Bazirunge zange zibe isogo! Ibyemezo by’abasifuzi bitavugwaho rumwe nyuma y’iminsi itanu ya shampiyona-VIDEO

Imikino - 27/10/2025 4:43 PM
Share:

Umwanditsi:

Bazirunge zange zibe isogo! Ibyemezo by’abasifuzi bitavugwaho rumwe nyuma y’iminsi itanu ya shampiyona-VIDEO

Nyuma y’uko hongerewe ibyoroshya akazi k’abasifuzi bo mu Rwanda hatekerezwaga ko ibyemezo bitavugwaho rumwe bafata bigiye kugabanyuka ariko bikomeje kwiyongera nyuma y’iminsi itanu ya shampiyona gusa.

Mbere y’uko hatangira shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda ya 2025/2026, ubuyobozi bwa FERWAFA burangajwe imbere na Shema Fabrice bwahuye ndetse buganira n’abasifuzi.

FERWAFA yamenyesheje abasifuzi ko mu rwego rwo gukomeza kuzamura ibyo bahabwa, agahimbazamusyi bahabwa kagiye kwikuba inshuro zirenga ebyiri kandi bagakomeza gufashwa mu myitozo yabo ya buri munsi ibafasha gukomeza kuzamura urwego.

Bivugwa ko abasifuzi bari basanzwe bahabwa ibihumbi 47 Frw kuri buri mukino basifuye ariko ko kuri ubu bagiye kujya bahabwa ibihumbi 100 Frw. Usibye ibi kandi abasifuzi bemerewe ko uzajya ahabwa kujya gusifura i Rusizi cyangwa i Rubavu, azajya agenda akararayo aho kugenda ku munsi w’umukino nk'uko byari bisanzwe.

Usibye kandi abasifuzi bafashijwe kubona ibikoresho bibafasha gukora akazi neza birimo n’ibijyanye n’itumunaho bambara iyo bari mu kibuga kugira ngo babashe kuvugana.

Bazirunge zange zibe isogo!

Hari ukuntu umuntu bamugira neza akanga akigira nabi. Abasifuzi bongerewe ibyo bahabwa ariko n'ubundi  bakomeje gufata ibyemezo bitavugwaho rumwe nyuma y’iminsi itanu ya shampiyona ya 2025/2026 imaze gukinwa.

Ku ikubitiro FERWAFA yashyize hanze itangazo ivuga ko nyuma y’imikino yo ku munsi wa kane ya Rwanda Premier League yabaye hagati ya tariki ya 17-19 Ukwakira 2025 nk’ibisanzwe komisiyo ishinzwe imisifurire yateranye ku wa Kabiri tariki ya 21 ikora ubusesenguzi bw’uko imikino yagenze.

FERWAFA yavuze ko nyuma yo gukora ubusesenguzi ku mukino APR FC yatsinzemo Mukura 1-0 hasanzwe Ishimwe Claude warimo arasifura hagati yarakoze amakosa yo kudatanga ikarita ya kabiri y’umuhondo kuri Niyigena Clement ku ikosa yakoze bityo ko ahagaritswe ibyumweru bibiri adasifura.

Mugabo Eric wari umusifuzi wo ku ruhande kuri uyu mukino hasanzwe nawe yarakoze amakosa aho yanze igitego cya Mukura VS yerekana ko habayemo kurarira kandi atari byo, bityo ko we ahagaritswe ibyumweru bine adasifura.

FERWAFA kandi yanafatiye ibihano Habumugisha Emmanuel wasifuye umukino wo ku munsi wa Gatatu wa shampiyona wahuje Gasogi United na Rayon Sports ari ku ruhande, igihano yahawe akaba ari ukumara ibyumweru bine adasifura.

Icyo yazize ni uko yanze igitego cya Gasogi United ku munota wa 89 yerekana ko hari habayemo kurarira kandi atari byo.

Usibye ibi, Ejo hashize Amagaju FC  yandikiye FERWAFA asaba gukurirwaho ikarita itukura yahawe myugariro Rwema Amza ku ikosa yari akoreye Aziz Bassane mu mukino batsinzwemo na Rayon Sports igitego kimwe ku busa ku wa Gatanu tariki 24 Ukwakira 2025 mu mukino wo ku munsi wa kane wa shampiyona.

Amagaju FC yanditse avuga ko nta kosa Rwema Amza yakoze ahubwo ko Aziz Bassane wa Rayon Sports ari we wari ukwiriye guhanwa kuko yigwishije.

Nyuma y‘uko APR FC inganyije n’Amagaju FC 0-0 ku wa Gatandatu yihanganishije abafana ariko inerekana ko itasifuriwe neza.

Mu itangazo yashyize hanze yagize ati: ”Turabizi ko mubabaye, kandi birumvikana ntabwo twabonye umusaruro ukwiye ku mukino waduhuje na Kiyovu sports uyu munsi. Tubasabye imbabazi kandi turabizeza kwitwara neza mu mikino izakurikira”.

Yakomeje igira iti: ”Ikindi, benshi muri mwe twabonye mwagaragaje impungenge ku byemezo by’umusifuzi w’umunsi, birimo penaliti ikwiye twimwe n’ikarita y’umutuku idakwiye yahawe umukinnyi wacu.

Ni ko natwe twabibonye, gusa dufitiye icyizere inzego zitegura amarushanwa zinashinzwe abasifuzi aho twizera ko bizakurikiranwa ngo hamenyekane icyatumye tudahabwa ubutabera bukwiye. Tuzakomeza guharanira kubaha ibyishimo no kwitwara mu buryo bubahesha ishema.”

Ikipe y’Ingabo z’igihugu ivuga ko umusifuzi Rulisa Patience yafashe ibyemezo bitayiha ubutabera, yanga gutanga penaliti ku ikosa ryakorewe Denis Omedi mu rubuga rw’amahina, mu gihe Ronald Ssekiganda yahawe ikarita y’umutiku ku maherere.

Aha kandi ngo hari ikosa rikomeye ryakorewe Ruboneka ryirengagijwe, ndetse hakaba hari coup-franc yagombaga guhabwa ariko bikarangira ihawe Kiyovu Sport

Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize mu mukino AS Muhanga yatsinzemo Bugesera FC 1-0 hagiye hanze amashusho yateje impaka ku mbuga nkoranyamabaga aho umunyezamu wa AS Muhanga, Hategikimana Bonheur yasohotse arenga urubuga rwe afata umupira n’intoki ariko birangira umusifuzi adasifuye ndetse ntiyatanga n’ikarita.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...