Barry Manilow yahagaritse ibitaramo bibiri ku munota wa nyuma

Imyidagaduro - 22/08/2026 1:53 PM
Share:
Barry Manilow yahagaritse ibitaramo bibiri ku munota wa nyuma

Barry Manilow wamamaye cyane mu ndirimbo nka “Copacabana” na “Mandy”, yatangaje ko atazabasha gukora ibitaramo byari biteganyijwe kuri Westgate Las Vegas’ International Theater.

Yatangaje ko ibitaramo by’uwo mugoroba n’icyari giteganyijwe ku munsi wakurikiyeho byahagaritswe kubera ibibazo bya tekiniki ndetse n’ibibazo by’ijwi. Abari baguze amatike batangajwe ko amafaranga yabo azasubizwa mu buryo bwikora.

Ibi bibaye nyuma y’uko ku wa Kane yari yatangiye igitaramo ariko akagihagarika nyuma y’iminota 40 gusa, avuga ko hari ibibazo bya tekiniki.

Abafana bagaragaje ko bababajwe no kubura ibyo bitaramo, ariko benshi bamwifurije gukira no kugira ubuzima bwiza. Bamwe bavuze ko bari kumusengera kandi bamusaba kuruhuka.

Ni ubwa kabiri muri uku kwezi ahagaritse igitaramo

Si ubwa mbere muri uku kwezi Barry Manilow ahagaritse igitaramo. Mu ntangiriro za Kanama, yahagaritse igitaramo yari afite gukorera muri Rupp Arena i Lexington, Kentucky, hasigaye amasaha make ngo atangire. Icyo gihe hatangajwe ko cyahagaritswe kubera impamvu zitari zitezwe.

Yigeze kurwara kanseri y’ibihaha

Izi mpungenge z’abafana zaje no mu gihe uyu muririmbyi yigeze kuvurwa kanseri y’ibihaha.

Mu Ugushyingo 2025, Barry Manilow yatangaje ko abaganga bamusanzeho kanseri yo mu cyiciro cya mbere mu bihaha. Yari yagiye kwa muganga nyuma yo kugira ububabare mu itako, nyuma y’uko yari amaze igihe arwaye bronchitis.

MRI yakozwe n’abaganga yagaragaje agace kari karimo kanseri mu rwara rw’ibumoso, bituma abaganga bamukorera igikorwa cyo gukuramo igice cy’uru rwara.

Manilow yavuze ko kuba kanseri yaragaragaye hakiri kare byari amahirwe akomeye, ndetse ashimira muganga we kuba yarategetse ko hakorwa ibindi bizamini.

Nubwo afite imyaka 83, Barry Manilow amaze imyaka isaga 60 mu muziki, akaba azwi ku ndirimbo zakunzwe ku isi nka “Could It Be Magic”, “Copacabana” na “Mandy.”

Barry Manilow, wamamaye cyane mu ndirimbo nka “Copacabana” na “Mandy”, yatangaje ko atazabasha gukora ibitaramo byari biteganyijwe kuri Westgate Las Vegas’ International Theater.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...