Ubusanzwe iri serukiramuco rimenyereweho
guha agaciro abahanzi n’abanyempano mu ruganda rwa sinema nyafurika, ariko uyu
mwaka ryitezweho gusiga amateka mashya binyuze mu gutanga ibihembo birimo
imodoka ebyiri ku bakunzwe cyane (People’s Choice Actor & Actress). Ni ku
nshuro ya mbere iri serukiramuco riteye intambwe nk’iyi.
Iri serukiramuco rizaba ku nshuro ya 11
guhera ku wa 22 kugeza ku wa 29 Ugushyingo 2025 i Kigali, aho rizahuza abari
muri Cinema barimo abakinnyi, abayobora filime, abayikora n’abandi bafite aho
bahurira n’uruganda rwa sinema.
Mu byumweru bizamara, hazabamo iminsi
itatu yiswe ‘Mashariki Market’ aho hitezwe abahagarariye sinema barenga 500
baturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada, u Burayi no mu bihugu
bitandukanye bya Afurika.
Mashariki Awards 2025 izashimira abahize
abandi mu byiciro birimo:
1.Umukinnyi mwiza w’igitsina gabo (Best
Actor)
2.Umukinnyi mwiza w’igitsina gore (Best
Actress)
3.Uwunganira mu gukina (Best Supporting
Actor & Actress)
4.Umukinnyi mushya w’igitsina gabo (Best
Upcoming Actor)
5.Umukinnyi mushya w’igitsina gore (Best
Upcoming Actress)
6.Uwakoze ibikorwa by’indashyikirwa muri Cinema
(Lifetime Achievement Award – Umugabo cyangwa se Umugore)
7.Abahanga mu ikorwa rya filime (Film
Technicians)
Uretse ibihembo, abahatana bazanahabwa
amahirwe yo kugera ku mbuga zifasha guteza imbere impano no kuzihuza n’amahirwe
yo mu rwego mpuzamahanga, zirimo Mashariki Residence, Mashariki Academy na
Mashariki Market (International Content Market).
Uyu mwaka insanganyamatsiko ni “Creative
Horizons” ugenekereje wavuga ko ari 'Imbibi nshya z’Ubuhanzi', igamije kugaragaza uburyo abahanzi
nyafurika bakoresha ikoranabuhanga n’ubuhanzi mu guhindura uburyo Afurika
isobanurwa binyuze muri filime, kongera gusubirana uburenganzira ku nkuru zayo
no kugaragaza ubusugire n’uburyohe bw’umuco w’uyu mugabane.
Umuyobozi w’iri serukiramuco, Trésor Senga, yabwiye InyaRwanda ati “Insanganyamatsiko y’uyu mwaka igaragaza impinduka zikomeye mu buryo Afurika isobanurwa binyuze muri filime.
Abari muri Cinema nyafurika bari guhindura isura y’uyu mugabane,
basubirana uburenganzira bwo kwivugira inkuru zabo no kugaragaza ubukungu bw’uyu
mugabane. Ibi bituma habaho inzira nshya z’ukuntu isi yose isobanukirwa
n’ahahise, ubu n’ahazaza ha Afurika.”
Trésor Senga yashimangiye ko iri
serukiramuco rizaba urubuga rwo guha agaciro ibihangange byagize uruhare
rukomeye muri sinema nyafurika, ndetse no gutera inkunga urubyiruko rufite
impano rushaka guhindura amateka y’uru rwego.
Yasobanuye imodoka ebyiri zizatangwa, imwe
izahabwa umugabo mu cyiciro cya People’s Choice, indi izahabwa umugore mu
cyiciro cya People’s Choice.
Uyu muyobozi avuga ko uretse icyiciro cya
People’s Choice, ibindi byose hazakora Akanama Nkemurampaka kugirango
hazamenyekanye uwatsinze.
Anavuga ko hazaba amatora yo kuri
Internet, ndetse ko buri wese bitewe n’amafaranga azakoreshwa cyangwa abantu
bazakoresha bamutora, azasubizwa 20% y’amafaranga y’abamutoye.
Abakinnyi ba filime kandi bazagera mu
turere 5 tw’igihugu hagamijwe kumenyekanisha ibikorwa byabo, gukorana ibikorwa
by’urukundo n’abaturage, kumurika filime z’abo n’ibindi.
Ibihembo bihataniye mu byiciro 23, kandi
birimo abantu 160. Ugereranyije n’umwaka ushize, ibi byiciro byarongewe cyane
cyane ku ruhande rw’abantu bagira uruhare mu gukora no gutunganya filime. Buri
wese uhatanye muri ibi bihembo, yanasinye amasezerano yemeza ko abishyigikiye,
kandi yiteguye kugendana urugendo n’abo.
Ibihembo bya Mashariki Awards 2025
byitezweho kuba urufunguzo mu guteza imbere sinema nyarwanda. Si ugushimira
abahanzi gusa, ahubwo ni inzira yo kongera agaciro n’icyizere ku banyempano,
guha urubyiruko amahirwe yo kumenyekana no guhuza sinema nyarwanda n’amasoko
mpuzamahanga.
Kuba iri serukiramuco rizahuriza i Kigali
abahagarariye sinema barenga 500 baturutse hirya no hino ku Isi, ni amahirwe yo
kumenyekanisha ibihangano nyarwanda ku ruhando mpuzamahanga.
By’umwihariko, ibihembo bishya birimo
guhemba imodoka abakunzwe cyane (People’s Choice) bigaragaza ko gukora sinema
bishobora no guhindura imibereho y’abahanzi.
Mu isura nshya y’iri serukiramuco, Tresor
Nsenga avuga ko ‘Mashariki Awards’ izakomeza kuba moteri isunika sinema
nyarwanda, ikayifasha kubaka izina, gutunga abahanzi no guha u Rwanda ijwi
rikumvikana mu ruganda rwa filime ku rwego rw’Isi.
Ibyiciro bihataniwe ndetse n’umubare w’abantu
barimo:
•Best Actor → 19
•Best Actress → 18
•Best Director of Photography → 7
•Best Lighting Technician → 4
•Best Director → 10
•Best Screenwriter → 6
•Best Sound Engineer → 3
•Best Feature Film → 12
•Best TV Series → 7
•Best Web Series → 17
•Life Time Achievement Award – Male → 6
•Life Time Achievement Award – Female → 3
•Best Supporting Actresses → 8
•Best Supporting Actors → 8
•Best Media House Partner → 3
•Best Editor → 6
•Best Student Film → 0
•Best Short Film → 2
•Best Makeup and Hairstyling → 3
•Best Costume Design → 3
•Best Set Production Designer → 2
•Upcoming Actress → 5
•Upcoming Actor → 8

