Ibi
yabitangaje ari kumwe n’umugabo we Ben ubwo bitabiraga igitaramo cya Gen-Z
Comedy, mu gace kazwi nka “Meet Me Tonight”, cyabereye muri Camp Kigali.
Chance
yavuze ko nubwo yatangiye kuririmba atabizi neza, atigeze acika intege n’icyo
yabwiwe, ahubwo yahisemo gushakisha indi mpano yari afite, ari yo kubyina.
Yagize
ati: “Kuririmba nabigiyemo ntabizi. Kuko ndibuka ko nagiye muri korali bwa
mbere bansubizayo kubera kuririmba nabi, bankuramo. Baranyirukanye pe,
barambwira bati 'genda ntabwo ushoboye', ndababwira nti 'nimureke ndirimbe njyewe
icyo nzakora nzajya niga kubyina', noneho njye mbigisha imbyino twakifashisha
nka korali, bati 'nta kibazo ibyo turabyemera'. Ntangira kubyina mbyitaho, ntabwo
navuga ngo sinzi uko byaje ariko ni ukubera kubikunda, ngenda mbikora gutyo
kugeza uyu munsi.”
Yakomeje
asobanura ko yahise yibanda ku kubyina, akabikora abikunze cyane, ari na byo byamufashije
kuguma mu murongo w’umuziki kugeza n’uyu munsi.
Ku
ruhande rwa Ben, we yavuze ko kuva akiri muto yumvaga afite umuhamagaro wo
kuririmba, ndetse aza kuwukomeza akorera umurimo w’Imana i Nyagatare.
Aho
ni ho yaje guhura n’umunyamakuru Ingabire Egidie Bibio wa Televiziyo Rwanda,
wamufashije kunoza impano ye yo kuririmba.
Ben
na Chance bahuriye mu itsinda rya Alarm Ministries mu 2012, nyuma y’imyaka
ibiri, mu 2014, bafata icyemezo cyo kubana nk’umugabo n’umugore.
Ben
yavuze ko ari we watangije igitekerezo cyo gukorana n’umugore we mu muziki,
nyuma yo kubona ko impano ye yari imaze gukura.
Ati: “Nyuma yo kumubona ari umugore mwiza atakijya muri korali ngo bamwirukanye ngo
aririmba nabi, njye nasanze Yesu yarahinduye amateka, asigaye azi kuririmba,
noneho nyuma y’uko tubyumvise kimwe tukabana nahise mubwira ko tugomba
kuririmbana nk’umuryango.”
Uyu
munsi, Ben na Chance ni bamwe mu bahanzi bakora indirimbo zo kuramya no
guhimbaza Imana, bafite izina rikomeje kwaguka, bagaragaza ko gutsindwa kwa
mbere bidakwiye guca intege uwiyemeje kugera ku nzozi ze.
Aba
bombi bamamaye cyane mu ndirimbo ziri kuri Album ‘Zaburi Nshya’. Indirimbo zabo
zibanda ku butumwa bwo kwizera, gushima Imana no gukomeza abantu mu buzima bwa
buri munsi.
Iyo
bari ku rubyiniro, bagaragaza ubufatanye n’ihuriro ry’umuryango, bigatuma
ubuhamya bwabo burushaho kugera ku bantu benshi.
Batanga
urugero rwiza ku bashakanye bakora umuziki, berekana ko bishoboka kubihuza
neza, haba mu murimo w’Imana no mu buzima busanzwe.
Mu
ncamake, Ben na Chance ni itsinda rifite inkuru ikomeye ishingiye ku
kwihangana, kwizera no gukorana nk’umuryango, ibintu bituma rikomeza gukundwa
no kubahwa mu muziki wa gospel mu Rwanda.
Muri
iki gihe, bari kwitegura igitaramo gikomeye bazakorera muri BK Arena tariki 5
Mata 2026, kizahurirana no kwizihiza Umunsi Mukuru wa Pasika.

Chance
wa Ben na Chance yagarutse ku rugendo rutoroshye yatangiriyeho, aho yirukanwe
muri korali ariko ntacike intege kugeza ageze ku rwego ariho uyu munsi
Chance
yavuze uko kwirukanwa muri korali byabaye intangiriro y’indi mpano yo kubyina,
yamufashije kuguma mu murongo w’umuziki kugeza abonye aho ahagaze ubu

Binyuze
mu muziki wabo, Ben na Chance bakomeje kugaragaza ko ubufatanye bw’umuryango
bushobora kuvamo ibihangano bikora ku mitima ya benshi

Ben
na Chance bamaze iminsi bitegura igitaramo kizabera muri BK Arena tariki 5 Mata
2026
