Ku wa Gatandatu tariki ya 1 Kanama 2026, Urban Boys izongera kuririmbira
Abanyarwanda mu gitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival kizabera mu Karere ka
Rubavu.
Ni
igitaramo benshi bategerezanyije amatsiko, kuko ari cyo cya mbere aba bahanzi
uko ari batatu bazaba bahuriyemo nyuma y'igihe kinini buri wese akora umuziki
ku giti cye cyangwa yarahagaritse ibikorwa bya muzika.
Mu
minsi ishize, aba bahanzi batangiye gukoresha intero igira iti "Batatu ku
rugamba", bashimangira ko bongeye kunga ubumwe kandi biteguye kongera
kwandika amateka mashya.
Ariko
mbere y'uko bongera gutaramira abafana babo, birakwiye kongera kwibuka zimwe mu
ndirimbo zabagize ibihangange, izaririmbanwa n'abatari bake bazitabira iki
gitaramo.
1.Umfatiye Runini
(2011)
Hari
indirimbo nyinshi zakunzwe na Urban Boyz, ariko "Umfatiye Runini" ni
imwe mu zazamuye urwego rw'iri tsinda mu ndirimbo z'urukundo. Yari ifite
amagambo yuje amarangamutima agaragaza gushimira umukunzi wahinduye ubuzima
bw'undi.
Ni
indirimbo yerekanye ko Urban Boyz itari itsinda rikora indirimbo zo kubyina
gusa, ahubwo rishoboye no kwandika amagambo akora ku mitima y'abakunzi baryo.
2.Indahiro
bakoranye na Riderman (2011)
Mu
mateka ya muzika nyarwanda, "Indahiro" ikomeza kuba imwe mu ndirimbo
z'urukundo zakunzwe kurusha izindi.
Ubuhanga
bwa Riderman mu mirapire n'ijwi rya Urban Boys byatanze igihangano cyahise kiba
ikimenyabose. Hari abakundana benshi bayifashe nk'indirimbo ibahuza, ndetse
bamwe bayikoresha mu bihe byo kwambikana impeta no kwizihiza urukundo.
Ni
imwe mu ndirimbo zafashije Urban Boyz kwagura abafana bayo mu bakundaga Hip Hop
na R&B icyarimwe.
3.Gatebe Gatoki
bahuriyemo na King James (2010)
Mu
gihe Urban Boys yari ikizamuka, gukorana na King James wari umaze kwigarurira
abakunzi b'indirimbo z'urukundo byahindutse intambwe ikomeye.
"Gatebe
Gatoki" yabaye imwe mu ndirimbo zakinwaga cyane kuri radiyo no mu birori,
bituma izina rya Urban Boyz rigera mu mpande zose z'u Rwanda.
4.Bibaye (2012)
Mu
gihe Urban Boys yari iri mu bihe byiza bya Primus Guma Guma Super Star,
yasohoye "Bibaye", indirimbo ivuga ku rukundo rwasenyutse umuntu
atabiteganyaga.
Yakunzwe
cyane kubera injyana yayo yoroheye amatwi, ndetse iba imwe mu ndirimbo
zabyinishaga abantu mu tubari no mu birori bitandukanye.
5.Take It off
bakoranye na Jackie Chandiru (2012)
Indirimbo
"Take It Off" yakozwe na Urban Boys bafanyije n'umuhanzikazi
w'icyamamare wo muri Uganda, Jackie Chandiru, n'imwe mu ndirimbo z'amateka
zafunguye amarembo y'umuziki w'u Rwanda hanze y'imbibi zarwo.
Iyi
ndirimbo yasohotse mu mwaka wa 2012. Cyari igihe ikiragano gishya cy'umuziki w'u
Rwanda cyari kirimo gushaka imbaraga zo kwambukiranya imipaka ngo kimenyekane
muri Afurika y'Iburasirazuba.
Jackie
Chandiru yari rurangiranwa mu karere kuko yahoze mu itsinda rikomeye rya Blu*3
muri Uganda. Gukorana na ye byari intambwe ikomeye cyane kuri Urban Boyz kuko
byabahaye ikaze mu binyamakuru, Radio, n'ibirori (nk'ijoro rya "Kigali
Nite" ryaberaga i Kampala) muri Uganda.
6.Umwanzuro (2013)
Iyi
ni imwe mu ndirimbo zashimangiye ubukure bwa Urban Boys.
Yibanda
ku muntu ufata icyemezo cyo gukunda umuntu umwe, akirengagiza amagambo cyangwa
ibitekerezo by'abandi.
Amashusho
yayo yakozwe ku rwego rwo hejuru icyo gihe, bituma iba imwe mu ndirimbo
