Ni mu mukino wakinwe kuri uyu wa Gatandatu guhera saa Cyenda muri SunBet Arena i Pretoria muri Afurika y’Epfo.
RSSB Tigers yamaze gukatisha itike y’imikino ya nyuma ya BAL 2026 izabera i Kigali muri Gicurasi yatangiye umukino iri hejuru dore ko ariyo yaboneje mu nkangara mbere ku manota atatu ya Leonard Craig Randal.
RSSB Tigers n’ubundi yakomeje kuba imbere ariko habura iminota ibiri Dar City iza kujya imbere ku manota atatu yari akozwe na Deng Junior Madut Rin.
Aka gace karangiye iyi kipe yo muri Tanzania iyoboye n’amanota 25 kuri 24. Mu gace ka Gatatu n’ubundi Dar City yaje yongera ikinyuranyo hageramo atanu binyuze ku barimo Deng Junior Madut Ring ariko ntibyahiriye.
RSSB Rigers yaje kuyakuramo ibifashijwemo n’abarimo Mangok Mathiang ukomeje kwitwara neza cyane ubundi igice cya mbere kirangira iyoboye n’amanota 52 kuri 45.
Mu gace ka Gatatu abakinnyi ba RSSB Rigers barimo Leonard Craig Randall bakomeje kwitwara neza bituma iyi kipe ihagarariye u Rwanda igasoza iyoboye n’amanota 75 kuri 65.
Agace ka Kane RSSB Rigers n’ubundi yakomerejeho birangira itsinze Dar City amanota 104 kuri 92. Muri uyu mukino wabereye muri Leonard Craig Randall ukinira iyi kipe yaserukiye u Rwanda, yanditse amateka yo gutsinda amanota menshi muri iri rushanwa, aho yinjije 54. Yakuyeho agahigo ka Jo Lual-Acuil winjije amanota 42 mu 2024.

RSSB Tigers imaze gutsinda imikino yose imaze gukina uko ari ine

Leonard Craig Randall yanditse amateka mashya



