Bensoul yavuye i Kigali ahuje imbaraga na Element Eleéeh

Umuririmbyi w’umunya-Kenya uri mu bagezweho muri iki gihe, Benson Mutua [Bensoul] yavuye i Kigali nyuma yo gukorana indirimbo na Element Eleéeh, mu gihe yari amaze umunsi umwe ahataramiye mu gitaramo cyari cyagenewe guherekeza Shampiyona y’Isi y’Amagare yabereye mu Rwanda ku nshuro ya mbere.

Bensoul wamamaye mu ndirimbo nka 'Extravaganza' yakoranye na Sauti Sol, yasubiye mu gihugu cya Kenya mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 28 Nzeri 2025, ahagana saa tanu z’ijoro.

Uyu muhanzi asanzwe ari inshuti ya hafi ya Element Eleéeh, kuko kenshi bahurira i Nairobi bagakorana umuziki. Element, yabwiye InyaRwanda ko bamaze gukorana indirimbo, ariko bazayinononsora kugira ngo isohoke iri ku rwego rwo hejuru.

Yagize ati: “Bombi ni inshuti. Nyuma y’igitaramo, Bensoul yahuye na Element muri ‘studio’ ya Eleeesphere baraganira banakorana indirimbo. Birashoboka ko Element azajya muri Kenya kurangiza iyi ndirimbo cyangwa Bensoul akagaruka i Kigali kugira ngo bayirangize.”

Bensoul si ubwa mbere afatanya n’abahanzi bo mu Rwanda. Afite indirimbo yahuriyemo na Alyn Sano bise Chop Chop, ndetse bayiririmbanye ku rubyiniro mu gitaramo cyabaye ku wa 27 Nzeri 2025 muri Kigali Universe. Kuri album ye The Party & The After Party, uyu muhanzi yanakoranye n’abandi bahanzi barimo The Ben na Ariel Wayz.

Igitaramo cyamuzanye i Kigali cyiswe ‘World Champs Night Life’, cyaranzwe n’imbyino n’umuziki utandukanye. Cyanaririmbyemo abahanzi nka Nviiri the Storyteller, Kid from Kigali, Shemi, Angell Mutoni, Alyn Sano na Bushali.

Cyitabiriwe n’abahanzi n’abandi batari bacye bazwi mu myidagaduro nyarwanda barimo Bruce The 1st, Kivumbi King, Kenny K Shot, Jule Sentore, Bahali Ruth, ndetse cyitabirwa n’Ambasaderi wa Kenya mu Rwanda, Nyakubahwa Janet Mwawasi Oben.

Bensoul ni umwe mu bahanzi bagezweho muri Kenya no mu karere, uzwi cyane kubera ijwi rye ridasanzwe n’ubuhanga mu kwandika indirimbo.

Yamenyekanye cyane ubwo yakoranaga n’itsinda Sauti Sol mu ndirimbo Extravaganza, yahise imwinjiza mu ruhando rw’abahanzi bakomeye muri Afurika y’Uburasirazuba.

Uretse kuririmba, Bensoul azwi nk’umwanditsi w’indirimbo wagiye afasha abandi bahanzi b’ibyamamare. Mu rugendo rwe, yakoranye na benshi barimo The Ben, Ariel Wayz, Alyn Sano n’abandi, bigaragaza uburyo umuziki we urenga imbibi.

Album ye The Party & The After Party yatumye arushaho kumenyekana, igaragaza impano ye mu guhuza injyana zitandukanye.

Indirimbo 'Chop Chop' yakoranye na Alyn Sano, kimwe n’indi mishinga yo gukorana na Producer Element, ni ikimenyetso cy’uko Bensoul ari kugenda yubaka umubano ukomeye n’injyana nyarwanda.

Uyu muhanzi wicisha bugufi ariko ugaragara nk’ufite ejo hazaza hanini, akomeje kureshya abakunzi b’umuziki mu karere no hanze yako binyuze mu mishinga ye.

Element na Bensoul basanzwe bafitanye umubano wihariye, wagejeje ku ikorwa ry’indirimbo yabo bwite

Bensoul ari kumwe na Producer Element Eleéeh muri ‘studio’ aho bakoranye indirimbo bazasonononsora mu gihe kiri imbere

 
Muri iki gihe, Element Eleéeh ari kwitegura gusohora indirimbo ye nshya yitwa ‘Maaso’ 

Bensoul yahuje imbaraga na Alyn Sano baririmbana indirimbo ‘Chop Chop’ bakoranye

Ambasaderi wa Kenya mu Rwanda, Janet Mwawasi Oben yitabiriye igitaramo cyabereye muri Kigali Universe, aha yari kumwe na Coach Gael

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘TOMBE’ YA ELEMENT


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...