Mu
gihe amasoko y’ibikomoka kuri peteroli ku isi akomeje guhungabana kubera
amakimbirane yo mu Burasirazuba bwo Hagati, u Rwanda nk’igihugu ubu gikura
hanze 100% by’ingufu za peteroli na mazutu, ruri gushaka inzira zo guhangana
n’icyo kibazo ku buryo kitazongera kubaho ukundi.
Umuyobozi
wa sosiyete yo muri Amerika ya Beam Global, Wheatley yaje mu Rwanda afite
igisubizo cy’iki kibazo gikomeje kuzahaza ibihugu byinshi.
Aganira
n’itangazamakuru nyuma y’ibiganiro n’abayobozi bakuru muri Minisiteri
y’Ibikorwaremezo ndetse n’Urwego rw’Iterambere mu Rwanda (RDB), Wheatley
yagaragaje ibibazo biterwa no gukomeza gutegereza ibiva hanze.
Yagize
ati: “Muri iki gihe, ubutumwa bumwe gusa bwo kuri 'Tweet' bushobora gutuma
ibiciro bya peteroli bizamuka cyane mu buryo butunguranye. U Rwanda ni igihugu
gikura hanze 100% by'ibikomoka kuri peteroli rukoresha. Ibyo bituma mugerwaho
n’ingaruka z'ibintu bibera hanze y'u Rwanda kandi mudashobora kugenzura,"
Mu
rwego rwo guhangana no kugerwaho n’izo ngaruka, Wheatley avuga ko sosiyete ya Beam
Global yagira uruhare rukomeye mu kwishakamo ibisubizo by'umwihariko kubyaza
umusaruro ingufu z’izuba.
Ibi
bikoresho by’imirasire, bisanzwe bikoreshwa n’igisirikare cya Amerika, aho bishobora "gu-charging-a" [kwinjiza umuriro] buri kintu cyose; kuva kuri moto zirenga 20,000 z’amashanyarazi
zimaze kuba nyinshi mu mihanda ya Kigali, kugera ku makamyo.
Yagize
ati: “U Rwanda rufite ingufu nyinshi zituruka ku bintu bishobora kwivugurura.
Uwo ni umutungo wanyu bwite. Ni umutungo musanzwe mwifitiye mwahawe n’Imana,
cyangwa se n’ibidukikije n’ubumenyi ariko uwo mutungo uri hano mu Rwanda kandi
ni uwanyu uyu munsi."
Yavuze
ko sosiyete ya Beam Global yubakiye ku nkingi 3 arizo; Umutekano w’Ingufu aho
bateri zishobora kubika umuriro mwinshi cyane, Gukoresha amashanyarazi mu ngendo
no kugira imijyi igezweho.
Avuga
ko batangiye ibiganiro n’abikorera mu gihugu ndetse n’inzego za Leta kugira ngo
babe bakwagurira ibikorwa byabo mu Rwanda, bihe akazi abanyarwanda benshi kandi
bibahe umutekano mu by’ingufu.
Beam
Global ikorana n’inzego zitandukanye zirimo iza leta, igisirikare, ibigo
by’ubucuruzi, n’imiryango mpuzamahanga, aho ifasha gushyiraho no guteza imbere
ikoreshwa ry’ingufu zisubira mu buryo bwihuse kandi burambye.
Ifite ibikorwa mu bihugu 23 birimo ibyo muri Amerika, i Burayi, no mu Burasirazuba bwo Hagati, kandi iri mu masosiyete akomeye ari gutanga umusanzu mu kwimakaza ikoreshwa ry’imodoka zikoresha amashanyarazi ku isi.



Beam Global yiteguye gufasha u Rwanda guhangana n’ihindagurika ry’ibikomoka kuri peteroli


Umuyobozi wa sosiyete yo muri Amerika ya Beam Global, Wheatley yaje mu Rwanda afite igisubizo cy’iki kibazo gikomeje kuzahaza ibihugu byinshi
Reba ikiganiro kigaruka kuri iyi gahunda ya Beam Gloabl
