Bambwiraga ko nseka nabi! Umunyarwenya Kadudu agendana igikomere cyo mu bwana

Cinema - 09/10/2023 10:49 AM
Share:

Umwanditsi:

Bambwiraga ko nseka nabi! Umunyarwenya Kadudu agendana igikomere cyo mu bwana

Kaduhire Kadudu ukomoka mu Karere ka Gicumbi wamenyekanye nk’umunyarwenya muri Gen-Z Comedy yakuze abwirwa ko aseka nabi bikamutera ipfunwe mu bandi.

Uyu munyarwenya ukiri muto yakiriwe n’iri tsinda ry’abanyarwenya bamubera umuryango, bamwubakamo icyizere atangira kwitinyuka, agaragaza impano ye yo gusetsa abantu benshi batangira no kumukunda.

Mu kiganiro na InyaRwanda yatangaje ko yakuranye agahinda yatewe na bamwe bamubwiraga ko batamukunda ndetse badakunda bimwe bigaragara kuri we nk’uburyo asekamo

Yagize ati “ Bambwiraga ko mfite ijwi ribi kandi mvuga nabi bigatuma niyanga ngatinya no kuvugira mu bantu ".

Kadudu yatangaje ko bamwe mu bamubwiraga amagambo mabi harimo bamwe bo mu muryango we , abanyeshuri biganaga n’abandi.

Yashimiye cyane umuyobozi wabo Fally Merci wamubaye hafi muri iyi nzira akabasha kugaragaza impano ye, atangiye kubona nk’akazi kazamutunga no mu myaka iri imbere.

Uyu mukobwa wakomerekejwe mu bwana  ari kwizihiza umwaka amaze muri aba banyarwenya kandi agashimira Imana yakoreye muri Merci akamufata ukuboko akamuzamura.

Mu butumwa Kadudu yageneye Fally Merci yagize ati “ Merci warakoze cyane gutekereza Gen-Z, uko biri kose hari impamvu kandi Imana izabiguheramo umugisha nukomeza gukora ukanasenga ".

Yatangaje ko afite intego yo gukomeza gukora akagera kure ndetse agakabya inzozi ze.


Umunyarwenya Kadudu ashimira cyane Fally Merci wamuhaye rugari akagaragaza impano ye


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...