Bazafashwa kubyaza umusaruro impano zabo no guhabwa amahugurwa - Ibyo wamenya mbere y'igitaramo Kiddo Talent Show

Imyidagaduro - 09/08/2025 12:37 PM
Share:

Umwanditsi:

Bazafashwa kubyaza umusaruro impano zabo no guhabwa amahugurwa - Ibyo wamenya mbere y'igitaramo Kiddo Talent Show

Nyuma y’igih kirekire hateguzwa igitaramo Kiddo Talent Show, iki gitaramo kigiye kuba ku nshuro ya mbere mu Rwanda kikaba gifite intego zo kwaguka bakagera ku ruhando rwa Africa aho ku nshuro ya mbere kizaba kirimo abana barimo abavuye muri Sherrie Silver Foundation, Morriox Kids, Louange, Kiddo Stars, Bennie na Shooter.

Kuri iki Cyumweru kuri Keppler University, harabera igitaramo Kiddo Talent Show kigiye kuba ku nshuro ya mbere kikazakomeza mu myaka iri imbere ndetse kikaba gifite intego yo kwaguka kikagera ku mugabane wa Afurika hose.

Ni igitaramo cyateguwe na Kiddo Hub ariko kikaba gifite uruhare rugaragara rw’ababyeyi by'umwihariko abafite abana bifuza ko impano zabo zibungwabungwa hakiri kare kugira ngo zizagirire umumaro aba bana bazifite.

Iyo ugeze mu bice bitandukanye mu gihugu cyane mu byaro, usanga abana benshi bavuga ko bafite impano nko kuririmba, gukina umupira, n'izindi gusa bakaba barabuze uko bizigaragaza.

Mu mbogamizi akenshi zituma aba bana batabasha kwerekana impano zabo, harimo kubura ibikorwaremezo bibafasha kuzerekana ndetse hamwe ugasanga ababyeyi bamwe batarumva ko kwerekana impano y'umwana yabifatanya no kwiga.

Ibi byemejwe n'umwe mu bana waganiriye na InyaRwanda.com witwa Ishimwe Kennedy watubwiye ko afite impano yo kuririmba ariko iyo abibwiye ababyeyi be ntabwo babyumva.

Yagize ati "Njyewe mfite impano yo kuririmba ariko iyo ngerageje kubibwira ababyeyi ngo bamfashe barabyanga kuko bumva ko byagira ingaruka mbi  ku myigire yanjye, ikindi kandi nk'abana tubura aho tunagaragariza impano zacu."

Kompanyi ya Kiddo Hub yashinzwe na Mbonyumugezi Theodomire, mu kiganiro yagiranye n'itangazamakuru cyabaye ku wa Kane, yagaragaje ko yiteguye gutanga ishusho y'uko impano z'abana zazamurwa mu Rwanda ndetse no muri Afurika.

Yagize ati "Ubusanzwe mu Rwanda ndetse no muri Afurika muri rusange, iyo urebye ubona nta buryo bwashyizweho bwo gufasha abana kwerekana impano zabo. Twe icyo tuzakora, tuzashyiraho uburyo abantu bamwe bazajya bagera mu bice bitandukanye by'igihugu barebe abana bafite impano zitandukanye, tubashe kubahuza n'amahirwe ahari kandi nk'abarezi tuzabafasha mu kubaha amahugurwa."

Iki gitaramo kigiye guhuza ababyeyi n’abana baturutse hirya no hino mu gihugu, kikabera kuri Kepler i Kinyinya kuri iki Cyumweru kizatangira saa cyenda zuzuye ariko imiryango izaba ifunguye kuva saa munani zuzuye.

Mu gihe habura amasaha macye, ushobora kugura itike yawe unyuze kuri www.ibitaramo.com gusa n’utashobora guhita ayigura anyuze kuri uru rubuga, ashobora kuzayigura ageze ku muryango winjira mu gitaramo.

Igitaramo Kiddo Talent Show kizaba kuri iki cyumweru kuri Kepler 


Nta muntu ukwiye gucikwa n'iki gitaramo 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...