Basinya batasomye cyangwa ni amarangamutima! Kuki nta muhanzi mu Rwanda urambana n’umushoramari?

Imyidagaduro - 16/06/2026 10:22 AM
Share:

Umwanditsi:

Basinya batasomye cyangwa ni amarangamutima! Kuki nta muhanzi mu Rwanda urambana n’umushoramari?

Mu myaka 20 ishize, inganda z'umuziki nyarwanda zakuze ku muvuduko udasanzwe. Habonetse abashoramari bashya, sosiyete zicunga abahanzi (Labels), abajyanama b'abahanzi (Managers), ndetse n'amasezerano yinjiza amafaranga menshi kurusha uko byari bisanzwe.

Ariko uko uru ruganda rugenda rukura, ni na ko hakomeje kuzamuka ikibazo kimwe cyabaye nk'indirimbo itajya ishira: umuhanzi n'umujyanama we cyangwa umushoramari batandukana buri wese avuga ko yarenganyijwe.

Ni ikibazo cyongeye kugarukwaho cyane nyuma y'uko Mike Kayihura ahishuye ko yigeze gushaka kureka umuziki kubera imyaka itatu y'ububabare yanyuzemo nyuma yo gusinya amasezerano atabanje kugisha inama umunyamategeko.

Uyu muhanzi yavuze ko ibyamubayeho byamusigiye ibikomere byageze aho no kwinjira muri studio bikamubera umutwaro.

Ati: "N'iyo mpamvu mbwira aba bahanzi bakiri bato kwitonda, guhora bafite ijisho rireba kure bakamenyaicyo bakura mu masezerano basinye. Abenshi batekereza ko ibi ari ukwishimisha, ariko siko bimeze ni 'Business' ni umurimo. Kandi ibyo ukora byose ni ibintu bizamara igihe kinini, mbese ni ahantu ushoye imari."

Arakomeza ati "Sinabasha kubivugaho neza, ariko byangizeho ingaruka, kuri rwa rwego najyaga muri 'studio' nkumva ndabyanze pe. Nkajya muri 'studio' nkareba 'Microphone' nkavuga nti bino bintu bigiye kunyica mu mutwe, reka mbireke. Ariko nyine guhura n'abantu baguha icyizere bakubwira ngo urashoboye, nicyo cyatumye ngaruka mu muziki."

Ntabwo ari wenyine.

Muri Mata 2026, RunUp nawe yisanze mu bibazo bikomeye nyuma y'amasezerano yari afitanye na sosiyete ya Siinko yo muri Nigeria. Byageze aho asabwa amafaranga abarirwa muri miliyoni 17 Frw kugira ngo yemererwe gukomeza gukora umuziki, mu gihe hari n'ibihangano bye byasigaye mu maboko y'iyi sosiyete.

Mbere yabo kandi hari abandi benshi banyuze muri uru rugendo. Hari abahanzi bavuye muri ‘labels’ ntihagire icyo batangaza, hari abagiye bavuga ko bambuwe ibihangano, abandi bakavuga ko babujijwe gukora umuziki, mu gihe abashoramari nabo bagaragaza ko hari abahanzi badashaka kubahiriza ibyo basinyiye.

Iyo urebye neza usanga ikibazo kitakiri icy'umuntu umwe cyangwa babiri. Cyahindutse ikibazo cy'inganda zose.

Amasezerano asinywa n'impande zidakoresha intwaro zingana

Umwe mu banyamategeko yabwiye InyaRwanda ko ikibazo gikomeye gitangirira ku meza y'amasezerano. Mu gihe umushoramari cyangwa ‘manager’ aba yifashishije abanyamategeko be bateguye buri ngingo iri muri ‘contract’, umuhanzi akenshi aba yaje wenyine.

Ashobora kuba ari inshuro ya mbere abonye amasezerano nk'ayo. Ashobora kuba atanazi amagambo menshi akoreshwamo. Ariko kubera ibyishimo byo kubona umuntu ushaka kumushoramo amafaranga, agahita ashyira umukono.

