Basomingera Candy wagizwe umunyamabanga uhoraho muri minisiteri ya siporo ni muntu ki?

Imikino - 17/07/2025 3:29 PM
Share:

Umwanditsi:

Basomingera Candy wagizwe umunyamabanga uhoraho muri minisiteri ya siporo ni muntu ki?

Inama y’Abaminisitiri yateraniye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 16 Nyakanga 2025, iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashyize Candy Basomingera ku mwanya w’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo (MINISPORTS).

Basomingera Candy yasimbuye Jean-François Regis Uwayezu, wari umaze amezi umunani kuri uyu mwanya.

Mbere y’uko agirwa Umunyamabanga Uhoraho, Basomingera yari Umuyobozi Wungirije Mukuru mu Kigo cy’Igihugu Gishinzwe Kongere y’Inama Mpuzamahanga (Rwanda Convention Bureau – RCB). Yinjira muri MINISPORTS mu gihe iyi Minisiteri iyobowe na Minisitiri mushya, Nelly Mukazayire, wagizwe Minisitiri muri Ukuboza 2024 asimbuye Richard Nyirishema.

Muri icyo gihe kandi, Rwego Ngarambe, wari Umuyobozi ushinzwe Siporo muri Minisiteri, nawe yahawe inshingano nk’Umunyamabanga wa Leta muri MINISPORTS.

Basomingera kandi ko afite ubunararibonye mu itumanaho n’imibanire mpuzamahanga, kuko yigeze kuba Umuyobozi ushinzwe Ishami ry’Itumanaho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane. Yanabaye uhagarariye ibikorwa bya CHOGM (Inama y’Abakuru b’Ibihugu bikoresha Icyongereza) ndetse n’umukozi mukuru mu bijyanye n’ibihugu byo mu karere k’Afurika yo Hagati.

Mu bindi bikorwa yakoze, harimo kuba umufasha mu mishanga muri Kigali Measure Evaluation (Futures Group International), umujyanama wa tekiniki muri Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Sida, ndetse n’Umuyobozi w’Ishami muri Storex Africa Transit i Kinshasa.

Basomingera afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor’s Degree) mu Mibanire Mpuzamahanga, yakuye muri London Metropolitan University mu Bwongereza.

Nubwo yakoraga mu rwego rw’ibikorwa by’inama n’ishoramari, Basomingera si mushya mu rwego rwa siporo. Azi by’umwihariko uruhare rw’ubucuruzi bujyanye na siporo n’uko yabyazwa inyungu.

Tariki ya 4 Gicurasi 2025, mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri Senegal mbere y’itangizwa rya Sahara Conference ya BAL 2025 (Basketball Africa League), Basomingera yagaragaje ko siporo ishobora gufasha Afurika gutera imbere mu buryo burambye.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...