Batatu ku rugamba! Urban Boys bagiye guhurira mu gitaramo kimwe i Kigali?

Imyidagaduro - 07/05/2026 11:42 AM
Share:

Umwanditsi:

Batatu ku rugamba! Urban Boys bagiye guhurira mu gitaramo kimwe i Kigali?

Hashize imyaka icyenda itsinda rya Urban Boys ritandukanye, ariko ibimenyetso biri kugaragaza ko Safi Madiba, Nizzo Kaboss na Humble Jizzo bashobora kongera guhurira ku rubyiniro mu gitaramo gikomeye gitegerejwe i Kigali hagati ya Nyakanga na Kanama 2026.

Amakuru InyaRwanda yamenye ni uko ibiganiro byo kongera guhuriza hamwe aba bahanzi bigeze kure, aho bivugwa ko bigeze ku kigero cya 90%. Iki gitaramo kiri gutegurwa nk’icyihariye, ndetse bikavugwa ko kizaba ari kimwe mu bitaramo bikomeye bizasoza ibikorwa by’imyidagaduro bizaba biri kuba muri icyo gihe.

Kwamamaza iki gitaramo ntabwo biratangazwa ku mugaragaro, ariko amakuru ahari avuga ko Safi Madiba na Humble Jizzo bombi bazaba bari mu Rwanda hagati muri Nyakanga 2026, bagahura na Nizzo Kaboss bakongera gukora imyitozo y’itsinda ryigeze kunyeganyeza imitima ya benshi.

Ni ubwa mbere aba bahanzi batatu bazaba bahuriye ku rubyiniro kuva mu 2017, ubwo Urban Boys yatandukanaga nyuma y’imyaka 10 yari imaze ikora umuziki.

Icyo gihe Safi Madiba yahisemo gutangira urugendo rw’umuziki ku giti cye, mu gihe Nizzo Kaboss na Humble Jizzo bakomeje gukoresha izina rya Urban Boyz nk’itsinda.

Urban Boys yabaye imwe mu matsinda yanditse amateka akomeye mu muziki nyarwanda. Yatangiye urugendo mu 2007, iza kuba kimwe mu byamamare byiganjemo urubyiruko, ndetse inegukana irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ryari rikomeye muri icyo gihe.

Indirimbo zabo zirimo ‘Wampoye Iki’, ‘Umwanzuro’, ‘Mama’, ‘Till I Die’, ‘Sinzongera’, ‘Indahiro’ ndetse na ‘I Miss You’ bakoranye na Kitoko, zakomeje kuba mu ndirimbo zikundwa cyane n’abatari bake kugeza n’uyu munsi.

Kongera guhura kw’aba bahanzi byongeye gutuma benshi bibaza niba hashobora kuba hari urugendo rushya rwa Urban Boys cyangwa niba ari igitaramo kimwe cyo kwibutsa abakunzi babo ibihe byiza bahoze bagiramo.

Nubwo imyaka ishize iri tsinda ritandukanye, amagambo Safi Madiba yatangaje mu Ugushyingo 2024 agaragaza ko gutandukana kwabo kutaturutse ku makimbirane akomeye nk’uko byagiye bivugwa.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda icyo gihe, Safi Madiba yavuze ko ikibazo nyamukuru cyatumye buri umwe afata inzira ye ari uko buri wese yari ageze aho agira inzozi ze bwite.

Yagize ati: “Twatangiye kutumvikana kubera inzozi zanjye, iza Nizzo n’iza Humble Jizzo. Nta kintu kinini twapfuye uretse inzozi.”

Uyu muhanzi yavuze ko Urban Boys ayifata nk’umubyeyi we kubera uburyo bahuriye mu buto bakubaka izina rikomeye mu muziki nyarwanda.

Yavuze ko mbere yo kwinjira muri iri tsinda yabanje gushakisha akazi henshi harimo muri Simba Supermarket na Nakumatt ariko bikanga kubera kutagira abo azi cyangwa umuryango umufasha.

Safi yavuze ko gutera imbere kw’itsinda, amafaranga n’ubwamamare byatumye buri wese atangira gutekereza ku buzima bwe bw’ejo hazaza ndetse n’ibyo ashaka kugeraho ku giti cye.

Ati: “Iyo kwamamara n’amafaranga bije hari ikintu biguhindura mu mutwe. Hari urwego twagezeho buri wese atangira kubona ko afite inzozi zitandukanye n’iz’undi.”

Yakomeje avuga ko amafaranga batangiraga kubona nk’itsinda yatumaga buri umwe atekereza uko yayashora mu bindi bikorwa by’ubucuruzi cyangwa ubuzima bwe bwite, ibintu byatumye batangira kubona ko gukomeza urugendo hamwe bishobora kuzagorana.

Nubwo byavuzwe kenshi ko habayeho gushwana gukomeye hagati yabo, Safi Madiba yavuze ko atari ko byagenze ahubwo ko bicaye bakaganira bakabona ko buri wese akwiriye gukurikira inzira ye.

Ati: “Nta gushwana kwabayeho nk’uko abantu babivuze. Twaraganiriye mbona ko bidakunda.”

Kuri ubu, Nizzo Kaboss abarizwa mu Rwanda, Humble Jizzo aba muri Kenya hamwe n’umuryango we, naho Safi Madiba akaba atuye muri Canada.

Kuba aba bahanzi bagiye kongera guhura mu gihugu kimwe ndetse bakitegura gusangira urubyiniro, ni inkuru ikomeje gutera ibyishimo abakunzi b’umuziki nyarwanda, cyane cyane abakuriye ku ndirimbo za Urban Boys.

Nyuma y’imyaka icyenda batandukanye, Safi Madiba, Nizzo Kaboss na Humble Jizzo bari mu myiteguro yo kongera guhurira ku rubyiniro mu gitaramo gikomeye gitegerejwe kubera i Kigali hagati ya Nyakanga na Kanama 2026

 

Amakuru avuga ko ibiganiro byo kongera guhuza Urban Boys bigeze kure, aho iri tsinda ryanditse amateka mu muziki nyarwanda rishobora kongera gususurutsa abakunzi baryo mu gitaramo kimwe cyihariye i Kigali

KANDA HANO UBASHE KUMVA INDIRIMBO 'NABABARA' YA HUMBLE JIZZO

Humble Jizzo yaciye amarenga agaragaza ko Urban Boyz izataramira i Kigali mu mpeshyi ya 2026

Urban Boyz isigayemo ibarizwamo Humble Jizzo na Nizzo Kaboss ari nabo bakomeje gukorana indirimbo zinyuranye

KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO ZINYURANYE ZA URBAN BOYS


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...