Ben na Chance bahishuye uburyo urupfu rw’imfura yabo rwabaye imvano yo kuvuga Imana mu ndirimbo zabo

Iyobokamana - 13/03/2026 8:15 AM
Share:

Umwanditsi:

Ben na Chance bahishuye uburyo urupfu rw’imfura yabo rwabaye imvano yo kuvuga Imana mu ndirimbo zabo

Itsinda ry’abaririmbyi baramya bakanahimbaza Imana, Pastor Benjamin Serugo na Mbanza Chance, bazwi nka Ben na Chance, ryatangaje ko hari indirimbo enye banditse zishingiye ku rugendo bagiranye n’Imana nyuma y’igihe gikomeye banyuzemo cyo kubura umwana wabo w’imfura.

Aba bombi babigarutseho mu ijoro ryo ku wa Kane tariki ya 12 Werurwe 2026, ubwo bari bitabiriye igitaramo cya Gen-Z Comedy cyabereye muri Camp Kigali, aho bari batumiwe bwa mbere mu gice cyiswe “Meet Me Tonight”, baganiriza abitabiriye iki gitaramo ku rugendo rwabo mu buzima no mu muziki.

Ben na Chance, muri iyi minsi bari mu myiteguro y’igitaramo kinini bateganya gukorera muri BK Arena tariki ya 5 Mata 2026, kizaba kigamije kwizihiza Umunsi wa Pasika.

Ni itsinda rimaze kumenyekana cyane mu Rwanda no mu bindi bihugu, binyuze mu ndirimbo zabo zo kuramya no guhimbaza Imana zirimo “Yesu Arakora”, “Zaburi Yanjye”, “Amarira”, “Impano y’Ubuzima” n’izindi zakunzwe n’abatari bake.

Ben yasobanuye ko mu kwandika indirimbo bakunda gushingira ku bihe banyuramo mu buzima, agaragaza ko zimwe mu ndirimbo zabo zishingiye ku mateka y’abana babo.

Yavuze ko mu 2015 babonye umugisha wo kwibaruka umwana wabo w’imfura, ariko nyuma y’igihe gito cyane yitaba Imana afite amezi agera kuri atanu.

Ati: “Twagize umugisha muri 2015 turibaruka, ariko hashize amezi atari menshi umwana wacu yitaba Imana. Muri ibyo bihe by’umubabaro nahise numva indirimbo mu mutima wanjye, ari yo yaje kwitwa ‘Ugushikamijeho Umutima’.”

Ben yavuze ko icyo gihe banyuze mu bihe bikomeye, birimo amagambo atari meza umugore we yabwirwaga n’abantu batandukanye, cyane cyane mu gihe bari bagitegereje ko Imana ibaha undi mwana.

Nyuma y’icyo gihe cy’igeragezwa, Ben yavuze ko Imana yongeye kubagirira neza ibaha undi mwana, ari na bwo bahimbye indirimbo “Yesu Arakora”, igaragaza ko kwizera kwabo kutigeze guhungabana.

Yakomeje avuga ko ubwo bibarukaga umwana wa kabiri, ari bwo bakoze indirimbo “Mu Nda y’Ingumba”, yasohotse ku wa 3 Werurwe 2023, igaragaza uburyo bumvaga imbabazi n’ubuntu bw’Imana mu buzima bwabo.

Ben yavuze ko n’igihe bibarukaga umwana wa gatatu, byabaye impamvu yo gukora indirimbo “Zaburi Nshya”, yasohotse ku wa 26 Mutarama 2024, igamije gushimira Imana ku bw’ibyiza yakomeje kubagirira.

Yongeyeho ko bafite indi ndirimbo ya kane bateganya gushyira hanze mu gihe kiri imbere, izaba yeguriwe umwana wabo wa kane. Ati: “Dufite n’indi ndirimbo ya kane izaba yeguriwe umwana wacu w’umuhungu. Twifuza ko buri mwana wacu azajya yumva ko hari indirimbo twamukoreye.”

Ben yavuze ko izi ndirimbo zose zaturutse mu rugendo rwabo bwite banyuzemo, anongeraho ko mu gihe Imana yazongera kubaha undi mwana na bwo biteguye kongera kwandika indi ndirimbo.

Nubwo hari indirimbo zishingiye ku bana babo, Ben yavuze ko imbarutso zo kwandika indirimbo ziba zitandukanye, zirimo ibihe umuntu anyuramo, inyigisho z’abagabutumwa ndetse n’ibindi bibazo abantu bahura na byo mu buzima bwa buri munsi.

Ben Chance batangiye gukorana umuziki mu 2012 nyuma yo kuririmbana muri Alarm Ministries, mbere yo gushyingiranwa mu 2014, bakomeza urugendo rwabo rwo gukorera Imana binyuze mu muziki.

Ben na Chance bavuze ko urupfu rw’umwana wabo w’imfura rwabaye imbarutso yo kwandika indirimbo zirimo ‘Ugushikamijeho Umutima’ 


Benjamin Serugo yatangaje ko indirimbo ‘Yesu Arakora’ bayanditse nyuma y’uko Imana yongeye kubaha umwana nyuma y’igihe gikomeye banyuzemo

Indirimbo ‘Mu Nda y’Ingumba’ na ‘Zaburi Nshya’ zishingiye ku byishimo bagize nyuma yo kongera kubona abana, nk’uko Ben & Chance babivuze

Ben na Chance bahishuye ko buri mwana wabo bafite yagenewe indirimbo, ndetse ko hari iya kane iri mu myiteguro bagiye gukora

Ben na Chance batangaje ko indirimbo zabo nyinshi zituruka ku buzima bwabo bwite n’ibyo banyuramo mu rugendo rwabo n’Imana -Aha baganiraga na Fally Merci utegura ibitaramo bya Gen- Z Comedy 

Ben yatangaje ko umunyamakuru wa RBA, Ingabire Egidie Bibio [Uri iburyo] ari umwe mu bafashije kwinjira mu muziki, ubwo yamwigishaga kuririmba

Umuyobozi wa RMC, wanashinze ikinyamakuru Mama Urwagasabo ari kumwe na Ingabire Egidie Bibio bagiriye ibihe byiza muri Gen-Z Comedy

Umuhanzikazi Munganyika Alouette wamamaye mu ndirimbo gakondo, yataramiye abitabiriye Gen-Z Comedy

Aba baramyi bombi bategerejwe mu gitaramo “Easter Jubilee Music Gathering” kizabera muri BK Arena tariki ya 5 Mata 2026

Abitabiriye Gen Z Comedy banyuzwe cyane n'umuziki wa Ben na Chance

KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘ZABURI NSHYA’ YA BEN NA CHANCE



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...