Baraberanye! Lamine Yamal n’umuhanzikazi Olivia Rodrigo bakomeje kuvugisha benshi-AMAFOTO

Imyidagaduro - 11/05/2026 9:31 AM
Share:

Umwanditsi:

Baraberanye! Lamine Yamal n’umuhanzikazi Olivia Rodrigo bakomeje kuvugisha benshi-AMAFOTO

Umuhanzikazi ukiri muto ukomoka muri Leat Zunze Ubumwe za Amerika, Olivia Rodrigo n’umukinnyi ukiri muto wa FC Barcelona, Lamine Yamal bakomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kugaragara bari kuganira banafata amafoto mbere y’umukino wa El Clásico wahuje Barça na Real Madrid kuri Camp Nou.

Muri uyu mukino warangiye FC Barcelona itsinze itsinze ibitego 2-0 ikanegukana igikombe, mbere yawo Olivia Rodrigo yamanutse mu kibuga asuhuza bamwe mu bakinnyi ba Barcelona barimo na Lamine Yamal uri mu bakinnyi bakunzwe cyane muri iyi minsi.

Mu mashusho arimo aracaracara ku mbuga nkoranyambaga Olivia w’imyaka 23 na Yamal w’imyaka 18 bagaragaye basuhuzanya mu buryo bwa gicuti, basomana ku matama nk’uko bisanzwe bikorwa hagati y’inshuti, nyuma bafata amafoto banaganira iminota mike mbere y’umukino.

Abakoresha imbuga nkoranyambaga bahise batangira gutanga ibitekerezo bitandukanye kuri uyu mubonano w’ibi byamamare bibiri. Hari abavuze ko ari “ihuriro ry’inyenyeri z’igisekuru gishya muri muzika n’umupira w’amaguru,” abandi bavuga ko “bombi basa neza bari kumwe ndetse ko baberanye”.

Uku guhura kwabaye nyuma y’uko Olivia Rodrigo atangiye ubufatanye na Barcelona binyuze muri Spotify, aho ikirango cye  cyagaragaye ku myambaro ya FC Barcelona kuri uyu mukino wa El Clasico.

Olivia Rodrigoufite abarenga miliyoni 56 bumva indirimbo ze buri kwezi ku rubuga rwa Spotify, yitabiriye imyitozo ya Barcelona ndetse ahabwa umwambaro wihariye w’iyi kipe.

Mu butumwa bugufi yatanze, uyu mukobwa umaze gutwara Grammy Awards eshatu, yagize  ati: “Culers, ndi Olivia Rodrigo kandi nifurije FC Barcelona amahirwe masa muri El Clásico.”

Ku rundi ruhande, Lamine Yamal ntabwo ari gukina muri iyi minsi kubera imvune ikomeye yagize mu itako ry’ukuguru kw’ibumoso muri Mata 2026, bikaba byaramusize hanze kugeza umwaka w’imikino urangiye.

Nubwo ari gukurikiranwa n’abaganga, haracyari impungenge ku kuba yazaba yiteguye neza mbere y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Olivia Rodrigo areba umukino muri Spotify Campo Nou

Olivia Rodrigo na Lamine Yamal baganira mbere y'umukino, ibikomeje kuvuvisha benshi

Lamine Yamal ntabwo yakinnye na Real Madrid bitewe n'ikibazo cy'imvune yagize

Olivia Rodrigo amaze kwegukana ibihembo bitatu bya Grammy Awards


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...