zakunzwe cyane kuri televiziyo zo mu Rwanda no mu karere.
7.Ishyamba (2013)
"Ishyamba"
yazanye indi sura ya Urban Boys mu njyana ya Afrobeat.
Mu
magambo yayo, urukundo rugereranywa n'ishyamba umuntu agomba kunyuramo yitonze.
Iyi
ndirimbo yabaye ikimenyabose mu bitaramo, aho abafana bayibyinaga mu buryo
budasanzwe.
8.Tayali bakoranye
na Iyanya (2014)
Nta
wavuga amateka ya Urban Boys ngo yirengagize "Tayali".
Kugera
muri Nigeria bagakorana na Iyanya wari umwe mu bahanzi bakomeye muri Afurika
byari intambwe ikomeye ku muziki nyarwanda.
Iyi
ndirimbo yafunguye amarembo mashya, ituma Urban Boys iba mu bahanzi ba mbere bo
mu Rwanda bagaragara cyane kuri Trace TV na MTV Base.
9. Show Me Love bakoranye na Timaya (2015)
Nyuma
ya Iyanya, Urban Boys yakomeje gushora imbaraga mu gukorana n'abahanzi bakomeye
bo muri Nigeria.
"Show
Me Love" yakoranye na Timaya yerekanye ko iri tsinda ryari rifite
icyerekezo cyo guhatanira isoko rya Afurika.
Yari
indirimbo ihuza Dancehall na Afro-pop, ikomeza kubaka izina ry'iri tsinda ku
rwego mpuzamahanga.
10.Ntakibazo ft
Bruce Melodie na Riderman (2017)
Iyi
ni imwe mu ndirimbo zifite amateka yihariye kurusha izindi.
Yasohotse
mu gihe Safi Madiba yari amaze kuva muri Urban Boyz, ibintu byari byaratunguye
abakunzi b'iri tsinda.
Nizzo
Kaboss na Humble Jizzo bahisemo gukomeza urugendo, bakorana na Bruce Melodie
ndetse na Riderman mu ndirimbo "Ntakibazo", nk'ubutumwa bwerekanaga
ko n'ubwo hari impinduka, Urban Boyz yari igikomeje.
Indirimbo
yahise iba ‘hit’ ikomeye, inakomeza guhumuriza abafana bari bafite impungenge
ku hazaza h'itsinda.
Rubavu igiye
kongera kubabona ari batatu
Kuva
mu 2017 ubwo Safi Madiba yavaga muri Urban Boyz, abafana benshi bari baramaze
kwiheba ko kongera kubona aba bahanzi bahagaze hamwe ku rubyiniro bishobora
kutazongera kubaho.
Nyamara
uyu munsi amateka arahindutse. Safi Madiba, Nizzo Kaboss na Humble Jizzo bagiye
kongera guhurira hamwe, bagaragaza ko ibyo batandukaniyeho byasizwe inyuma, ubu
icy'ingenzi ari ugusubiza ibyishimo abakunzi babo.
Igitaramo
cya MTN Iwacu Muzika Festival kizabera i Rubavu ntabwo kizaba ari igitaramo
gisanzwe. Kuri benshi kizaba ari urugendo rusubiza abantu mu bihe Urban Boyz
yari iri ku gasongero ka muzika nyarwanda, indirimbo zayo zicurangwa muri buri
rugo, buri kabari no muri buri gitaramo.
Niba
hari ahantu hazaririmbirwa "Umfatiye Runini", "Indahiro",
"Gatebe Gatoki", "Bibaye", "Ishyamba",
"Umwanzuro", "Tayali", "Yawe", "Show Me
Love" na "Ntakibazo" n'amarangamutima adasanzwe, ni i Rubavu.
Kandi koko, nk'uko bo ubwabo babyivugira, "Batatu ku rugamba", urugamba rwo kongera kwigarurira imitima y'Abanyarwanda rwatangiye.

Urban Boys ya batatu iri kwitegura guhurira ku rubyiniro mu gitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival kizabera i Rubavu ku wa Gatandatu tariki 1 Kanama 2026

Safi Madiba, Nizzo Kaboss na Humble Jizzo bamaze iminsi i Kigali mu myiteguro y’iki gitaramo bagiye guhurira nyuma y’imyaka icyenda batandukanye

Urban Boys izaririmba muri MTN Iwacu Muzika Festival nka bamwe mu begukanye Primus Guma Guma Super Stars ya Gatandatu, ku wa 13 Kanama 2016

Humble Jizzo ari kumwe na Nizzo Kaboss mu myiteguro y'igitaramo bazakorera i Rubavu bazahuriramo n'abandi bahanzi umunani barimo Amalon, Ross Kana, Marina, Davis D, Bushali, Kenny Sol, Kivumbi King na Chriss Eazy
