Ni
gitaramo “The Spirit of Revival 2025” cyabaye kuri iki Cyumweru i Gikondo ahasanzwe
habera imurikagurisha “Expo” kikaba cyarateguwe na Korali Shiloh ikorera
umurimo w’Imana mu Ururembo rwa Muhoza, Paruwasi ya Muhoza, ku itorero rya
Muhoza;
Ni
igitaramo cya mbere iyi korali yari iteguriye mu mujyi wa Kigali akaba ari
igitaramo cya karindwi cya “The Spirit of Revival” iyi korali yari iteguye cyane
ko ari igitaramo ngarukamwaka.
Nk’uko
byari byitezwe ndetse abantu benshi bari barararikiwe iki gitaramo, kuva mu
masaha ya saa munani abakirisitu benshi berekezaga i Gikondo dore ko byageze
saa cyenda hamaze kuzura abandi bakurikiranira iki gitaramo hanze y’aho cyarimo
kibera.
Ntora
Worship Team niyo yabimburiye abandi gutarama muri iki gitaramo bakurikirwa na
Korali Shalom yo muri ADEPR Nyarugenge nayo yanyuze ndetse ishimisha benshi mu
bari bitabiriye iki gitaramo.
Nyuma
ya Korali Shalom, ibyishimo byari byose hakirwa korali Shiloh yabimburiwe n’abaririmbyi
10 gusa hanyuma baririmba Halleluya my minota itanu kugeza abandi bose bageze ku ruhimbi.
Bahise
binjirira mu ndirimbo “Umusaraba”, bakurikizaho “Ntukazime”, bataka indimi z’amahanga
mu ndirimbo “Mathew 28” bakomereza ku ndirimbo “All measure” n’izindi ndirimbo
zitandukanye.
Ibintu
byakomeje kuryoha cyane ubwo iyi korali yagarukaga ku rubyiniro nyuma y’ijambo
ry’Imana ryagabuwe n’Umushumba Mukuru w’itorero rya ADEPR, Rev Isaie Ndayizeye hanyuma
baririmba indirimbo zirimo “Inuma zaho ziraguguza numva” ndetse na “Nkuko
imisozi” ya Hosiana Nyarugenge.
Umuramyi
Prosper Nkomezi nawe wari uri mu bategerejwe muri iki gitaramo yaje akomereza
mu mwuka wo kuramya no guhimbaza Imana abantu bose bari bamaze kujyamo aririmba
indirimbo ze zitandukanye zamamaye zirimo ‘Warakoze’ n’izindi.
Amwe
mu masomo izindi korali zakwigira kuri Shiloh Choir n’ibyo abitabiriye igitaramo
bashimye
Muri
macye, Korali Shiloh yagaragaje ubuhanga mu kwandika no kuririmba mu majwi yose
kandi neza biha umukoro ukomeye andi makorali gushaka abahanga bazi umuziki bakabigisha
kuririmba mu majwi yose.
Bamwe
mu bitabiriye iki gitaramo bavugaga ko ikigero cyo kuririmba neza mu majwi yose
iyi Korali yaba iri ku rwego rwa Chorale de Kigali imwe muri Korali zubashywe
mu Rwanda kubera ubuhanga bwayo mu kuririmba.
Ikindi
kintu cyagaragaye cyane n’ubwo kibera inyuma y’amarido, ni ugushyira hamwe nka
korali no gukunda umurimo w’Imana kuko hari amwe mu masura y’abagize iyi korali
basanzwe batuye ndetse bakorera mu mujyi wa Kigali ariko ntibibabuza kwitabira
ibikorwa bya Korali.
Umwe
mu banyamahanga wari uri aho iki gitaramo cyabereye yumvishe amajwi y’iyi
korali irangurura aza abaza igihugu iyo korali ikomokamo bamubwira ko ari iyo
mu karere ka Musanze. Uwo mushyitsi yari yatunguwe n’uburyo Korali Shiloh iri
kuririmba mu Cyongereza cyiza cyane.
Korali
Shiloh ifite intego y’uko mu myaka itanu izaba ari korali iri ku rwego
mpuzamahanga, yishyuriye abanyeshuri 13 amafaranga y’ishuri y’umwaka wose avuye
mu bushobozi bwabo kuko ivugabutumwa ryabo rijyana n’ibikorwa.
Iki
gitaramo ngarukamwaka cya “The Spirit of Revival” ni ubwa mbere kibereye hanze y’akarere
ka Musanze kikaba kizagenda kibera hirya no hino mu bice bitandukanye by’Igihugu
kugeza ubwo iyi Korali izagura ibikorwa byayo ikajya ijya kuvuga ubutumwa hanze
y’Igihugu.
Ahabereye iki gitaramo hari hakubise huzuye
Jessica Mucyowera yitabiriye igitaramo "The Spirit Revival 2025" aboneraho umwanya wo gutumira abantu mu gitaramo cye kizaba k wa 02/11/2025
Rev Isaie niwe wavuze ijambo ry'Imana mu gitaramo "The Spirit Revival 2025"
Umuhanzi Prpser Nkomezi nawe yataramye muri iki gitaramo
Korali Shiloh yanditse amateka mashya muri kigali binyuze mu gitaramo "The Spirit Revival 2025"