Umuyobozi wa Mashariki African Film
Festival, Trésor Senga yatangaje ko kuri iyi nshuro ya 11 bazatanga imodoka
ebyiri ku bantu babiri bazahiga abandi mu cyiciro cya ‘People’s Choice’

Tresor Nsenga yavuze ko intego ari
ugukomeza guhindura isura ya Cinema mu Rwanda no muri Afurika, bubaka cyane cyane ubushobozi bw’abantu
bayibarizwamo

Ibihembo bya Mashariki Awards 2025 bigiye
guha sinema nyarwanda urubuga rushya rwo kumenyekana ku Isi- Aha abakinnyi ba filime bari bahuye mbere y'uko batangaza abahatanye

Abakinnyi nyarwanda babonye amahirwe yo
guhatanira ku rwego rumwe n’abandi banyafurika

Umunyarwenya Kanyombya, Soloba na Dr Nsabi ni bamwe mu bitabiriye umuhango wo kumenyeshwa ibijyanye n'itangwa ry'ibi bihembo
Umukinnyi wa filime Mpuzamahanga, Kalinda Isaie ari kumwe na Bora Shingiro umaze kwegukana ibihembo bikomeye


Umukinnyi wa filime wamamaye muri filime zinyuranye, Inkindi Aisha

Abakinnyi ba filime, Benimana Ramadhan 'Bamenya' ndetse na Ndahiro Willy wamamaye muri filime 'Ikigeragezo cy'ubuzima'

Abanditsi ba filime, Niyoyita Roge [Uri iburyo] ndetse na Mutiganda wa Nkunda

