Bebe Cool yemeje ko yakoresheje ‘liposuction’ mu kugabanya inda n’umuvuduko ukabije w’amaraso

Imyidagaduro - 21/07/2025 12:42 PM
Share:

Umwanditsi:

Bebe Cool yemeje ko yakoresheje ‘liposuction’ mu kugabanya inda n’umuvuduko ukabije w’amaraso

Umuhanzi w’inararibonye wo muri Uganda, Bebe Cool, yahishuye ko yakoresheje igikorwa cy’ubuvuzi kizwi nka ‘liposuction’, kigamije kugabanya ibinure byinshi yari afite ku nda, nyuma yo guhura n’ibibazo bikomeye by’ubuzima byatewe n’ibyo binure.

Mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, Bebe Cool yavuze ko yifuje kugabanyisha ibinure byo ku nda nyuma yo kumenya ko umuvuduko w’amaraso we wari ugeze ku rwego rubi cyane, aho rimwe na rimwe wageraga ku gipimo cya 200, kikaba ari igipimo gishobora gushyira ubuzima bw’umuntu mu kaga gakomeye.

Yagize ati: “Nari mfite ikibazo cy’ubuzima, noneho mbwira muganga nti ‘n’ubundi turi mu buvuzi, ushobora no gukuraho biriya binure.’”

Yakomeje asobanura ko yari amaze igihe afite ibinure byinshi ku gice cy’inda, byari ibintu avuga ko byari byaratangiye kumugiraho ingaruka zitari izigaragara gusa, ahubwo zifitanye isano no guhungabana k’umubiri wose, cyane cyane ku bijyanye n’imikorere y’amaraso.

Ati: “Nari maze kugira inda nini cyane, bituma mfata icyemezo cyo gukora igikorwa cyoroshye cy’ubuvuzi cyo kuyigabanya, kugira ngo nongere kugira inda isanzwe.”

Uyu muhanzi wamenyekanye mu ndirimbo nka “Love You Everyday”, yavuze ko nubwo hari abashobora gutekereza ko iki gikorwa cyari kigamije gusa kugira igihagararo cyiza, we yari ahangayikishijwe ahanini no gusubiza ubuzima bwe ku murongo no gukumira ingaruka zikomeye z’umuvuduko ukabije w’amaraso.

Bebe Cool yatangaje ko yibagishije inda kugira ngo arengere ubuzima bwe


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...