Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Twizzy Boy yavuze ko mu gihe yari agiye kwiga
mu Buhinde, bagenzi be barimo Bull Dogg, Green P na Jay Polly bakomeje gukora
umuziki, ari na byo byatumye itsinda rifatisha ku isoko mu gihe we yari akiri
kure.
Tuff
Gang yashinzwe mu mpeshyi ya 2007, ifatiye ku bushuti bwari buhuje abari bagize
intego yo kubaka umuziki uhamye. Abari mu ntangiriro barimo Twizzy Boy, Jay
Polly, Bull Dogg na Green P, bafashwaga hafi na Producer Lick Lick wigaga hamwe
na Bull Dogg kuri Saint André.
Twizzy Boy yibuka ko mbere yo kubona izina “Tuff Gang”, bari baratekereje kuryita “Santa Sai- Ras”, ariko Bull Dogg yumva ridahuye neza n’icyerekezo bari bafite. Byaje kurangira bemeranyije kuryita Tuff Gang, izina ryazanywe na Jay Polly na Bull Dogg bashaka kuryubakira kuri Hip Hop ya cyera.
“Santa Sai- Ras” bisobanuye Abatagatifu/abayobozi
boherejwe ku isi kugira ngo bazane amahoro n’umucyo ku bantu b’Imana.” Ni
ukuvuga ko mu bitekerezo byabo by’icyo gihe, bashakaga kugaragaza ko ari
itsinda rifite ubutumwa bukomeye, rufite icyerekezo cyo guhindura ibintu
binyuze muri Hip Hop bakiyitirira imbaraga zisa n’iz’umwuka.
Icyo
gihe Twizzy Boy yigaga muri Kaminuza ya SFB i Gikondo, akaba yari yaranabonye
buruse yo kujya kwiga mu Buhinde. Yabwiye
InyaRwanda ati “Mu 2008 naje kujya kwiga mu Buhinde, Yves nawe mushakira uko
aza aba araje, Tuff Gang rero isigarana bariya bandi."
Avuga
ko icyemezo cyo kuva mu itsinda cyababaje cyane bagenzi be, cyane cyane Jay
Polly wamubwiye ko babuze umuraperi mwiza ndetse akamuririra ubwo yavaga mu
gihugu.
Ati:
“Nari narasoje ishuri, mfite umwanya wo gutekereza no gufasha itsinda. Nari
mfite n’ubushobozi bwo gushaka amafaranga tugategura ibitaramo. Ariko kubera
buruse, nagombaga kugenda. Byababaje cyane bagenzi banjye.”
Twizzy
Boy yavuze ko Producer Lick Lick ari we wagize uruhare rukomeye mu gushimangira
ishingwa ry’itsinda, kuko yahurizaga abahanzi ku ndirimbo zinyuranye, anababa
hafi mu bijyanye n’umuziki.
Yibuka
ko mu minsi ya mbere bari bafite urukundo rukomeye ku muziki wa Hip Hop, ariko
ababyeyi babo batabyishimiraga kuko babifata nk’agakungu.
Twizzy
Boy yavuze ko mbere yo kujya mu Buhinde, yahuriye na Bull Dogg na Jay Polly mu
ndirimbo bise ‘Tell Me’, yakozwe na Lick Lick. Nyuma y’aho agiye, ni bwo P-Fla
yinjiye mu itsinda asa n'usimbuye we. Ati: “P-Fla yaje ngiye. Ni nk’aho yaje
ansimbura.”
Mu
gihe yari mu Buhinde, Tuff Gang yakomeje gukora umuziki, ikomeza kwaguka kugeza ubwo ibaye imwe mu matsinda akomeye mu Rwanda.
Uyu
muraperi avuga ko icyo gihe abahanzi nka Faycal ‘Kode’, Dream Boys, ndetse
n’abandi barimo The Ben na Meddy bari batangiye kwigaragaza ku rwego rukomeye.
Nubwo atari mu itsinda mu buryo bweruye, Twizzy Boy yavuze ko yishimira uruhare yagize mu ishingwa rya Tuff Gang, ndetse yishimira uko bagenzi be bakomeje kuryubaka kugeza n’uyu munsi.
Twizzy
Boy yahishuye ko yavuye muri Tuff Gang kubera amasomo yagombaga gukurikirana mu
Buhinde
Tuff
Gang yashinzwe mu mpeshyi ya 2007 ifatanyije na Jay Polly, Bull Dogg, Green P
na Producer Lick Lick
Twizzy
Boy yavuze ko icyemezo cye cyo kuva mu itsinda cyababaje cyane bagenzi be,
cyane cyane Jay Polly
P-Fla
yinjiye muri Tuff Gang nyuma y’uko Twizzy Boy agiye kwiga mu Buhinde
Twizzy
Boy yibuka ko mu minsi ya mbere ababyeyi babo batishimiraga kuba bari bararuwe
n’umuziki wa Hip Hop
Producer
Lick Lick yafashije Tuff Gang mu kurushaho kwiyubaka binyuze mu gutunganya
indirimbo
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA TWIZZY BOY URI MU BATANGIRANYE NA TUFF GANG