Ati: “Usubize amaso neza inyuma urebe neza. Abajyanama (Managers) iyo bagiye gusinyisha umuhanzi amasezerano basaba abanyamategeko babo gutera kontaro (Contract) bakayakora byarangiye bagasobanurira umushoramari icyo amasezerano avuga ndetse n’uko ateye.”

Arakomeza ati “Igitangaje rero kandi kibabaje n’uko umuhanzi we iyo agiye gusinya y’amasezerano yateguwe n’umunyamategeko, we agenda ari wenyine nta munyamategeko, mbese asinya nta munyamategeko wamubwiye imiterere y’ayo masezerano, ibyo asabwa n’ibyo bazamuha.”

Iyo ibintu byaje guhinduka nyuma y'imyaka ibiri cyangwa itatu, nibwo atangira gusubira inyuma asoma ibyo yasinye, agasanga hari ibyo atigeze asobanukirwa.

Hari n'ikindi kibazo gikomeye: amarangamutima.

Mu Rwanda, hari abashoramari bafite amazina akomeye kubera uburyo bazamuye bamwe mu bahanzi bageze kure. Iyo umuhanzikazi cyangwa umuhanzi ukizamuka ahamagariwe gukorana nabo, rimwe na rimwe ibyo bikorwa n'uwo mushoramari ku bandi bihita bimuhuma amaso.

Atekereza ati: "Niba yaragejeje uriya ku rwego runaka, nanjye azangezayo."

Kuri iyi ngingo, uyu munyamategeko yavuze ati: “Uyu munsi umuhanzi ahamagawe n’umushoramari runaka wazamuye abahanzi hano mu Rwanda akamubwira ko ashaka ko bakorana, ntiyatekereza kabiri yasinya adasomye yumva ko ibyo uwo mushoramari yakoreye abandi, nawe agiye kubimukorera. Ariko si ko, bimeze abahanzi bakwiye kudatwarwa n’amarangamutima y’uko uwo mushoramari hari aho yagejeje abandi.”

Icyo gihe amasezerano ntiyongera kuba inyandiko isaba gusuzumwa, ahubwo aba itike y'inzozi. Nyamara ubucuruzi ntibukorwa ku marangamutima. Iyo umuhanzi atandukanye na Manager cyangwa Label, kenshi abaturage bihutira gushyigikira umuhanzi. Kubera ko ari we uzwi kandi ukunzwe, inkuru ye iba yoroshye kwakirwa.

Dj Phil Peter, ishyiga ry'inyuma mu myidagaduro yo mu Rwanda dore ko ari umunyamakuru ukomeye akaba n'umuhanzi, aherutse kuvugira kuri Isibo Tv, ko bitangaje kubona umuntu asinya amasezerano nyuma akavuga ko yarenganyijwe kandi yarayemeye. Ni igitekerezo gishobora kutishimirwa na benshi, ariko gifite ishingiro.

Ati: "Ukagenda uvuga ko warenganyijwe, ko utari ukwiriye kugirirwa gutya na gutya kandi wasinye amasezerano, niba utarasinye n'amasezerano habaho "Verbal Contract", kandi ibyo bintu mwarabyemeranyije, ubwo ni bwo ubukure uruganda rwacu rutaragira [...] Icyo nicyo kibazo mfite, iyo Tom Close avuze ngo njye nta muhanzi nzasinyisha, ati kereka ari umwana wanjye nabyaye nkabikora nk'aho ari amakayi ndi kumugurira, nk'ishingano mugomba atari muri 'Business'."

Abashoramari nabo bavuga ko hari igihe bashora amafaranga menshi ku bahanzi, bakabamamaza, bakabubakira amazina, ariko nyuma y'igihe gito umuhanzi akumva ko ashoboye kwigenga agashaka kugenda atarangije ibyo bumvikanye.

