Kuri
uyu wa Gatanu tariki ya 13 Werurwe 2026, ni bwo Muchoma yashyize hanze amashusho y’iyi
ndirimbo, mu gihe yari yarateganyije kuyisohora ku tariki ya 3 Gashyantare 2026,
ari nawo munsi yatawe muri yombi.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Muchoma Sana yavuze ko ifungwa rye ryatumye
gahunda yari afite ihagarara by’igihe gito.
Yakomeje
avuga ko nyuma yo gufungurwa by’agateganyo, ari bwo yabonye amahirwe yo kongera
gusubukura ibikorwa bye bya muzika no gushyira hanze iyi ndirimbo.
Ati:
“Ku bw’amahirwe Imana yarabikoze, n’ubuyobozi bw’Igihugu mbona ubutabera,
nemererwa gukurikiranwa ndi hanze. Ni yo mpamvu nabonye amahirwe yo gushyira
hanze iyi ndirimbo uyu munsi.”
Muchoma
Sana yavuze ko nubwo yari amaze igihe afunzwe, indirimbo “Sevure” atari
indirimbo ivuga ku buzima bwo muri gereza cyangwa ku bibazo yanyuzemo.
Ati:
“Abantu benshi bakunda gutekereza ko iyo umuntu avuye muri gereza agomba gukora
indirimbo ivuga ku byo yanyuzemo. Ariko iyi ndirimbo ni iy’urukundo.”
Yasobanuye
ko muri iyi ndirimbo aba agaragaza inkuru y’umusore wihebeye umukobwa,
akamubwiza ukuri ndetse akamusezeranya ko azakomeza kumukunda.
Mu
mashusho y’iyi ndirimbo, Muchoma Sana yifashishijemo umunyamideli Shakira Kay,
usanzwe ugaragara mu mashusho y’indirimbo z’abahanzi banyuranye.
Uyu
muhanzi yavuze ko “Sevure” iri mu ndirimbo yashoyemo amafaranga menshi kugira
ngo ijye hanze iri ku rwego rwiza.
Mu
bayanditseho harimo Mico The Best wanditse inkikirizo (Chorus), afatanyije na
Zitter Organ, King V Rwa na Ish Mubaya.
Mu bijyanye n’ikorwa ryayo, amajwi yakozwe na Bertz Beatz, atunganywa (mixing & mastering) na Producer Muriro, mu gihe amashusho yayo yafashwe na John Elarts ukorera mu Burundi.

Muchoma Sana yavuze ko indirimbo ‘Sevure’ yari yarayiteguye kuyisohora ku munsi yatawe muri yombi, bituma gahunda yo kuyishyira hanze isubira inyuma

Nyuma
yo gufungurwa by’agateganyo, Muchoma Sana yahise ashyira hanze amashusho
y’indirimbo ‘Sevure’ avuga ko ari indirimbo y’urukundo

Mu
mashusho y’indirimbo ‘Sevure’, Muchoma Sana yifashishijemo umunyamideli Shakira
Kay usanzwe ugaragara mu ndirimbo z’abahanzi banyuranye
KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘SEVURE’ YA MUCOMA SANA
