Muri uyu mukino warangiye FC Barcelona itsinze
itsinze ibitego 2-0 ikanegukana igikombe, mbere yawo Olivia Rodrigo
yamanutse mu kibuga asuhuza bamwe mu
bakinnyi ba Barcelona barimo na Lamine Yamal uri mu bakinnyi bakunzwe cyane
muri iyi minsi.
Mu mashusho arimo aracaracara ku mbuga nkoranyambaga
Olivia w’imyaka 23 na Yamal w’imyaka 18 bagaragaye basuhuzanya mu buryo bwa
gicuti, basomana ku matama nk’uko bisanzwe bikorwa hagati y’inshuti, nyuma
bafata amafoto banaganira iminota mike mbere y’umukino.
Abakoresha imbuga nkoranyambaga bahise batangira
gutanga ibitekerezo bitandukanye kuri uyu
Uku guhura kwabaye nyuma y’uko Olivia Rodrigo
atangiye ubufatanye na Barcelona binyuze muri Spotify, aho ikirango cye cyagaragaye ku myambaro ya FC Barcelona kuri
uyu mukino wa El Clasico.
Olivia Rodrigoufite abarenga miliyoni 56 bumva indirimbo ze buri kwezi ku rubuga rwa Spotify, yitabiriye imyitozo ya Barcelona ndetse ahabwa umwambaro wihariye w’iyi kipe.
Mu butumwa bugufi yatanze, uyu mukobwa umaze gutwara Grammy Awards eshatu, yagize
ati: “Culers, ndi Olivia Rodrigo kandi nifurije FC Barcelona amahirwe
masa muri El Clásico.”
Ku rundi ruhande, Lamine Yamal ntabwo ari gukina muri iyi minsi kubera imvune ikomeye yagize mu itako ry’ukuguru kw’ibumoso muri Mata 2026, bikaba byaramusize hanze kugeza umwaka w’imikino urangiye.
Nubwo ari
gukurikiranwa n’abaganga, haracyari impungenge ku kuba yazaba yiteguye neza
mbere y’Igikombe cy’Isi cya 2026.


Olivia Rodrigo areba umukino muri Spotify Campo Nou




Olivia Rodrigo na Lamine Yamal baganira mbere y'umukino, ibikomeje kuvuvisha benshi



Olivia Rodrigo amaze kwegukana ibihembo bitatu bya Grammy Awards
