Batanze akazi ku barenga 60: Gauchi na Mr Kagame bahuriye mu ndirimbo iri kuri Album nshya (VIDEO)

Imyidagaduro - 17/09/2026 4:38 PM
Share:

Umwanditsi:

Batanze akazi ku barenga 60: Gauchi na Mr Kagame bahuriye mu ndirimbo iri kuri Album nshya (VIDEO)

Umuraperi Gauchi yahuje imbaraga na mugenzi we Mr Kagame bakorana indirimbo nshya yise “Moni”, iri mu zigize Album nshya Gauchi yitegura gushyira hanze, mu mushinga avuga ko wamuhaye amahirwe yo gukorana n’abahanzi batandukanye ndetse ugatanga akazi ku bantu benshi.


“Moni” ni imwe mu ndirimbo ziri kuri Album Gauchi yise “Collabo”, igizwe n’indirimbo yakoranye n’abandi bahanzi, akaba ari umushinga ari gutegura gushyira ku isoko mu minsi iri imbere.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Gauchi yavuze ko ubufatanye bwe na Mr Kagame bwaturutse ku busabane busanzwe hagati yabo, kuko bamaze imyaka myinshi baziranye kandi bakaba baratangiriye urugendo rw’umuziki mu gihe kimwe.

Yasobanuye ko ubwo yajyaga muri studio aho Mr Kagame yari agiye gukora indirimbo, atari afite gahunda yo gufata amajwi, ariko akumva injyana yari kuri iyo ndirimbo akayikunda, bituma asaba ko bayikoraho bombi.

Ati: “Gukorana indirimbo na Mr Kagame ni ibintu natwe byadutunguye, kubera ko dusanzwe turi inshuti guhera mu 2011. Twinjiriye mu muziki rimwe, we arabikomeza, ariko njye nkora n’ibindi ku ruhande.

Umunsi umwe twahuriye muri studio, we yari agiye gukora indirimbo, nta gahunda nari mfite yo gukora indirimbo, ariko numvise injyana yayo ndayikunda cyane, musaba ko ayimpa. Iyi ndirimbo twayikoze umunsi umwe.”

Gauchi avuga ko kuba we na Mr Kagame bari basanzwe bafitanye ubucuti ari byo byatumye imikoranire yabo kuri iyi ndirimbo yoroha, kuva ku gitekerezo cyo kuyikora kugeza ku kuyishyira mu mashusho.

Mu buryo bw’amajwi, “Moni” yakozwe na Ray Master Touch, mu gihe amashusho yayo yatunganyijwe na Omario.

Gauchi avuga ko mbere y’uko iyi ndirimbo ishyirwa hanze ku mugaragaro, hari abantu bake bayumvise maze bakagaragaza ko bayikunze, ibintu byatumye arushaho kugira icyizere ko izagera ku bakunzi b’umuziki neza.

“Moni” yahaye akazi abarenga 60

Usibye kuba Gauchi na Mr Kagame barahuriye kuri iyi ndirimbo, umushinga wayo wagize n’uruhare mu guha akazi abantu batandukanye bagize uruhare mu ikorwa ry’amashusho.

Gauchi avuga ko mu bantu bakoze kuri “Moni” harimo ababyinnyi barenga 60, abakora ibijyanye no gutunganya ubwiza, abateguye ahafatiwe amashusho ndetse n’abandi bakozi batandukanye.

Kuri Gauchi, ibi bigaragaza ko gukora umuziki bitagarukira gusa ku muririmbyi cyangwa umuraperi uba uri imbere ya Camera, ahubwo ko umushinga umwe ushobora guha akazi abantu benshi bari mu myuga itandukanye.

Album “Collabo” iri gutegurwa na Gauchi izaba igizwe n’indirimbo yakoranye n’abandi bahanzi, aho “Moni” ya Mr Kagame iri mu ndirimbo zamaze gukorwa kandi zitegerejwe n’abakunzi be.

Gauchi avuga ko uyu mushinga ari igice cy’urugendo rwe rwo gukomeza gukora umuziki no gukorana n’abandi bahanzi, mu gihe ategereje kuwushyira ku isoko mu minsi iri imbere.

Gauchi The Priest na Mr Kagame bahuriye ku ndirimbo nshya “Moni”, iri kuri Album “Collabo” Gauchi yitegura gushyira hanze

 

Gauchi The Priest na Mr Kagame bagaragaje ubucuti bwabo mu mashusho y’indirimbo “Moni”, bakoze mu gihe bamaze imyaka myinshi ari inshuti


Gauchi The Priest na Mr Kagame bakoranye indirimbo “Moni”, umushinga watanze akazi ku bantu barenga 60 bagize uruhare mu ikorwa ry’amashusho yayo.


Mr Kagame ari mu bahanzi bahuriye na Gauchi The Priest ku ndirimbo “Moni”, iri mu zigize Album nshya “Collabo”


Gauchi The Priest ari gutegura Album “Collabo” izaba igizwe n’indirimbo yakoranye n’abahanzi batandukanye, zirimo “Moni” yakoranye na Mr Kagame

KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO ‘MONI’YA GAUCHI NA MR KAGAME



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...