BAL 2026: RSSB Tigers ihagarariye u Rwanda yakatishije itike ya 1/2

Imikino - 24/05/2026 7:18 PM
Share:

Umwanditsi:

BAL 2026: RSSB Tigers ihagarariye u Rwanda yakatishije itike ya 1/2

Ikipe ya RSSB Tigers ihagarariye u Rwanda yatsinzwe na FUS Rabat yo muri Morocco yerekeza muri 1/2 cy’imikino ya Basketball Africa League.

Kuri iki Cyumweru ni bwo hakomeje imikino ya nyuma ya BAL 2026 muri BK Arena hakinwa iya 1/4 yo Kwishyura. Umukino wabimburiye indi ni uwo Al Ahly yo mu Misiri yatsinzemo ASC Ville de Dakar amanota 87-76 ihita ikatisha itike ya 1/2.

Uwari uhanzwe amaso na benshi wari uwa RSB Tigers na FUS Rabat. Ni nyuma y’uko iyi kipe ihagarariye u Rwanda yari yatsinze umukino ubanza ku manota 95-72.

FUS Rabat yatangiye umukino iri hejuru dore ko ari nayo yaboneje mu nkangara mbere ku manota atatu ya Will Perry. Binyuze ku barimo Leonard Craig Randall RSSB Tigers yahise igerageza kwirinda gusigara inyuma.

FUS Rabat ariko yo muri Morocco ibifashijwemo n’abarimo Will Perry usanzwe uzwiho gukora cyane amanota atatu na Kuany Atem Kuany yagiye irusha RSSB Tigers bigaragara ubundi agace ka mbere karangira iyoboye n’amanota 32 kuri 14.

Mu gace ka kabiri RSSB Tigers yaje yariye amavubi irwana no kugabanya ikinyuranyo cy’amanota yari yashyizwemo.

Abarimo Leonard Craig Randall na Antino Alvares Jackson Jr bagiye bakora amanota yiganjemo atatu ubundi igice cya mbere kirangira hasigayemo ikinyuranyo cy’amanota 7. 

FUS Rabat yari iyoboye n’amanota 51 kuri 44. Ubwo igice cya mbere cyari kirangiye Ariel Wayz ni we wataramiye abari muri BK Arena. 

Mu gace ka gatatu RSSB Tigers yaje ikomerezaho ikina isatira neza ariko ari na ko yugarira neza. Abarimo Mangok Mathiang bitwaye neza ariko aka gace karangira FUS Rabat ikiyoboye n’amanota 71 kuri 70.

Mu gace ka Kane ari na ko ka nyuma RSSB Tigers na FUS Rabat habayeho uguhangana ku makipe yombi aho imwe yatsindaga indi yishyura ubundi birangira FUS Rabat itsinze RSSB Tigers amanota 99 kuri 98.

RSSB Tigers ariko yahise ikomeza muri 1/2 dore ko FUS Rabat yasabwaga gutsinda ku kinyuranyo cy’amanota 23 gusa bikaba bitakunze. 

Muri 1/2 RSSB Tigers izakina na Al Ahly yo mu Misiri yasezereye ASC Ville de Dakar.


RSSB Tigers yerekeje muri 1/2 cya BAL 2026



Abafana bari benshi muri BK Arena 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...