Iyo urebye amateka ya muzika nyarwanda, usanga ubufatanye bumara igihe kirekire hagati y'umuhanzi na manager bukiri bucye cyane.

Icya mbere ni uko uru ruganda rukiri ruto. Hari ibintu byinshi bikiri kwigwaho, amategeko menshi ntaramenyerwa neza, ndetse n'abafite ubunararibonye ntibaraba benshi.

Umuhanzi aba yifuza kwamamara vuba no kubona amafaranga menshi mu gihe gito. Umushoramari nawe aba ashaka kugaruza amafaranga yashoye ndetse akunguka.

Abenshi batandukana bavuga ko batabwiranaga ukuri. Umuhanzi akavuga ko atabonaga amakuru y'ibijyanye n'umutungo winjiye. Manager nawe akavuga ko umuhanzi atubahirizaga gahunda.

Abatekereza ko ibi bibera mu Rwanda gusa baba bibeshya.

Muri Nigeria, Kizz Daniel yigeze kugirana ibibazo bikomeye n'abamufashaga kugeza n'aho ahindura izina yakoresha mu muziki.

Muri Tanzania, Harmonize yavuye muri Wasafi ya Diamond Platnumz nyuma y'uko yishyuye amafaranga menshi kugira ngo abashe kwigenga. Byanamusabye kugurisha inzura ye.

Muri Amerika no mu Burayi, amateka y'umuziki yuzuyemo amakimbirane hagati y'abahanzi n'ababashoramo. Itandukaniro gusa ni uko ahandi abantu benshi basinya amasezerano bamaze kugirwa inama n'abanyamategeko babo.

Isomo rikomeye ku bahanzi b'iki gihe

Inkuru za Mike Kayihura, RunUp n'abandi benshi zerekana ko impano yonyine itahagije kugira ngo umuntu arambe mu muziki.

Uyu munsi umuhanzi asabwa kumenya kuririmba, gukora indirimbo nziza no gushimisha abafana. Ariko kandi asabwa no gusobanukirwa ubucuruzi.

Gusinya amasezerano utayasomye cyangwa utayasobanukiwe ni nk'umuntu ugenda mu rugendo rurerure atazi aho rugana.

Niba umushoramari aje afite umunyamategeko, umuhanzi nawe akwiye kugira umunyamategeko cyangwa umuntu umufasha gusobanukirwa ibyo ashyira umukonoho. Bitabaye ibyo, amateka azakomeza kwisubiramo.

Hazakomeza kubaho indirimbo nshya, ibitaramo bishya n'ibyamamare bishya. Ariko kandi hazakomeza kubaho abahanzi bavuga ko barenganyijwe, n'abashoramari bavuga ko bahemukiwe.

Kugeza igihe impande zombi zizamenyera ko umuziki atari impano gusa, ahubwo ari ubucuruzi busaba ubwitonzi nk'ubundi bwose.

Muri 2019, Harmonize yagurishije inzu ze eshatu n'ubutaka kugirango abone amafaranga yo kwishyura Diamond, ibyamufashije gusohoka muri WCB 

Kiss Daniel byarangiye yiswe Kizz Daniel nyuma y'amasezerano y'umuziki ataramworohereye

Dj Phil Peter avuga ko bitumvikana uburyo umuhanzi atandukana n'umushoramari kandi avuga ko yarenganyijwe nk'aho yari yasinye ibyo atumvaga neza

Mike Kayihura avuga ko imyaka itatu yari ishize adasohora indirimbo, yatumye atekereza kureka umuziki, agarurwa n'abantu bamubaye hafi bamubwira ko yakongera agahaguruka agakora

RunUp aherutse gutandukana byeruye na sosiyete ya Siinko yo muri Nigeria, ariko ibihangano bye bya mbere byasigaye kuri shene y'iyi sosiyete


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...