Ni icyemezo
afashe nyuma y’uko mu bihe bitandukanye, bamwe mu bakunzi be bagiye bamubaza
impamvu adashyira hanze izindi filime nyuma ya ‘Bamenya’. Abavuga ibi
bashingira ku buhanga agaragaza mu gutegura iyi filime, bakizera ko ateguye
izindi filime nazo zabaryohera.
Benimana
avuga ko yagiye agira igitekerezo cyo gukora izindi filime, ariko rimwe na
rimwe akabona akwiye gushyira imbaraga cyane mu gutegura ‘Bamenya’ kurusha
ibindi.
Mu kiganiro
na InyaRwanda, ‘Bamenya’ yavuze ko guhera muri Kamena 2024 atangira gushyira ku
rubuga rwe rwa Youtube zimwe muri filime zirangira.
Ni filime
avuga ko azifashishamo benshi mu bakinnyi basanzwe bagaragara muri ‘Bamenya’
biri no mu mpamvu muri iki gihe ari kwinjizamo abakinnyi bashya.
Uyu musore
yumvikanisha ko iyi filime yahinduye ubuzima bwe, ashingiye ku mubare w’abantu
bagiye bamuha ibiraka, kandi nawe araguka mu buryo bwo kwiteza imbere.
Ubwo yari
mu kiganiro na Isango Star, mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 12 Gicurasi 2024,
Benimana yavuze ko iyi filime idasanzwe kuri we, kuko hari izindi filime yari
yarateguwe ariko abona atabazasha kuzikora azikubira muri iyi.
Ati “Naje
kwisobanukirwa! Buriya 'Bamenya' mfite ibitabo bitanu byose mbagombaga gukinwamo
filime eshanu, ibyo bitabo byose nabikennye muri 'Bamenya'. Nafashe ibyo
bitabo, mbona abakinnyi bashobora gukina ibyo bitabo byose biri muri 'Bamenya’…"
Yavuze ko
mu myaka itanu ishize atunganya iyi filime yakunzwe mu buryo bukomeye, ibintu
asobanura ko ari ‘amahirwe yagize’ kuko atarusha abandi gukora.
Benimana
yavuze ko igice cya mbere cy’iyi filime, cyatumye umuyoboro we wa Youtube
uzamuka mu mibare y’abawukurikirana, kandi ushyirwa ku rutonde rwa Youtube
zinjiza amafaranga.
Muri
Werurwe 2023, Bamenya yahishuye ko yashoye Miliyoni 17 Frw muri sinema yunguka
500,000 Frw
Yabitangaje
ubwo yari yitabiriye itangwa ry’ibihembo bya Bright Generation Awards ku nshuro
ya mbere, aho yavuze ko yabonye amafaranga menshi aho kugira ngo ayashore mu
bindi, yiyemeza kuyajyana muri sinema.
Ati
“Nabonye miliyoni 17 Frw ntekereza ikintu nakora nsanga nta kindi ahubwo icyaba
cyiza ari ukuyashora muri sinema. Nakuze nkunda gukina filime numvaga ari
umwanya mwiza wo gukabya inzozi zanjye."
Ngo nubwo
uyu musore yashakaga kuyashora muri sinema, nyina yashakaga ko yaguramo
ikibanza ahantu nko ku i Rebero kuko ngo nibura cyaguraga Miliyoni 10 Frw, ubu kikaba
kiri mu zirenga 100 Frw.
Ati “Mama
yaravugaga ati wa mwana we aya mafaranga wayaguzemo ikibanza ku i Rebero aho
kugira ngo uyapfushe ubusa aka kageni, ndabyanga mubwira ko aho ngiye kuyashora
hazunguka."
Uyu musore avuga ko yayashoye yose muri filime
uko yari miliyoni 17 Frw akaza kunguka ibihumbi 500 Frw. Icyo gihe umubyeyi we
yabuze icyo avuga ariko ntiyamuca intege.
Yanze kuzinukwa yongera gushora muri sinema, agira ikindi gihombo
Nyuma
yongeye kubona miliyoni 7 Frw, nazo azishora muri sinema icyo gihe yari filime
yakinnyemo nayo ntabwo yahiriwe kuko nabwo yabonye igihombo kigeretseho
n’ibindi bibazo bikomeye.
Ati “Wa
mubyeyi wari wambujije gushora bwa mbere noneho yongeye kubona nashoyemo noneho
hazamo n’ibindi bibazo. Gusa mama wanjye we ntiyacitse intege kuko yabonaga
atabimbuza ahubwo yambwiraga ko amfatiye iry’iburyo."
Yakomeje
avuga ko yakomeje guhahanyaza ntacike intege ariko akabona bigoye ko hari igihe
bizagera aho bigakunda, ku bw’amahirwe no kwizerera mu mpano bigera aho
amenyekana.
Benimana
Ramadhan wamenyekanye nka 'Bamenya' yatangaje ko agiye gutangira gushyira hanze
filime zirangira ‘Short Movies’
Benimana yavuze
ko azakomeza gushyira hanze filime ‘Bamenya’ abibangikanya no gukora ‘Short
Movies’
Benimana
ari kumwe na 'Bijoux' wamamaye muri filime 'Bamenya' imaze imyaka itanu isohoka
Umukinnyi
wa filime 'Shaffy' ari kumwe na Bijoux bakunze gukinana muri 'Bamenya' bari mu
rukundo
Abakinnyi
ba filime 'Kanimba' ndetse na 'Kecapu' bari mu bakomeye muri 'Bamenya'
Uhereye
ibumuso: Shaffy Rukundo, Benimana Ramadhan 'Bamenya' ndetse na 'Kanimba'