Ben Nganji yahishuye ibyadindije ibitaramo bye na 'Papa Sava' na Nkusi Arthur – VIDEO

Imyidagaduro - 16/10/2025 6:46 AM
Share:

Umwanditsi:

Ben Nganji yahishuye ibyadindije ibitaramo bye na 'Papa Sava' na Nkusi Arthur – VIDEO

Umuhanzi, umunyarwenya n’umukinnyi wa filime Ben Nganji yahishuye impamvu zatumye umushinga w’ibitaramo we na Niyitegeka Gratien uzwi nka Papa Sava ndetse na Nkusi Arthur udakomereza aho wari ugeze, nyuma yo gutangira kugaragaza icyizere gikomeye mu myidagaduro nyarwanda.

Mu kiganiro kirambuye yagiranye na InyaRwanda, Ben Nganji yavuze ko we na bagenzi be bari bafite igitekerezo cyo gukora umushinga bafatanyije igikorwa cyari kuganisha ku bitaramo n’ibihangano bahuriyemo ariko byose bikadindizwa n’“ikibazo cy’igihe”.

Yagize ati “Hari igihe njyewe na 'Papa Sava' ndetse na Arthur Nkusi twashatse kugira icyo dukora (duhuriyeho) ariko tugashaka gukora ikintu duhuriyeho tudahuje umwanya wacu. Mu bitekerezo twese twarabyumvaga, ariko ikibazo cyabaye umwanya."

Ben Nganji yavuze ko icyo gitekerezo bagitekereje ubwo Niyitegeka Gratien atari yagafashe icyemezo cyo gutangira filime ye ‘Papa Sava’, ashimangira ko iyo umushinga wabo uza gukomeza ushobora kuba warabaye “ikintu kinini cyane”.

Ati “Niyitegeka yari atarafata icyemezo cyo gutangira filime ye 'Papa Sava' ariko birashoboka ko twari gukora ikintu turi kumwe kikaba kinini cyane kurushaho."

Ben Nganji yavuze ko ubwo bari mu rugendo rwo gutekereza kuri uwo mushinga, bakoze ibitaramo bibiri byabereye i Huye n’ahasanzwe habera Expo i Gikondo, kandi abantu barabyitabiriye cyane.

Ati "Twaranabigerageje abantu baza no kubikunda, ariko ntitwari duhuje. Urumva nkanjye nari ndi kumwe n'abasore, njyewe ndi umuntu w'umugabo wubatse. Urumva niba tuvuze ngo reka tujye i Huye turareyo dukore igitaramo hari igihe ubona bitashoboka."

Nubwo bari bamaze gutangira gukora ibitaramo, Ben Nganji yavuze ko batigeze bagera ku rwego rwo gukora igihangano bahuriyemo. Ati "Ntitwari twagakoze igihangano twembi [...] Ibyo byaratunaniye, ariko Papa Sava we ahita atangira ibye kandi birakunda."

Nyuma yo kubona ko guhuza na bagenzi be bigoye, Ben Nganji yahisemo gushyira imbaraga mu bikorwa bye bwite, ashimangira ko atigeze ahagarika gukora bitewe n’uko inganzo ye yakamye, ahubwo ko ikibazo cyabaye “kubura umwanya”.

Uyu munyabigwi mu rwenya no mu muziki yavuze ko gukorana n’abo bahanzi bombi byari kumufasha kwagura ibikorwa bye no gushyira hamwe imbaraga z’abanyempano batatu bakomeye mu Rwanda, ariko ashimangira ko buri wese yakomeje inzira ye mu buryo butandukanye, kandi bose bakomeje gutera imbere mu bikorwa byabo.


Ben Nganji yahishuye ko umwanya ari wo wabangamiye umushinga we na Papa Sava na Arthur Nkusi, nubwo bose bari bafite icyerekezo kimwe mu myidagaduro 

Niyitegeka Gratien ‘Papa Sava’ yari ataratangira filime ye izwi cyane mu Rwanda ubwo we na Ben Nganji na Nkusi Arthur batekerezaga gukorana umushinga 


Nkusi Arthur, umunyarwenya n’umunyamakuru ukomeye yari mu bagize uruhare mu gitekerezo cy’ibitaramo byari guhuza ingufu z’abanyarwenya batatu bakomeye

 

Ibitaramo bya Ben Nganji, Papa Sava na Arthur Nkusi byabereye i Huye no muri Expo i Gikondo mu myaka umunani ishize, bigaragaza ko umushinga wabo wari ufite ejo heza

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA BEN NGANJI WAMAMAYE MU BIHANGANO 'INKIRIGITO'


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...