Ben Adolphe yasezeranye n’umukunzi we mu birori byabereye muri Canada – AMAFOTO

Imyidagaduro - 15/03/2026 10:02 AM
Share:

Umwanditsi:

Ben Adolphe yasezeranye n’umukunzi we mu birori byabereye muri Canada – AMAFOTO

Umuhanzi nyarwanda Ben Adolphe wamamaye mu ndirimbo zirimo “Aba Ex” yakoranye na Platini P, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Jolie Queen mu muhango wabereye muri Canada, aho basanzwe baba.

Uyu muhango wabaye mu rwego rwo gushimangira urukundo rwabo nyuma y’imyaka ibiri bakundana, biyemeza kubana nk’umugabo n’umugore byemewe n’amategeko.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Ben Adolphe yavuze ko uyu muhango wabereye muri Canada witabiriwe n’inshuti n’imiryango y’impande zombi.

Ati: “Twasezeranye imbere y’amategeko y’Igihugu cya Canada, ari naho umuhango wabereye. Ni umuhango witabiriwe n’inshuti n’imiryango ku ruhande rwanjye ndetse n’inshuti n’imiryango ku ruhande rwe.”

Ben Adolphe yavuze ko we na Jolie Queen bari bamaze imyaka ibiri mu rukundo, ari na byo byabashishikarije gufata icyemezo cyo kwiyemeza kubana ubuzima bwose. Ati: “Navuga ko imyaka ibiri ishize turi mu munyenga w’urukundo.”

Uyu muhanzi amaze igihe yimukiye muri Canada, aho atuye mu buryo buhoraho. Nubwo atakigaragara cyane mu bikorwa bya muzika nk’uko byahoze, yakomeje kugirana imikoranire n’abahanzi batandukanye, aho hari abo yagiye afasha mu bijyanye n’umuziki.

Mu bihe byashize, Ben Adolphe yamenyekanye mu ndirimbo zitandukanye zirimo “Rimwe”, “Bella”, “Nkawe”, “Jiji” yakoranye na Papa Cyangwe, “Nirurerure”, “Wowe” na “Take My Hand.”

Indirimbo “Bella” ni yo aheruka gushyira hanze mu 2022.

Ben Adolphe ni umwe mu bahanzi bagize uruhare rukomeye mu kumenyekanisha umuziki wo mu Karere ka Rubavu, aho yawugejeje ku rwego rwo kumvikana mu Mujyi wa Kigali ndetse ukarenga n’imipaka y’u Rwanda.

Uyu muhanzi yakunze kugaragaza ko kuba umuhanzi akorera umuziki hanze ya Kigali bitagakwiye gutuma yirengagizwa, ahubwo ko impano igomba guhabwa agaciro aho yaba ikomoka hose.


Ben Adolphe yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Jolie Queen mu muhango wabereye muri Canada

Ben Adolphe n’umukunzi we Jolie Queen bamaze imyaka ibiri bakundana mbere yo gufata icyemezo cyo kubana nk’umugabo n’umugore

Inshuti n’imiryango ya Ben Adolphe na Jolie Queen bitabiriye umuhango wabo wo gusezerana wabereye muri Canada

Umuhanzi Ben Adolphe n’umugore we Jolie Queen bishimira intambwe nshya mu rukundo rwabo

Ben Adolphe yavuze ko urukundo rwe na Jolie Queen rumaze imyaka ibiri mu munyenga

Ben Adolphe wamamaye mu ndirimbo ‘Aba Ex’ yasezeranye n’umukunzi we Jolie Queen

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'BELLA' YA BEN ADOLPHE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...