Banyuzwe n’iserukiramuco ry’imbwa ryabereye i Kigali -VIDEO

Imyidagaduro - 14/09/2025 8:49 PM
Share:

Umwanditsi:

Banyuzwe n’iserukiramuco ry’imbwa ryabereye i Kigali -VIDEO

Abakunzi b’imbwa, aborozi bazo, abacuruzi, abavuzi ndetse n’abandi banyuzwe n’ibikorwa bitandukanye byabereye mu iserukiramuco ry’imbwa rya 2025.

Kuri iki Cyumweru tariki 14 Nzeri 2025 mu mujyi wa Kigali habereye iserukiramuco ry’imbwa ku nshuro ya mbere. Ni igikorwa kidasanzwe cyagenewe abakunzi b’imbwa, aho buri wese wakitabiriye yatashye ashima uburyo cyagenze.

Iki gikorwa cyari kigamije guhuriza hamwe abantu bafite urukundo n’impuhwe ku mbwa, abatanga serivisi zijyanye z’inyamaswa, n’abakora mu nzego zitandukanye zita ku mibereho myiza y’imbwa, byose bigashyirwa mu birori by’imyidagaduro, ubumenyi, n’ubusabane.

Dog Fest Kigali wari umwanya wo kwerekana imbwa zifite imyambarire idasanzwe (Best Dressed Dogs). Gukurikirana imyiyereko y’imyitozo (agility shows) n’ubuhanga bw’imbwa.

Dr Jean Bosco Turikimwenayo ushinzwe kwita ku buzima bw’imbwa muri New Vision Veterinary Hospital nawe ni umwe mu banyuzwe n’iri serukiramuco cyane ko we abona ryari rifite intego nini yo guhindura imyumvire y’uko abantu bafata itungo ry’imbwa.

Dr Jean Bosco Turikimwenayo yagize ati: “Nkora mu bitaro byitwa New Vision Veterinary Hospital. Intego ya mbere yari iyo kuzamura imyumvire y’imibereho myiza y’amatungo no kumenya ngo abantu batunze ayo matungo bafite iyihe myumvire by’Umwihariko abatunze imbwa.

Hari abazitunga bavuga ko ari ku mpamvu z’umutekano ariko ntibatekereze ku kandi kamaro zifitiye umuryango nyarwanda. Intego nyamukuru y’uyu munsi kwari uguhuriza hamwe abantu batunze imbwa, abazikunda kuburyo tuza guhuza tukaganira ku bijyanye n’imibereho myiza yazo”

Ku rundi ruhande Dr Usengimana Didier we yishimiye uburyo abaturage bumvishe iri serukiramuco ndetse bakaba baryitabiriye ku bwinshi. Yagize ati: “Ikintu cya mbere nishimiye ni ubwitabire, biragaragara ko abantu babyumvishe neza kandi natwe ni byo twashakaga ko abantu bitabira bakamenya imibereho y’aya matungo yacu, uburyo bwo kuyitaho no kuyarinda uburwayi".

Uwitwa Dog House Rwanda ku mbuga nkoranyambaga we yabwiye InyaRwanda ko atunzwe no gucuruza imbwa bityo akaba yishimiye guhura n’abandi bakunzi bazo. Ati “Akazi ko gucuruza imbwa ni sawa ntaribi abanyarwanda bamaze gusirimuka, imbwa barazigura kabisa.

Ibi bintu biba ari byiza kuko ntekereza ko ari inshuro ya mbere iyi Dog Festival ibaye mu Rwanda, ni amahirwe akomeye kuba twamenyana n’abantu bafite imbwa cyangwa abandi bita ku mbwa mu Rwanda. Iyi Festival namenyanyemo n’abantu bashyashya ndetse imbwa yange yahuye n’izindi mbwa.

Ibintu byose nabyishimiye, wenda ikintu cyabuze nk’iyo haba hari ahantu hihariye twari gufungura imbwa zitari mu mugozi zigahura zigasabana. Buri muntu wese yari ayifashe mu mugozi."

Dog House Rwanda yasabye ko kandi mu iserukiramuco ry’imbwa ry'ubutaha hazanarebwa uburyo hazanwa ibyo kurya by’imbwa bigashyirwa hafi ababikeneye bakabigura cyane ko ba nyirazo ari bo babonaga ibyo kurya kuko ari byo byari biteganyijwe gusa.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...