Banciriye inzira – ‘Mama Niyori’ kuri ‘Mama Nick’ na Nyambo bamufashije kwinjira muri Cinema – VIDEO

Cinema - 05/10/2025 6:15 AM
Share:

Umwanditsi:

Banciriye inzira – ‘Mama Niyori’ kuri ‘Mama Nick’ na Nyambo bamufashije kwinjira muri Cinema – VIDEO

Umukinnyi wa filime Kagoyire Rebecca uzwi cyane ku izina rya Mama Niyori, yavuze ko afite ishimwe rikomeye ku mutima kuri Mukakamanzi Beatha uzwi nka Mama Nick ndetse na Niyonkuru Aimé uzwi nka Nyambo Jessica, kuko ari bo bafunguye amarembo y’inzozi ze zo kwinjira mu ruganda rwa sinema nyarwanda.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Mama Niyori yagarutse ku rugendo rwe muri Cinema, avuga ko rwatangiye ubwo yafataga icyemezo gikomeye cyo kureka akazi kamuhembaga neza buri kwezi, kugira ngo akurikize umutima we wamusunikaga mu gukina filime.

Ati: “Nakoraga akazi ariko umutima wanjye utuje. Numvaga nifuza gukina filime, ariko sinari narabonye aho ntangirira. Nageze aho mfata icyemezo cyo kureka akazi kugira ngo nshake aho mbigira.”

Kagoyire avuga ko umunsi umwe, ubwo yari amaze gusohoka mu kazi atarafata icyemezo cy’aho azerekeza, yahuye n’umwana w’umuhungu wamusabye nimero ze.

Ati: "Haje umwana w'umuhungu arambaza ati 'ese Mama ukunda filime? Ndamubwira nti Yego! Arambwira ati 'nonese ko utazikina, ndamubwira nti nabuze aho nzikinira. Arangije arambwira ati mpa nimero zawe, ndazimuha, hanyuma ku mugoroba arampamgara arambwira ati uzaze nguhuze na Mama Nick."

Nyuma y’icyo kiganiro, Mama Niyori yahise ajya kwa Mama Nick, aho yasanze afite ishuri ryigishirizwamo ibijyanye no gukina filime. Ati "Naragiye ndiga, Mama Nick arambwira ati 'ubwo ubishaka bizaza'. Nahoraga numva mfite ishyaka."

Kagoyire avuga ko bwa mbere yahuriye na Nyambo kwa Mama Nick, ubwo bari batangiye gukora filime “Umukuzana Mubi”. Ati: “Hari filime Mama Nick yari yatangiye gukora yitwa 'Umukazana mubi', rero nayikinyemo, hanyuma Nyambo yahaje aje kumushyigikira, ni uko twahuye, hanyuma mwaka nimero."

Avuga ko ageze mu rugo yifashe ijwi (Voice Notes) hanyuma yoherereza Nyambo amusaba akazi. Ati "Naramubwiye nti ndashaka akazi, kandi n'ubwo njye ntakwitura, ariko abana banjye bazakwitura [...]."

Nyuma y’iminsi mike, Nyambo yamuhamagaye amuha amahirwe yo gukina muri filime “The Message”, aho yagize uruhare nka ‘Nyirasenge wa Nyambo”.

Mu myaka ibiri ishize amaze gukorana bya hafi na Mama Nick, Mama Niyori avuga ko yamubereye umutoza, umujyanama n’umubyeyi wamwigishije byinshi mu bijyanye no gukina filime no kuzitunganya.

Ati “Yagize uruhare rukomeye kuko n'ubu ndakiga, buri munsi ndiga. Kuko, ibintu nize kwa Mama Nick ni na byo njyana hariya."

Yavuze ko anafite ishimwe rikomeye kuri Nyambo, kuko ari we muntu wa mbere wemeye kumuha umwanya agakina muri filime. Ati "Nyambo mpora mushimira. Nyambo ndagukunda, nta n'umuntu wakumbuza, kuko yatumye ubuzima bwanjye bugira icyerekezo."

Asaba n’abandi bafite inzozi zo gukina filime kudacika intege, kuko urugendo rwe ari urugero rw’uko amahirwe y’ukuri aturuka ku kwizera no gukora cyane.

Mama Niyori ashimira Mama Nick na Nyambo bamufunguye amarembo yo kwinjira muri sinema nyarwanda

 

Kagoyire Rebecca avuga ko Mama Nick ari we wamutoje ibijyanye no gukina no kuyobora filime 


Nyambo ni we wamuhaye amahirwe ya mbere yo gukina muri filime ‘The Message’, bituma inzozi ze zitangira kubyuka

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA ‘MAMA NIYORI’


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...