Bakunze guterana imitoma ku ruhimbi! ‘Couple’ 5 z’abapasiteri zamenyekanye cyane mu Rwanda - AMAFOTO

Iyobokamana - 16/05/2024 4:55 PM
Share:

Umwanditsi:

Bakunze guterana imitoma ku ruhimbi! ‘Couple’ 5 z’abapasiteri zamenyekanye cyane mu Rwanda - AMAFOTO

Nubwo usanga hari abiyemeza gushyingiranwa n’abo badahuje imyizere bitewe n’impamvu zitandukanye, mu bihugu bitandukanye birimo n’u Rwanda hari bamwe mu bakozi b’Imana bahuriye mu murimo wo kuyobora amatorero kandi bakunzwe na benshi

Aba bakozi b'Imana bakunze kugaragara mu ruhame batanga ubuhamba bwabo, bagaragarizanya urukundo, bashyigikirana mu bikorwa byabo bya buri munsi, kimwe mu bintu bituma barushaho kumenyekana no kwigizaho igikundiro cy'ababakurikiranira hafi.

Muri ‘Couple’ nyinshi zihuriye mu murimo w’ubushumba, hari abagize umugisha wo kumenyekana no gukundwa cyane kuruta abanda, ari nabo InyaRwanda yahisemo kukubwiraho uyu munsi.

1.     Rev Pastor Antoine Rutayisire na Pastor Kayitesi Peninah Rutayisire


Rev Past. Dr Antoine Rutayisire ni umwe mu bagabo bamaze kumenyekana cyane mu bijyanye n’ivugabutumwa mu Rwanda, dore ko yabaye Umuyobozi wa Paruwasi ya Remera mu Itorero Angilikani, ariko kuva mu 2023 ari mu kiruhuko cy’izabukuru.


Pastor Rutayisire na Pastor Peninah bombi ni abapasiteri mu Itorero Angilikani mu Rwanda, bakaba bamaze imyaka 34 bashakanye ndetse bishimanye nk’uko bakunze kubigaragaza haba mu materaniro ndetse no mu buzima busanzwe.

2.     Apotre Masasu na Pastor Lydia Masasu


Apotre Ndagijimana Joshua Masasu ni we washinze Itorero ry’Isanamitima [Evangelical Restoration Church]. Abayoboke b’itorero rye bamwita ‘Daddy’ mu kumusanisha n’umubyeyi wabo mu by’umwuka unyuzamo akanabaha impanuro z’ubuzima busanzwe, n’umugore we Pator Lydia Masasu bakamwita ‘Mummy.’

3.     Pastor Kabanda Stanley na Pastor Julienne Kabirigi Kabanda 


Pasiteri Julienne Kabiligi Kabanda ni umwe mu bavugabutumwa bakunzwe cyane muri iki gihe, bitewe n’inyigisho ze ahuza n’ubuzima bwa buri munsi abantu banyuramo, byagera ku biganjemo urubyiruko bikaba akarusho. 

Umugabo we, ni Pasiteri Kabanda Stanley uyobora Jubilee Revival Assembly Church, itorero rifite icyicaro i Remera mu Mujyi wa Kigali. Pastor Julienne yavuze ko ikintu yakundiye umugabo we ari uko akunda Imana mu buryo bukomeye.

Ubwo yabigarukagaho yaragize ati: “Kugira ngo tubane twamenyanye dusengana, ni umwe mu bayobozi nasanze mu rusengero. Namukundiye umutima yari afite wo gukorera Imana bitareba inyuma no kwitangira Imana."

4.     Pastor Nayituriki Joseph na Pastor Zulphath Deborah


Mukamurenzi Zulphath Deborah ubu ni umushumba mu Itorero Umusozi w’Uwiteka, ni umugore wubatse. Mu buzima bwe yahuye n’ibigeragezo bikomeye aba mu buraya mu mahanga mu gihe cy’imyaka itanu abuvamo mu 2009. 

Pastor Zulphath Miriam Deborah azwi cyane mu murimo w'ivugabutumwa akorera mu matorero atandukanye no mu buhamya bwe bugaruka ku buryo Imana yamuhamagaye imukuye mu buraya. 

Uyu mugore, ni umuyobozi wa Second Chance Ministry. Deborah, ni umugore wa Nayituriki Joseph, umushumba w'Itorero 'Umusozi w'Uwiteka kizabonwa/Kizabonwa Prayer Mountain’ bashakanye mu 2002.

5.     Pastor Florence Mugisha na Rev. Dr Charles Mugisha


Pastor Florence Mugisha n’umugabo we Rev. Dr Charles Mugisha nobo bafatanya kuyobora Itorero New Life Bible Church.


New Life Bible Church imaze imyaka 20 ikorera mu Rwanda, ikaba ari Minisiteri y’Umuryango wa Africa New Life Ministries. Ifite Icyicaro Gikuru mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali. 

Iri torero ritegura ibiterane ngarukamwaka nka “Refresh Africa ", “Refresh Women Rwanda " byitabirwa n’abantu bavuye mu bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba n’ahandi.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...