Batwigishije kubabarira tutibagiwe – The Ben ku budaheranwa bw’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Imyidagaduro - 11/04/2026 2:01 PM
Share:

Umwanditsi:

Batwigishije kubabarira tutibagiwe – The Ben ku budaheranwa bw’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Umuhanzi Mugisha Benjamin wamenye nka The Ben, yifatanyije n’Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda muri iki gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, atanga ubutumwa bwuje amarangamutima, icyizere n’ubudaheranwa.

Ni ubutumwa yatanze mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, mu gihe u Rwanda n’Isi muri rusange bari mu minsi 100 yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hibukwa ubuzima bw’inzirakarengane zirenga miliyoni zazize urwango n’ingengabitekerezo mbi.

Mu butumwa bwe, The Ben yabanje kugaruka ku rugendo rutoroshye u Rwanda rwanyuzemo, agaragaza ko nubwo hashize imyaka 32 Jenoside ibaye, ububabare bwayo bugihari, ariko nanone igihugu kikaba cyarabashije kwiyubaka mu buryo butangaje.

Yagize ati: “Nyuma y’imyaka 32, u Rwanda ruracyumva uburemere bwa buri buzima. Ariko uyu munsi, iyo rwitegereje hirya no hino, ntirubona abantu basenyutse… ahubwo rubona igitangaza. Buri kumwenyura kose n’indirimbo yose iririmbwa, ni intsinzi ku mwijima wigeze kurwibasira.”

Aya magambo agaragaza uburyo Abanyarwanda bashoboye kwiyubaka, bakava mu icuraburindi cya Jenoside yakorewe Abatutsi, bakagera ku buzima burangwa n’icyizere, ubumwe n’iterambere.

The Ben kandi yibukije ko buri Munyarwanda afite inshingano yo gukomera ku mateka no kuyigiraho, kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi. Ni ubutumwa buhamagarira cyane cyane urubyiruko kutirengagiza amateka, ahubwo rukayagira ayarwo, rukayakuramo imbaraga zo kubaka ejo hazaza heza.

Abajijwe by’umwihariko ku ruhare rw’urubyiruko no ku busobanuro bw’iyi minsi 100 yo kwibuka, The Ben yongeye gutanga ubutumwa bugaruka ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yagize ati: “Iyi minsi 100 ni iy’abarokotse Jenoside batwigishije kubabarira tutibagiwe, ndetse n’abo twabuze bakomeje kutuyobora mu ntambwe zacu. Umutima wanjye uri kumwe nawe Rwanda! Urumuri ntiruzigera ruzima.”

Yasoje ubutumwa bwe agaragaza ko nubwo amateka ya Jenoside akomeye, u Rwanda rukomeje kugaragaza imbaraga zidasanzwe mu kwiyubaka no guharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi.

Ubutumwa bwa The Ben buje bwiyongera ku bw’abandi bahanzi n’ibyamamare bitandukanye bakomeje kwifatanya n’Abanyarwanda muri iki gihe cyo #Kwibuka32, bashishikariza isi yose kwigira ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ni ubutumwa bugaragaza ko nubwo amateka y’u Rwanda asharira arimo ibihe bikomeye cyane, ariko kandi ari isomo rikomeye ku isi yose, ryo kwirinda urwango, kwimakaza ubumuntu no guharanira amahoro arambye.

Muri rusange, amagambo ya The Ben agaragaza u Rwanda nk’igihugu cyanyuze mu mwijima ukomeye ariko kikaba cyarakomeje guharanira urumuri, kikaba uyu munsi gihagaze nk’ikimenyetso cy’ubudaheranwa n’icyizere ku banyamahanga n’Abanyarwanda ubwabo.

The Ben yagaragaje ko ubudaheranwa bw’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ari isomo rikomeye, anashimangira ko buri ntambwe u Rwanda ruteye ari intsinzi ku mwijima wigeze kurwibasira


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...