Ibi byagarutsweho  ubwo abasenateri bakiraga raporo ya komisiyo
ya sena y’ iterambere ry’ ubukungu n' imari ku isuzuma rya raporo y’ ibikorwa
bya banki nkuru y ‘ u Rwanda  mu mwaka wa
2017/2018.
senateri  Fatou
Harerimana, we yibaza impamvu amabanki akomeza kongera  urwunguko asaba abaturage ,nyamara banki nkuru
y'igihugu BNR yo ihera amafaranga aya mabanki ku rwunguko ruto .kuri iyi ngingo
kandi  uyu musenateri ananenga banki
y'igihugu kutarengera inyungu z'umuturage kuri iyi ngingo.

BNR inengwa kutarengera umuturage ugisaba inguzanyo muri banki ku rwunguko ruri hejuru
senateri Jacqueline Muhongayire uyobora komisiyo
ya sena y’ iterambere ry’ ubukungu n' imari asubiza iki kibazo yavuze ko bimwe
mu bituma banki zihanika inyungu ku nguzanyo ari igabanuka ry'amafaranga ku
isoko ,rituruka ku kutagira  abakiriya
benshi bazigama amafaranga menshi kandi mu gihe kirekire. 
Gusa bimwe mu byifuzo
uyu musenateri afite ni uko ikibazo cyo kugurizanya amafaranga binyuze mu kizwi
nka banki lambert gikwiye gucika ,kuko gikoma mu nkokora  ukwizigama mu banyarwanda muri rusange.
Jacqueline Muhongayire yagize ati " Impamvu abaturage bishora
mu  guhererkanya amafaranga gutyo
bitanemewe n'amategeko bitanyuze mu mabanki ,ni ikintu gikwiye guhabwa umwanya
wihariye hagashakwa impamvu nyaho ibitera"
Muri rusange
abasenateri  basanga kwizigama byaba
igisubizo kirambye haba ku banyarwanda bateganiriza ejo hazaza,ndetse no ku
mabanki akenera amafaranga menshi mu gihe kirekire kugira ngo ayacuruze.