Bebe Cool si uwa mbere: Ibyamamare 10 byaguye mu mutego w’ubushukanyi bikabimenya byaratinze

Imyidagaduro - 19/06/2026 7:40 AM
Share:

Umwanditsi:

Bebe Cool si uwa mbere: Ibyamamare 10 byaguye mu mutego w’ubushukanyi bikabimenya byaratinze

Mu gihe umuririmbyi wo muri Uganda, Bebe Cool, yari akomeje gushyamirana na Miss Mutesi Jolly ku birego by'uburiganya bwo kuri internet, hari isomo rimwe rikomeye ibi bikorwa bikwiriye gusigira benshi: Nta muntu udashobora gushukwa.

Abantu benshi batekereza ko ubwamamare, amafaranga cyangwa kuba umuntu akunzwe n'imbaga biba bihagije kugira ngo wirinde abatekamutwe.

Nyamara amateka agaragaza ko abashukanyi (scammers) bagiye bashuka abanyapolitiki, abahanzi, abanyamakuru n'abakinnyi ba filime bazwi ku Isi, bamwe bakabura amafaranga menshi, abandi bakangirika mu mutima no mu izina.

Kuri uyu wa Kane tariki 18 Kamena 2028, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), Muhoozi Kainerugaba, yinjiye mu kibazo kimaze iminsi kivugisha benshi hagati y’umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Bebe Cool, na Mutesi Jolly, amugira inama yo kureka gukomeza kugikemurira ku mbuga nkoranyambaga.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X, Bebe Cool yatangaje ko yakiriye telefoni ya Gen Muhoozi Kainerugaba, amusaba guhagarika gukomeza gutangaza ibirego arega Mutesi Jolly ku mugaragaro, ahubwo ikibazo kigashakirwa umuti mu bwumvikane.

Yagize ati: “Muri iki gitondo nakiriye telefoni ya mukuru wanjye, Gen Muhoozi Kainerugaba, ku bijyanye n’ikibazo cya Jolly. Nk’umukuru n’umuyobozi wanjye, yangiriye inama yo kubireka, ngasiba ubutumwa nari natangaje, maze ikibazo kigakemurwa mu bwumvikane kandi kure y’imbuga nkoranyambaga kuko twese turi umuryango kuri we kandi nta mpamvu yo guterana amagambo mu ruhame. Nishimiye inama ze kandi ndabyemeye.”

Si Bebe Cool gusa, kuko hari n’abandi mu byamamare byigeze kwemera ko byaguye mu mitego y'abatekamutwe.

1. Kevin Bacon na Kyra Sedgwick

Iki cyamamare cya Hollywood n'umugore we babuze igice kinini cy'umutungo wabo nyuma yo gushora amafaranga mu kigega cya Bernard Madoff wakoze imwe muri Ponzi Scheme zikomeye zabayeho mu mateka.

Baje gusanga amafaranga yabo yaribwe nyuma y'imyaka myinshi bizeye ko yashowe neza.

2. Andy Cohen

Umunyamakuru akaba na Producer w'ibiganiro bikunzwe muri Amerika yigeze kwemeza ko yahuye n’ubutekamutwe.

Yakiriye ubutumwa bwari bumeze nk'ubwo yoherejwe na banki ye, atanga amakuru ye y'ibanga, nyuma abashukanyi (scammers) bayakoresha bamwiba amafaranga.

3. Mickey Rooney

Uyu mukinnyi wa filime wamamaye muri Hollywood ntiyashutswe n'umuntu wo kuri internet ahubwo yashutswe n'abantu bo mu muryango we.

Yigeze kubwira Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika ko abantu bamwegereye bamwambuye amafaranga menshi n'imitungo yari yarakoreye ubuzima bwe bwose.

4. Sting

Umuririmbyi Sting na we yahuye n'ingaruka za ‘Ponzi Scheme’ ya Bernard Madoff.

Amafaranga yashoye muri uwo mushinga yaje kuburirwa irengero nyuma yo kuvumburwa ko bwari uburiganya bukomeye.

5. Steven Spielberg

Nubwo atigeze atakaza amafaranga menshi nka bamwe mu bandi, Spielberg yigeze kugwa mu mutego w'umutekamutwe wamwijeje inyungu zidasanzwe mu bucuruzi mbere yo kuvumbura ko ari uburiganya.

6. Sarah Ferguson

Uwahoze ari umugore wa Prince Andrew mu Bwami bw'u Bwongereza yigeze kugaragara mu bibazo by'uburiganya nyuma yo kwakira amafaranga y'umuntu wiyitaga umushoramari washakaga kubona uburyo bwo kugera ku muryango w'ibwami.

Ibyo byateje impaka zikomeye mu itangazamakuru.

7. Mary Wilson

Umwe mu bagize itsinda rya The Supremes yigeze gutakaza amafaranga menshi mu bwambuzi bwakozwe n'umujyanama mu by'imari yari yarizeye imyaka myinshi.

8. Elin Nordegren

Uwahoze ari umugore wa Tiger Woods yigeze gushorwa mu mushinga w'ishoramari waje kugaragara ko bwari uburiganya.

Byagaragaje ko abashukanyi (scammers) bakoresha icyizere cy'abakire n'ibyamamare kugira ngo babone amafaranga.

9. Peter Levy

Uyu munyamakuru wa BBC yigeze gutangaza ko yabuze hafi kimwe cya kabiri cy'ubwizigame bwe nyuma yo kwakira telefoni y'abantu biyitaga abashinzwe umutekano muri banki.

Nubwo yari asanzwe atangaza inkuru zivuga ku buriganya, yaje gusanga na we yabuguyemo.

10. Bebe Cool

Nubwo kugeza ubu hataramenyekana ukuri ku makimbirane ari hagati ye na Miss Mutesi Jolly, uyu muhanzi wo muri Uganda yemera ko yahuye n'umuntu yamaze igihe yizera kuri internet mbere yo gutangira gukeka ko yaba yarashutswe.

Ni inkuru ikomeje gukurikiranwa n'abatari bake muri Afurika y'Iburasirazuba, cyane cyane ko impande zombi zigaragaza ko zifite ibimenyetso kandi ziteguye kubisobanurira mu nkiko.

Ikigaragara ni uko ‘scammers’ batagendeye ku rwego rw'umuntu. Bashobora gushuka umukire nk'uko bashuka umukene, icyamamare nk'uko bashuka umuntu usanzwe.

Impamvu nyamukuru ni uko akenshi bakoresha amarangamutima, icyizere n'ibyifuzo by'umuntu kurusha gukoresha imbaraga cyangwa iterabwoba.

Ni yo mpamvu impuguke mu mutekano wo kuri internet zikomeza gusaba abantu kugenzura amakuru bahabwa, kutohereza amafaranga ku bantu batazi neza no kwirinda kwizera ibintu byose babona ku mbuga nkoranyambaga.

Inkundura ya Bebe Cool na Miss Mutesi Jolly ishobora kuzatanga ukuri kwayo mu minsi iri imbere, ariko yamaze kwibutsa benshi ko no ku rwego rw'ibyamamare, scammers bagikomeje gutsinda benshi.


Bebe Cool yavuze ko yafashe icyemezo cyo gusubiza ubutumwa bwose yari yanditse, nyuma y’uko Gen. Muhoozi amugiriye inama


Miss Mutesi Jolly yasohoye itangazo rigaragaza ko yemeye ibyatangajwe na Bebe Cool


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...